• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Ubwanditsi 22 Jul 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Nyakanga 2017 , umukandida wa FPR Inkotanyi, Perezida Paul Kagame akomeje urugendo rwe mu bikorwa byo kwiyamamaza mu ntara y’Iburasirazuba mu turere twa Kayonza , Nyagatare na Gatsibo.

Abaturage bari bishimye cyane kandi bakomeje kuririmba indirimbo zirata ibigwi by’u Rwanda na Perezida Kagame mu gihe bari bategereje kumwakira.

Mu karere ka Gatsibo aho twabanje kugera bamutegereje ari benshi cyane aho ingeri zose z’abahaturiye bazindukiye kumwakira harimo abasaza, abakecuru, abana, urubyiruko, abagabo, ndetse n’abagore bose bishimiye uyu munsi wa karindwi wo kwiyamamaza k’umukandida wabo Paul Kagame bafata nk’aho ari ntagereranywa mu kubaka u Rwanda bifuza.

Mu karere ka Nyagatare naho ntabwo bigeze batangwa ibi birori kuko na bo bari bariraye kwibaba, babukereye biteguye kandi bishimye cyane nk’uko babigaragaza mu ndirimbo no mu mbyino.

Nyagatare Perezida Kagame yashimiye, abagize imitwe ya politiki ishyigikiye umukandida wa FPR Inkotanyi, nabo bamaze kuhashinga amabendera kandi bakomeje kwishimana n’ imbanaga y’abahateraniye baririmba, babyina banazunguza amabendera yabo yanditseho ngo ” Tora Paul Kagame Twubake u Rwanda twifuza”.

Ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame bikomeje kwitabirwa n’abanyarwanda benshi cyane kuva mu ntangiriro kugeza kuri iyi nshuro, aho abanyarwanda bakomeje kumuvuga ibigwi, barata ibikorwa by’indashyikirwa amaze kugeza ku baturarwanda.

Uko Nyagatare byari byifashe ninako byagenze mu Karere ka Kayonza aho abanyakayonza ibihumbi n’ibihumbi bari batagereje umukandinda Paul Kagame mu gihe yahasesekaraga abaturage bamwishimiye cyane Perezida Paul Kagame nawe ababwira ko ari umuturanyi wabo.

-7332.jpg

-7331.jpg

Aha mu Karere ka Kayonza Perezida Kagame yavuze ko yizeye intsinzi izamugeza kuri manda ya gatatu, yasabye Abanyakayonza kuzakorana na Leta azaba ayoboye, ati “Ndabasaba ngo mu myaka 4 izaba ikurikira itariki 4 Kanama izabe imyaka 7 nanone y’ubufatanye, y’ibikorwa.”

Kagame yavuze ko Abanyarwanda nibakomeza gukorana, nta muntu uzapima kunyeganyeza u Rwanda, ati “Igihugu cyacu tugomba kugikomeza ntikinyeganyege. Abashaka kukinyeganyeza bakabimenya kare ntibirirwe bagerageza.”

Uyu munsi Perezida Kagame yiyamamarije ahantu hane mu Ntara u’Iburasirazuba: habiri muri Nyagatare, i Gatsibo n’i Kayonza.

Kuri iki Cyumweru biteganyijwe ko aziyamamariza mu turere twa Kirehe, Ngoma na Rwamagana na two two mu Burasirazuba bw’igihugu.

BURASA J.G

2017-07-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango

Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports

Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports

Ubwanditsi 22 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukwikunda n’ukwiriza kwa Uganda mu mutima w’ibibazo byayo n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ukwikunda n’ukwiriza kwa Uganda mu mutima w’ibibazo byayo n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite
Mu Rwanda

Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite

Ubwanditsi 17 Aug 2017
IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano
Mu Mahanga

IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano

Ubwanditsi 28 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru