• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Nyaminga w’ u Rwanda 2018 abaye Iradukunda Liliane Umukobwa w’ imyaka 18 Gusa “REBA HANO AMAFOTO”

Nyaminga w’ u Rwanda 2018 abaye Iradukunda Liliane Umukobwa w’ imyaka 18 Gusa “REBA HANO AMAFOTO”

Editorial 25 Feb 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uyu munsi nibwo hari kuba igitaramo cya nyuma gisoza irushanwa rya Miss Rwanda 2018. Abakobwa bose uko ari 20 bamaze igihe mu mwiherero uyu munsi hararara hamenyekanye uza kwambikwa ikamba rya 2018 agasimbura Miss Iradukunda Elsa.

Irushanwa ry’ubwiza ryo guhitamo umukobwa uzaba Nyampinga w’u Rwanda rigeze ku musozo, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu Abanyarwanda bararara bamenye umwari uhiga abandi mu buranga n’ubuhanga mu 2018.

Umukobwa ugiye gutoranywa muri 20 bahataniye ikamba rya Nyampinga si uw’ikimero n’ubwiza gusa, hejuru y’ibi agomba kuba afite ubumenyi kurusha abandi ndetse akagira umuco nk’imwe mu nkingi z’ubuzima bw’Igihugu.

Abakobwa basoje umwiherero kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Gashyantare 2018, buri wese yaraye iwabo. Mbere yo kuva i Nyamata, aba bakobwa bakoze ikizamini cyanditse mu rwego rwo gusuzuma ubumenyi n’imitekerereze ya buri wese.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Gashyantare bitoreje bwa nyuma ahagiye kubera ibirori kugira ngo bitegure neza ndetse bamenye uko baza kwitwara mu birori nyamukuru biza kuba muri iri joro.

Mu ijoro ryatambutse aba bakobwa uko ari 20 baraye bakoze imyitozo ya nyuma bayikorera ahazabera igitaramo berekwa uko baza gutambuka.

Abo bakobwa ni

1 . Uwase Ndahiro Liliane

2 . Umunyana Shanitah

3 . Irebe Natacha Ursule

4 . Munyana Shemsa

5 . Umuhoza Karen

6 . Umuhire Rebecca

7 . Ishimwe Noriella

8 . Iradukunda Liliane

9 . Uwase Fiona

10 . Irakoze Vanessa

11 . Umutoniwase Anastasie

12 . Dushimimana Lydia

13 . Ingabire Belinda

14 . Ingabire Divine

15 . Uwonkunda Belinda

16 . Umutoniwase Paula

17 . Uwineza Solange

18 . Mushambokazi Jordan

19 . Nzakorerimana Gloria

20 . Umutoni Charlotte

Guhera ku isaha ya saa kumi n’ imwe abantu bari batangiye kwinjira aho igitaramo kibera mu nyubako ya Kigali Convention Center. Abafana batandukanye barimo kuva bambaye imyenda iriho amafoto y’ abakobwa bashyigikiye uyu munsi.

Abakobwa 20 babanje kwigaragaza berekana ibyo bigiye mu mwiherero babyinira hamwe indirimbo yakorewe Nyampinga w’ u Rwanda ihoraho. Aba bakobwa bakiri ku rubyiniro herekanywe amashusho ya Iradukunda Elsa avuga kubyo yakoze.

Iyi niyo myambaro aba bakobwa baje bambaye

Babyinnye ibyo batorejwe mu mwiherero

 

Berekanye ko bakorera hamwe nkuko babihigiye

Hagezeho umwanya wo kwerekana abakobwa bose buri umwe agenda avuga umushinga we, bakoreshaga ururimi rw’ icyongereza.

Ba Miss bagarutse ku rubyiniro bwo baje bambaye imikenyero ya Kinyarwanda babyina indirimbo ya Cecile Kayirebwa. Abafana babahaye amashyi biyamira ngo n’ itorero.

Uwitwa Uwineza Solange na Ishimwe Noriealla bahawe umwanya barabaririmbira abandi bakabafasha kwikiriza bicaye hasi.

Babyina bya Kinyarwanda

Iradukunda Elsa urara atanze ikamba yiyerekanye

Uwineza Solange yerekanye ubuhanga mu kuririmba

Mu mikenyero

Baje mu mbyino za Kinyarwanda

Hagiye herekanwa amashusho y’ aba bakobwa mu mwiherero buri umwe akavuga icyo yahigiye ndetse n’ icyo azakumbura kizajya kimwibutsa ibihe byiza bahagiriye.

Yvan Buravan nawe yasusurukije abitabiriye umuhango wo gusoza irushanwa rya Miss Rwanda, yahereye ku ndirimbo ‘Urwo ngukunda’ aririmba ho agace gato nyuma yaririmbye iyitwa “Hoya” aheruka gusohora abakobwa bayigenderamo mu myambaro ya kizungu.

Yvan Buravan ari mu baririmbye

‘Oya’ ya Buravan niyo abakobwa bagendeyemo biyerekana mu myambaro ya kizungu

ABAKOBWA 10 BAGIYE GUKOMEZA MURI NYAMINGA W’ U RWANDA BATOWE N’ ABANTU BENSHI MURI MU BUTUMWA BUGUFI  NI :

Uwase Ndahiro Liliane

iradukunda Liliane 

 Ishimwe Noriella

Umunyana Shanitah

Irebe Natacha Ursule

Dushimimana Lydia

32.muhoza Umuhoza Karen

Umutoniwase Paula

Uwase Phiona

ingabire Divine

Abakobwa 10 barakomeje ubu nibo bagiye guhatana hashakwamo umwe uza kurara yambitswe ikamba ngo mu kubahitamo hagendewe ku myitwarire yabo yo mu mwiherero.

Uwambere ukomeje ni uwarushije abandi mu matora yo mu butumwa bugufi bwo kuri Telefone, ni Uwase Ndahiro Liliane yabatsinze n’ amajwi angana n’ ibihumbi 53 444.

Abandi bakobwa bakomeje ni Iradukunda Liliane, Ishimwe Noriella, Umunyana Shanitah, Irebe Natacha Ursule, Dushimimana Lydia, Umuhoza Karen, Umutoniwase Paula, Uwase Phiona, Ingabire Divine.

Abakobwa 10 nibo babashije gukomeza

Hakurikiyeho umwanya wo kubaza umwe kuri umwe uko ari 10

Abakobwa 10 bakomeje

1 . Iradukunda Liliane

Iradukunda Liliane

2 . Umutoniwase Paula

Umutoniwase Paula

3 . Ishimwe Noriella

Ishimwe Noriella

4 . Ingabire Divine

Ingabire Divine

5 . Umunyana Shanitah

Umunyana Shanitah

6 . Dushimimana Lydia

Dushimimana Lydia

7 . Uwase Ndahiro Liliane

Uwase Ndahiro Liliane

8 . Irebe Natacha Ursule

Irebe Natacha Ursule

9 . Umuhoza Karen

Umuhoza Karen

10 . Uwase Phiona

Uwase Phiona

Abagize akanama nkemurampaka bagiye kwiherera baragaruka batangaza abakobwa 5 barenze icyi kiciro cya kabiri ari nabo baza kuvamo umwe uba Miss wa 2018.

Abakobwa batanu bakomeje ni :

1.Iradukunda Liliane,

2.Ishimwe Noriella,

3.Umunyana Shanitah,

4.Dushimimana Lydia

5.Irebe Natacha Ursule

Utwaye ikamba rya nyaminga w’ u Rwanda n’ Iradukunda Liliane

2018-02-25
Editorial

IZINDI NKURU

Inkoramutima za Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni zikomeje kuvugwa mu buriganya na ruswa biteye ubwoba, abaturage bicira isazi mu jisho

Inkoramutima za Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni zikomeje kuvugwa mu buriganya na ruswa biteye ubwoba, abaturage bicira isazi mu jisho

Editorial 09 Mar 2021
Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Editorial 23 Jan 2019
Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Editorial 21 Sep 2019
Burundi : Abatoni 5 bagiye gukora ” AKANTU ” murwego  rwo kwikiza  Perezida Nkurunziza

Burundi : Abatoni 5 bagiye gukora ” AKANTU ” murwego rwo kwikiza Perezida Nkurunziza

Editorial 10 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar
POLITIKI

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Editorial 02 Jul 2016
Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi  muri Rayon Sports
IMIKINO

Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi muri Rayon Sports

Editorial 11 May 2018
Kayitaba Jean Bosco wakiniraga AS Kigali yatijwe amezi atandatu muri Police FC
Amakuru

Kayitaba Jean Bosco wakiniraga AS Kigali yatijwe amezi atandatu muri Police FC

Editorial 30 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru