• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda
Ibaruwa y'ikinamico ya Polisi ya Uganda isaba ko umurambo wa Magezi usuzumwa

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Umunyarwanda, Emmanuel Magezi, wari umaze igihe kigera hafi ku mwaka afungiwe muri Uganda nyuma yo gushimutwa n’urwego rw’iperereza muri Uganda  ruzwi nka CMI, yaje kwitaba Imana nyuma y’ibikorwa by’iyicarubozo yakorewe. Agifatwa yabanje  gufungirwa mu kigo cya gisirikari cya Makenke nyuma yoherezwa mu kigo cya Mbuya.  Muri Werurwe 2019 nibwo hatangajwe inkuru y’ifatwa rya Magezi.

Nta cyaha na kimwe yigeze ashinjwa imbere y’urukiko, yarekewe muri kasho gusa akorerwa iyicarubozo, kugeza ubwo ku wa 31 Mutarama 2020, umunyamategeko we Eron Kiiza yaregeye Urukiko Rukuru i Kampala asaba ko uwo yunganira yaburanishwa niha hari ibyaha aregwa.

Kiiza yifuzaga ibisobanuro by’Igisirikare cya Uganda na Guverinoma ku bijyanye n’ifungwa ritemewe ry’umukiliya we kugeza ubwo amara amezi 10 ari muri kasho ataragezwa imbere y’umucamanza, ngo amenyeshwe ibyo aregwa.

Ikinyamakuru Daily Monitor cyatangaje ko ubusabe bwa Kiiza bwagombaga kumvwa n’urukiko ku wa Mbere, bugafatwaho umwanzuro. Nyamara mbere y’uko uwo munsi ugera, yaje kwakira amakuru yizewe amumenyesha ko uwo yunganiraga yapfuye.

Hagiye hanze ibaruwa yasinyweho na Ofisiye wa Polisi ushinzwe Iperereza ku byaha kuri Sitasiyo ya Butabika, yemeza ko Magezi yaguye mu bitaro bya Butabika tariki 21 Mutarama 2020, ahagana saa tatu za mu gitondo.

Muri iyi baruwa hagaragara polisi isaba umwe mu baganga bayo kujya mu buruhukiro bw’umujyi gusuzuma umubiri wa Magezi wajyanyweyo ku wa 21 Mutarama 2020.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kampala, Patrick Onyango, yemeje urupfu rwa Magezi, nyuma yo gukurikirana agasanga iyo baruwa yasakaye ari umwimerere.

Yagize ati “Umubiri wa Magezi wasanzwe hanze y’inzu y’abarwayi muri Butabika. Twahamagawe nyuma yo kubona uyu mubiri uri hanze. Ntabwo nzi icyabaye ariko turacyategereje raporo.”

Umuvugizi w’Ikigo cya Gisirikare cya Makenke, Maj. Charles Kabbona, yavuze ko atari mu biro, yizeza kuzatangaza amakuru abifiteho ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brigadier Richard Karemire, we yirinze kugira icyo avuga kuko ngo nta makuru afite kuri icyo kibazo.

Urupfu rwa Magezi rwiyongereye ku bandi baguye muri Uganda cyangwa bagakorerwa iyicarubozo bakagwa mu Rwanda nyuma yo kujugunywa ku mupaka ari intere. Ni ibikorwa byagejeje aho u Rwanda rusaba abaturage barwo guhagarika kujya mui Uganda kubera impungenge ku mutekabo wabo.

U Rwanda rushinja Uganda gufata no gufunga Abanyarwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse bagakorerwa iyicarubozo bamwe bakahasiga ubuzima, ku buryo hakomeje ibiganiro bigamije gushaka umuti.

Aya makuru agiye hanze mu gihe ku Cyumweru gishize Perezida Kagame na Museveni bahuriye mu nama yiga ku bibazo biri hagati y’ibihugu byombi, yatumijwe na Perezida wa Angola, João Lourenço ikitabirwa na Félix Tshisekedi wa RDC nk’abahuza.

Biteganyijwe kandi ko Inama y’Abakuru b’Ibihugu itaha izabera i Gatuna ku mupaka uhuriweho w’u Rwanda na Uganda, ku wa 21 Gashyantare 2020.

Izabimburirwa n’iya Komisiyo ihuriweho, hasuzumwa ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yemeranyijweho, by’umwihariko irekurwa ry’Abanyarwanda bafungiwe muri Uganda no guhagarika ubufasha buhabwa imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

2020-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa

Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 10 Oct 2016
Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Ubwanditsi 12 Aug 2019
IBYO UTARI UZI KURI  DAVID HIMBARA  N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

IBYO UTARI UZI KURI DAVID HIMBARA N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

Ubwanditsi 09 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga
IKORANABUHANGA

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Burundi: Agathon Rwasa araburira Abarundi bazatora ‘Yego’ mu matora ya kamarampaka
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa araburira Abarundi bazatora ‘Yego’ mu matora ya kamarampaka

Ubwanditsi 10 May 2018
Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC
INKURU NYAMUKURU

Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC

Ubwanditsi 15 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru