• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Editorial 02 Nov 2016 ITOHOZA

Mu gihe hari ubuvugizi bukorwa ngo higwe niba abagore bakwemererwa kuba abapadiri, abantu benshi bari bategerezanije amatsiko icyo Papa Francis abivugaho ariko yakuriye inzira ku murima abafite icyo cyifuzo ndetse ngo ibi ni umwanzuro uzahoraho iteka ryose muri Kiliziya Gatolika.

Ubwo yari mu ndege ye n’abanyamakuru, Papa Francis yabajijwe n’umunyamakuru wo muri Sewede niba nta gihe kizabaho Kiliziya ikagira abapadiri b’abagore, Papa Francis asubiza ati “Mutagatifu Papa Yohani Pawulo wa II yavuze amagambo yumvikana kandi ya nyuma kuri iyi ngingo, ni uko bizahora iteka ryose”, aha yavugaga ku nyandiko yasohotse muri 1994 ivuga ko muri Kiliziya Gatolika abagore batazigera baba abapadiri.

Umunyamakuru yakomeje amubaza ati “Bizaguma bityo iteka ryose? Nta na rimwe bizashoboka?” Papa Francis amusubiza ati “Usomye neza iyo nyandiko ya Papa Yohani Pawulo wa II, biragana muri icyo kerekezo” aha akaba yarashakaga kuvuga ko ntacyo yakongera ku bikubiye muri iyo nyandiko yo muri 1994 ishimangira ko nta na rimwe mu mateka Kiliziya Gatolika izagira abapadiri b’abagore.

Ibi by’abapadiri b’abagore byakunze kugarukwaho cyane hashingiye ku magambo akunze gutangazwa na Papa Francis agaragaza ko hari abagore bagize uruhare rukomeye muri Kiliziya kurusha n’abagabo, aha twavuga nk’ibyo akunze kugarukaho by’uko nubwo intumwa za Yezu zikomeye ariko Bikira Mariya azisumbya ububasha n’ikuzo mu ijuru. Kuba Papa Francis ajya avuga ko hari abagore bagize uruhare rukomeye muri Kiliziya kurusha abagabo byatumye benshi batekereza ko yanakwemera iby’abapadiri b’abagore ariko yamaze gukurira inzira ku murima ababibonaga batyo.

Ibi byabaye nyuma y’uko Papa Francis yakiriwe n’umugore uyobora itorero ry’aba Lutherans muri Suwede, aho basinye amasezerano y’ubwiyunge n’ubufatanye (Joint Declaration) bashingiye ku kuba ngo ibihuza aya madini yombi ari byo byinshi kurusha ibiyatanya.

-4561.jpg

Papa Francis

Ibi bije kandi mu gihe Kiliziya Gatolika ifite ikibazo cy’abapadiri bagenda bagabanuka kandi ikaba yotswa igitutu n’imiryango itandukanye iyishinja ubusumbane bw’abagore n’abagabo muri Kiliziya, hakiyongeraho n’abaharanira uburenganzira bw’abatinganyi n’abihinduje ibitsina (LGBT) bashaka kwemerwa na Kiliziya ku buryo bajya banahabwa amasakramentu y’ugushyingirwa.

Source: Reuters

2016-11-02
Editorial

IZINDI NKURU

Abiyita Abanyarwanda ari abanyamahanga nibo basebya u Rwanda ku isonga Noble Marara 

Abiyita Abanyarwanda ari abanyamahanga nibo basebya u Rwanda ku isonga Noble Marara 

Editorial 08 Dec 2017
RDC: Abaturage barambiwe abahoze barwanira FDLR, barasaba ko boherezwa mu Rwanda

RDC: Abaturage barambiwe abahoze barwanira FDLR, barasaba ko boherezwa mu Rwanda

Editorial 12 Nov 2018
umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Editorial 17 Jun 2022
U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

Editorial 30 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje
Mu Rwanda

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Editorial 05 May 2016
RNC ya Kayumba Nyamwasa ifatanyije na JMV Ndagijimana na Joseph Matata bari gutegura  imihango yo guterekera no gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura
INKURU NYAMUKURU

RNC ya Kayumba Nyamwasa ifatanyije na JMV Ndagijimana na Joseph Matata bari gutegura  imihango yo guterekera no gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

Editorial 11 Nov 2019
Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti
HIRYA NO HINO

Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti

Editorial 07 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru