Uyu munsi nibwo hari kuba igitaramo cya nyuma gisoza irushanwa rya Miss Rwanda 2018. Abakobwa bose uko ari 20 bamaze igihe mu mwiherero uyu munsi hararara hamenyekanye uza kwambikwa ikamba rya 2018 agasimbura Miss Iradukunda Elsa.
Irushanwa ry’ubwiza ryo guhitamo umukobwa uzaba Nyampinga w’u Rwanda rigeze ku musozo, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu Abanyarwanda bararara bamenye umwari uhiga abandi mu buranga n’ubuhanga mu 2018.
Umukobwa ugiye gutoranywa muri 20 bahataniye ikamba rya Nyampinga si uw’ikimero n’ubwiza gusa, hejuru y’ibi agomba kuba afite ubumenyi kurusha abandi ndetse akagira umuco nk’imwe mu nkingi z’ubuzima bw’Igihugu.
Abakobwa basoje umwiherero kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Gashyantare 2018, buri wese yaraye iwabo. Mbere yo kuva i Nyamata, aba bakobwa bakoze ikizamini cyanditse mu rwego rwo gusuzuma ubumenyi n’imitekerereze ya buri wese.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Gashyantare bitoreje bwa nyuma ahagiye kubera ibirori kugira ngo bitegure neza ndetse bamenye uko baza kwitwara mu birori nyamukuru biza kuba muri iri joro.
Mu ijoro ryatambutse aba bakobwa uko ari 20 baraye bakoze imyitozo ya nyuma bayikorera ahazabera igitaramo berekwa uko baza gutambuka.
Abo bakobwa ni
1 . Uwase Ndahiro Liliane
2 . Umunyana Shanitah
3 . Irebe Natacha Ursule
4 . Munyana Shemsa
5 . Umuhoza Karen
6 . Umuhire Rebecca
7 . Ishimwe Noriella
8 . Iradukunda Liliane
9 . Uwase Fiona
10 . Irakoze Vanessa
11 . Umutoniwase Anastasie
12 . Dushimimana Lydia
13 . Ingabire Belinda
14 . Ingabire Divine
15 . Uwonkunda Belinda
16 . Umutoniwase Paula
17 . Uwineza Solange
18 . Mushambokazi Jordan
19 . Nzakorerimana Gloria
20 . Umutoni Charlotte
Guhera ku isaha ya saa kumi n’ imwe abantu bari batangiye kwinjira aho igitaramo kibera mu nyubako ya Kigali Convention Center. Abafana batandukanye barimo kuva bambaye imyenda iriho amafoto y’ abakobwa bashyigikiye uyu munsi.
Abakobwa 20 babanje kwigaragaza berekana ibyo bigiye mu mwiherero babyinira hamwe indirimbo yakorewe Nyampinga w’ u Rwanda ihoraho. Aba bakobwa bakiri ku rubyiniro herekanywe amashusho ya Iradukunda Elsa avuga kubyo yakoze.
Iyi niyo myambaro aba bakobwa baje bambaye
Babyinnye ibyo batorejwe mu mwiherero
Berekanye ko bakorera hamwe nkuko babihigiye
Hagezeho umwanya wo kwerekana abakobwa bose buri umwe agenda avuga umushinga we, bakoreshaga ururimi rw’ icyongereza.
Ba Miss bagarutse ku rubyiniro bwo baje bambaye imikenyero ya Kinyarwanda babyina indirimbo ya Cecile Kayirebwa. Abafana babahaye amashyi biyamira ngo n’ itorero.
Uwitwa Uwineza Solange na Ishimwe Noriealla bahawe umwanya barabaririmbira abandi bakabafasha kwikiriza bicaye hasi.
Babyina bya Kinyarwanda
Iradukunda Elsa urara atanze ikamba yiyerekanye
Uwineza Solange yerekanye ubuhanga mu kuririmba
Mu mikenyero
Baje mu mbyino za Kinyarwanda
Hagiye herekanwa amashusho y’ aba bakobwa mu mwiherero buri umwe akavuga icyo yahigiye ndetse n’ icyo azakumbura kizajya kimwibutsa ibihe byiza bahagiriye.
Yvan Buravan nawe yasusurukije abitabiriye umuhango wo gusoza irushanwa rya Miss Rwanda, yahereye ku ndirimbo ‘Urwo ngukunda’ aririmba ho agace gato nyuma yaririmbye iyitwa “Hoya” aheruka gusohora abakobwa bayigenderamo mu myambaro ya kizungu.
Yvan Buravan ari mu baririmbye
‘Oya’ ya Buravan niyo abakobwa bagendeyemo biyerekana mu myambaro ya kizungu
ABAKOBWA 10 BAGIYE GUKOMEZA MURI NYAMINGA W’ U RWANDA BATOWE N’ ABANTU BENSHI MURI MU BUTUMWA BUGUFI NI :
Uwase Ndahiro Liliane
iradukunda Liliane
Ishimwe Noriella
Umunyana Shanitah
Irebe Natacha Ursule
Dushimimana Lydia
32.muhoza Umuhoza Karen
Umutoniwase Paula
Uwase Phiona
ingabire Divine
Abakobwa 10 barakomeje ubu nibo bagiye guhatana hashakwamo umwe uza kurara yambitswe ikamba ngo mu kubahitamo hagendewe ku myitwarire yabo yo mu mwiherero.
Uwambere ukomeje ni uwarushije abandi mu matora yo mu butumwa bugufi bwo kuri Telefone, ni Uwase Ndahiro Liliane yabatsinze n’ amajwi angana n’ ibihumbi 53 444.
Abandi bakobwa bakomeje ni Iradukunda Liliane, Ishimwe Noriella, Umunyana Shanitah, Irebe Natacha Ursule, Dushimimana Lydia, Umuhoza Karen, Umutoniwase Paula, Uwase Phiona, Ingabire Divine.
Abakobwa 10 nibo babashije gukomeza
Hakurikiyeho umwanya wo kubaza umwe kuri umwe uko ari 10
Abakobwa 10 bakomeje
1 . Iradukunda Liliane
Iradukunda Liliane
2 . Umutoniwase Paula
Umutoniwase Paula
3 . Ishimwe Noriella
Ishimwe Noriella
4 . Ingabire Divine
Ingabire Divine
5 . Umunyana Shanitah
Umunyana Shanitah
6 . Dushimimana Lydia
Dushimimana Lydia
7 . Uwase Ndahiro Liliane
Uwase Ndahiro Liliane
8 . Irebe Natacha Ursule
Irebe Natacha Ursule
9 . Umuhoza Karen
Umuhoza Karen
10 . Uwase Phiona
Uwase Phiona
Abagize akanama nkemurampaka bagiye kwiherera baragaruka batangaza abakobwa 5 barenze icyi kiciro cya kabiri ari nabo baza kuvamo umwe uba Miss wa 2018.
Abakobwa batanu bakomeje ni :
1.Iradukunda Liliane,
2.Ishimwe Noriella,
3.Umunyana Shanitah,
4.Dushimimana Lydia
5.Irebe Natacha Ursule
Utwaye ikamba rya nyaminga w’ u Rwanda n’ Iradukunda Liliane