• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Editorial 02 Aug 2017 Mu Rwanda

Umukandi wa FPR -Inkotanyi Paul Kagame kuri uyu wa gatanu tariki ya 2 Kanama 2017 yashoje ibikorwa bye byo kwiyamamaza yatangiriye mu Karere ka Nyanza, asoreza mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Bumbogo mu mujyi wa Kigali.

Kera u Rwanda rwitwaga urwa Gasabo, rukaba rwaraje kwagurwa ariko isoko yarwo iri aha mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo akaba ariho hafatwa nk’izingiro ry’u Rwanda. Aha i Bumbogo niho Umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame yahisemo gusoreza ibikorwa byo kwiyamamaza.

K’umusozi wa Bumbogo, nti byari byoroshye kuhagera kubera imodoka nyinshi zari uruvunganzoka mu muhanda werekeza Kimironko, ahazwi nko kwa Nayinzira, wayoboye ishyaka PDC, wigeze no kuba umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu mwaka w’2003, ndetse akaba yarabaye no mu buyobozi bushya bw’Igihugu nyuma akaza kwitaba Imana.

Aho k’umusozi wa Bumbogo parking yabonaga umugabo igasiba undi, ntibyari byoroshye ko twinjira ahabera ibirori byo kwakira umukandi wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame, kubera umubyigano w’abantu benshi wari uhari, icyadutangaje n’uko wabonaga abantu bose bareshya baba abakomeye n’aboroheje byari ikibazo kwinjira, ariko abashinzwe umutekano badufashije kwinjira no kugera aho twateguriwe gukorera nkuko byagiye bigenda mu turere twose twigihugu Paul Kagame yiyamamarijemo abanyamakuru tworoherejwe kubona aho dukorera, ndetse n’uburyo bwa Internet yihuse ya 4G, yadufashije kugeza amakuru kubasomyi bacu kuburyo bwihuse.

Imbaga y’abanyamuryango ba FPR, ku musozi wa Bumbogo irakabakaba ibihumbi 800, bakiriye Chairman w’umuryano wa FPR-Inkotanyi, akaba n’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara zose mu turere 30 tugize igihugu, mu minsi 21 yatanzwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ku bakandida bemerewe kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’Igihugu. Ibi bikorwa byo kwiyamamaza bikaba biri busozwe none tariki ya 2 Kanama 2017.

Abanyamuryango baturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu bagiye bagaragaza ubwitabire buri hejuru cyane ku kigero cya 95% hose aho Paul Kagame yiyamamarije. Kuburyo kuri site imwe hazaga abanyamuryango ba FPR, basanga ibihumbi 500. Mu buhamya bwatanzwe n’abaturage benshi mu turere tunyuranye, barashima imiyoborere myiza ya FPR-Inkotanyi na Paul Kagame, watumye biteza imbere, mu buryo bugaragara, baravuga imyato Intore izirusha intambwe [ Kagame Paul ].

Baba abikorera mu mujyi wa Kigali ndetse n’abasanzwe bakorera ibikorwa byabo bya buri munsi mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda bose bitabiriye kwamamaza Paul Kagame bahagarika ibikorwa byabo byaburi munsi.

Imitwe ya Politiki nka PL, PSD, PDI, PDC, PSR, PPC, PSP, UDPR bahawe ijambo bageza ku banyamuryango ba FPR –Inkotanyi, icyatumye bahitamo kwamamaza umukandida Paul Kagame, ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, banashimangira ubufatanye bwa Politiki, basanzwe bafitanye na FPR bwatangiye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

-7454.jpg

-7455.jpg

-7465.jpg

Kimwe n’abandi banyarwanda nka Bernard Makuza udafite umutwe wa Politiki abarizwamo nabo bagaragaje ubushake bwo gushyigikira Paul Kagame kubera Politiki ye nziza itavangura kandi igamije guteza imbere buri munyarwanda wese hatitawe kucyo aricyo.

Paul Kagame yatangiye ijambo rye anenga abavuga u Rwanda uko rutari aho agize ati “Ndabashimira umubare uri hano uko mukeye, uko mwishimye ntabwo bisanzwe. Nkuko byavuzwe, hari ababyifuza badashobora kubibona. Rero, ndishimye cyane, twagiye mu gihugu hose, mu turere twose turi muri iki gikorwa turimo cya demokarasi mu gice kijyanye no kwiyamamaza n’amatora. Ndagira ngo rwose nshimire kuri uyu munsi muri iki gikorwa cyo gusoza kwiyamamaza, abantu bose bari hano. Ubu aho turi hano muri Gasabo, hari abantu turi hamwe hano n’abandi muri mwe twajyanye muri buri karere twari kumwe hose ndabashimira cyane mwarakoze.

Rero, reka nsoreze mu bintu ndibuvuge uyu munsi ku byo n’ubundi nahereyeho umunsi twari mu Ruhango dutangira igikorwa cyo kwiyamamaza. Uwo munsi dutangira mu byo navuze mpereye ku bivugwa n’abandi nkuko Uwacu yabivuze, badutega iminsi. Noneho ubu, baravuga ngo uko babonye ibyo kuduhagarika mu guhitamo kwacu kutagishobotse, ubu noneho baravuga ngo ariko buriya Kagame niba azaba atakiri umuyobozi, buriya u Rwanda ruzagira amahoro. Ubu noneho baradutega ibihe bizaza ko tutazagira amahoro ariko noneho nanabaza ngo ariko mbere ya Kagame u Rwanda rwari rufite amahoro? Ibyo se ko babishimaga. Bashimaga ibya mbere ya Kagame u Rwanda rutaragira amahoro none ubu […] uru Rwanda rwacu aho ruvuye, aho rugeze n’aho ruvuye, uru Rwanda rw’ubudasa twanyuze muri byinshi, ntabwo ibyo twiga bipfa ubusa.

Aho tuvuye tuzi, ni uko n’aho tugeze ubu, tuzi kwihitiramo uko tugomba kubaho. Hanyuma noneho reka nongereho akantu gato, kandi nari nziko abo bantu bamwe bajya batuvuga bari bamaze kutumenyera ariko ubanza batatumenyera.

Rimwe nigeze kubabwira ngo iyo hagize uwiha uburenganzira ko bashobora kubwira Kagame ibyo agomba gukora niwo munsi mpitamo ibinyuranye n’ibyo bavuga. Ari ubushize, ari ubu ngubu, ari n’ubuzaza. Ikindi, bakavuga ngo nibo bazi demokarasi, ni bo bayigisha ariko turabizi mu byavuha aha, hari abagiye mu gikorwa cya demokarasi bajya mu matora barangije baravuga […] ngo hari abantu bagiye muri mudasobwa, ngo bahindura, ngo bagiye mu ikoranabuhanga ryacu, baduhindurira ibintu ubu dufite umuyobozi tutashakaga. Eh ariko demokarasi yawe uwo muyobozi niwe yaguhaye… iyawe yakunaniye. Ngo mudasobwa niyo yabahitiyemo umuyobozi ntabwo aribo, iyo niyo demokarasi bashingiraho bigisha abandi uko demokarasi imeze.

Wari uziko hari n’abavuga ngo Kigali […] hari isuku rero ngo iyo suku ntabwo ari demokarasi ngo ni igitugu. Ariko icyo bivuze ni agasuzuguro basuzugura Abanyafurika, basuzugura u Rwanda kuko Abanyafurika, Abanyarwanda, bakwiye kwicara mu mwanda ntacyo bakwiriye kuba bawuvugaho, ibyo biva aho bikinjira no muri demokarasi, bikinjira no muri politiki […] Ibyo dukora, twese twumvikanyeho no mu bumwe, twahisemo, nibigira ingaruka mbi tuzahangana nayo nkuko twahanganye n’ingaruka y’ibyo badukoreye. N’ubundi nitwe bigarukaho. Iyo ibintu bimaze kumera nabi nibwo bahindukira bakigendera bakagusiga wenyine ukirwariza.”

-7453.jpg

-7457.jpg

-7460.jpg

-7457.jpg

-7459.jpg

-7464.jpg

-7461.jpg

-7462.jpg

-7463.jpg

2017-08-02
Editorial

IZINDI NKURU

Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Editorial 24 Aug 2016
Israel igiye gufunga ibiro n’imirongo by’igitangazamakuru mpuzamahanga cya Al-Jazeera

Israel igiye gufunga ibiro n’imirongo by’igitangazamakuru mpuzamahanga cya Al-Jazeera

Editorial 07 Aug 2017
Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Editorial 06 Sep 2016
FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

Editorial 01 Aug 2024
Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Editorial 24 Aug 2016
Israel igiye gufunga ibiro n’imirongo by’igitangazamakuru mpuzamahanga cya Al-Jazeera

Israel igiye gufunga ibiro n’imirongo by’igitangazamakuru mpuzamahanga cya Al-Jazeera

Editorial 07 Aug 2017
Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Editorial 06 Sep 2016
FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

Editorial 01 Aug 2024
Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Editorial 24 Aug 2016
Israel igiye gufunga ibiro n’imirongo by’igitangazamakuru mpuzamahanga cya Al-Jazeera

Israel igiye gufunga ibiro n’imirongo by’igitangazamakuru mpuzamahanga cya Al-Jazeera

Editorial 07 Aug 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru