• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

Editorial 28 Sep 2018 UBUKERARUGENDO

Urwego rw’ubukerarugendo, cyane cyane gusura Ingagi, ni ingenzi mu kwinjiriza U Rwanda amadevize ariko nyuma yo kuzamura ibiciro byo kuzisura muri Gicurasi umubare w’abasura waragabanyutse cyane bigira ingaruka no ku bakora ibikorwa bitandukanye bijyanye n’ubukerarugendo.

Kuri ubu ibi biciro byari byazamuwe byagabanyijweho 30% mu rwego rwo kureba ko ba mukerarugendo bakongera kwiyongera, aho ba mukerarugendo bazajya basura izindi pariki nk’Akagera na Nyungwe mu gihe cy’iminsi itatu bazajya bishyura uruhushya amadolari 1050$, ari nayo azajya yishyurwa uruhushya uhereye mu Ugushyingo kugeza muri Gicurasi nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Pariki y’Ibirunga.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, Umuryango mpuzamahanga ushinzwe kubungabunga ibidukikije, World Wide Fund for Nature (WWF), cyari cyatangaje ko ubwoko bw’ingagi zo mu misozi burimo kugaruka, aho bwiyongereyeho ingagi 600 kuri 480 zari zitezwe mu 2010 mu Birunga, mu misozi ihuriweho n’ibihugu by’U Rwanda, Uganda na Congo.

Mu Rwanda kubungabunga ingagi ari ikintu gishyirwa imbere cyane bitewe n’uko ubukerarugendo ari bwo buza imbere mu kwinjiriza igihugu amafaranga y’amahanga (amadevize).

Muri Gicurasi 2017 Guverinoma y’U Rwanda yari yazamuye ibiciro by’uruhushya rwo gusura ingagi biva ku madolari 750$ bigera ku madolari 1,500$ bituma ari byo biba ibiciro biri hejuru mu karere, nk’aho muri Uganda uru ruhushya ari amadolari 600$ mu gihe muri Congo ari 400$. Ibi biciro bikaba bizakomeza kubahirizwa mu bindi bihe no kubazajya basura Pariki y’Ibirunga gusa.

Kuva icyo gihe ibiciro bizamurwa, benshi mu bakoraga mu bikorwa by’ubukerarugendo nk’abayoboraga ba mukerarugendo n’abandi babuze icyo gukora kuko ba mukerarugendo benshi bahise bahitamo kujya bajya gusura ingagi muri Uganda nk’uko urubuga rw’ubuyobozi bwa pariki ruvuga.

Parfait Kagibwami, umuyobozi wa Le Bambou Gorilla Lodge ikorera hafi ya Pariki y’Ibirunga, avuga ko bahuye n’ibibazo bikomeye. Ati: “Sinshobora kugereranya pourcentage ya ba mukerarugendo twabuze ariko byari bibi cyane,” iyi lodge ubwayo ivuga ko yabuze 40% by’abakiriya yakiraga.

Nyuma yo kubona umubare wa ba mukerarugendo ugenda urushaho kugabanyuka, Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yafashe icyemezo cyo kugabanya igiciro kuva mu Ugushyingo kugeza muri Gicurasi umwaka utaha bigera ku madorali 1,050, bikazaba bivuye ku madolari 1,500$.

Bamwe muri ba mukerarugendo bavuganye The Washington Post bavuga ko bishimiye iri gabanyuka ry’ibiciro.

Uwitwa Diege Joost ukomoka mu Budage yagize ati: “Nzabasha gukora ibi rimwe gusa mu buzima bwanjye,”

2018-09-28
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Editorial 19 Apr 2018
Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Editorial 24 Sep 2025
Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Editorial 18 May 2019
Mkapa wigeze kuyobora Tanzania ageze i Musanze

Mkapa wigeze kuyobora Tanzania ageze i Musanze

Editorial 10 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa
ITOHOZA

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Editorial 08 Jan 2018
Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Editorial 02 Apr 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 07 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru