• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyaruguru: Polisi yafatanye abagabo batanu amafaranga y’amiganano

Nyaruguru: Polisi yafatanye abagabo batanu amafaranga y’amiganano

Editorial 27 Jun 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru ifunze abagabo batanu bakekwaho gukoresha amafaranga y’amiganano y’ubwoko butandukanye.

Abo ni Niyomugabo Emmanuel, Nshimiyimana Olivier, Nsengimana Jean Claude, Nzeyimana Emmanuel na Nsengimana Ignace.

Bafatanwe amafaranga y’u Rwanda 115,000, n’amadorali y’Amerika 100. Bose bafashwe mu ijoro ryo ku itariki ya 25 rishyira ku wa 26 Kamena mu mukwabu wa Polisi y’u Rwanda.

Asobanura uko bafashwe, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi yagize ati,”Aba bagabo bafashwe mu masaha atandukanye. Bakoreshaga amayeri kuko bajyaga kugura ibikoresho n’ibindi bintu mu maduka anyuranye, buri wese akagenda ku giti cye. Batangaga inoti z’inyiganano, hanyuma umucuruzi akabagarurira amafaranga mazima.”

Yakomeje avuga ko abaturage ubwabo ari bo bahaye amakuru Polisi ko hari abantu bakoresha amafaranga y’amiganano; noneho Polisi igenda ifata umuntu umwe; na we akavuga mugenzi we, kugera aho bose bafatiwe; ariko bakemeza ko bayahawe na Niyomugabo Emmanuel.

Uko ari batanu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kibeho mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane andi makuru ku ikorwa n’ikwirakwizwa ry’ayo mafaranga y’amiganano.

IP Kayigi yasabye abantu; cyane cyane urubyiruko kureka umuco mubi wo kumva ko bagomba kugera ku bukire banyuze mu buryo nka buriya bwo gukoresha amafaranga y’amiganano, kuko; uretse no kugira ingaruka ku bukungu bw’igihugu na bo ubwabo bahura n’ingorane zirimo no gufungwa nk’uko biteganywa n’ingingo ya 603 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Yagiriye inama abakora ibyaha byo gukora no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano ndetse n’abafite iyo migambi kubireka kuko Polisi iri maso, kandi yiteguye kubafata no kubashyikiriza ubutabera.

Yibukije ko gukora no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano ari icyaha gihanwa n’amategeko; haba mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga.

Yagize ati,”Amafaranga y’amiganano ntakunze kugaragara mu Rwanda, ariko niyo yaba make agomba kurwanywa kuko ahombya abayahawe, ndetse akaba agira ingaruka mbi ku bukungu muri rusange.”

-7104.jpg

(IP) Emmanuel Kayigi

Abatarabona ubushobozi bwo kugura imashini itahura amafaranga y’amiganano IP Kayigi yabagiriye inama yo gusuzuma neza inoti bahawe mbere y’uko uzibahaye agenda kugira ngo barebe ko ari nzima; kandi abasaba kumenyesha vuba Polisi igihe bahawe amiganano cyangwa babonye umuntu uyafite.

Yashimye abaturage batanze amakuru yatumye bariya batanu bafatanwa ayo mafaranga; anasaba ko iyo mikoranire myiza yakomeza.

Source : RNP

2017-06-27
Editorial

IZINDI NKURU

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Editorial 21 Mar 2017
Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Editorial 06 Mar 2022
Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Editorial 13 May 2016
Rayon  yarahiye itsemba isano ko  idahawe igikombe yatsindiye  ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Rayon yarahiye itsemba isano ko idahawe igikombe yatsindiye ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Editorial 26 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.
INKURU NYAMUKURU

Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Editorial 05 Apr 2019
Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 
Amakuru

Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Editorial 01 Jan 2023
Bitewe n’impamvu ze bwite, Lumumba Sosthene watozaga ikipe ya Etincelles FC yeguye kuri uyu mwanya habura amasaha 48 ngo akine na Gorilla FC
Amakuru

Bitewe n’impamvu ze bwite, Lumumba Sosthene watozaga ikipe ya Etincelles FC yeguye kuri uyu mwanya habura amasaha 48 ngo akine na Gorilla FC

Editorial 04 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru