• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Editorial 20 Jul 2018 Mu Mahanga

Umukobwa witwa Ruth Wanjiku Kamande uzwiho kuba yaratowe nka Nyampinga wa Gereza y’Abagore ya Lang’ata muri Kenya mu 2016, yahamijwe icyaha cyo kwica umukunzi we, akatirwa igihano cy’urupfu.

Kamande yatorewe kuba Nyampinga wa Gereza ifungirwamo abagore ya Lang’ata mu 2016. Yafunzwe azira kwica umusore w’imyaka 25 bakundanaga witwa Farid Mohammed amujombaguye icyuma inshuro 25.

Daily Nation yo muri Kenya yatangaje ko uyu mukobwa w’imyaka 24 yakatiwe igihano cy’urupfu. Mu rukiko, Kamande yavuze ko yicuza kwica umukunzi we mu 2015, ndetse akaba yarisubiyeho mu myitwarire mu gihe cy’imyaka ibiri n’amezi icyenda amaze afunze ariko ntibyahabwa agaciro n’ubucamanza.

Umucamanza Jessie Leesit yavuze ko igihano cy’urupfu ari cyo uyu mukobwa agomba guhabwa kuko nta kindi cyahwana n’uburemere bw’icyaha yakoze. Yongeyeho ko kumuhanisha gufungwa gusa cyangwa ibindi bishobora kumugaragaza nk’intwari.

Uyu mucamanza yavugiye mu rukiko ko igihano cya Miss Kamande kigomba kubera urundi rubyiruko rwo muri Kenya isomo ry’uko nta cyiza cyo kwica umusore cyangwa umukobwa mukundana biturutse ku munabi waturutse mu byabateranyije.

 

Miss Kamande, Nyampinga wa Gereza muri Kenya wakatiwe igihano cy’urupfu

Abanyamategeko baburanira Miss Kamande bari batanze icyifuzo ko uyu mukobwa yadohorerwa akwemererwa gutangira amasomo muri Kaminuza ya Jomo Kenyatta aho yari yariyandikishije agatsinda ndetse akemererwa kwiga binyuze mu buryo bwemewe muri gereza.

Miss Kamande yavuze ko intandaro y’amakimbirane yagiranye n’umukunzi we kugeza ubwo amwishe ari ukuba yarafataga imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA undi atabizi hanyuma yabimenya akamukankamira bikabyara imirwano.

Umucamanza yavuze ko ashingiye ku bizamini byafashwe na muganga atesheje agaciro ibirego Miss Kamande yari afite ku mukunzi we amushinja ko icyo gihe yamufashe ku ngufu. Ababuranira uyu mukobwa bavuze ko bazajurira igihano cy’urupfu yakatiwe.

 

Abamuburanira bavuze ko bazajurira

 

Uyu mukobwa yahamijwe icyaha cyo kwica umukunzi we mu 2015

 

Uyu mukobwa yavuze ko yisubiyeho ariko biteshwa agaciro n’ubucamanza

 

Miss Kamande yatorewe kuba Nyampinga wa gereza mu birori byabaye mu 2016

 

2018-07-20
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Editorial 23 Oct 2018
Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Editorial 27 Aug 2019
Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara

Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara

Editorial 16 Dec 2016
Col. Willy BAGABE yitabye Imana

Col. Willy BAGABE yitabye Imana

Editorial 04 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha
HIRYA NO HINO

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Editorial 04 Oct 2019
Bujumbura iragerageza uko yahenda ubwenge EU ngo iyirye  Amadovize
Mu Rwanda

Bujumbura iragerageza uko yahenda ubwenge EU ngo iyirye Amadovize

Editorial 17 Mar 2016
Col Byabagamba yakatiwe gufungwa imyaka 21 anamburwa impeta za gisirikare
Mu Mahanga

Col Byabagamba yakatiwe gufungwa imyaka 21 anamburwa impeta za gisirikare

Editorial 04 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru