• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Editorial 03 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gutabwa muri yombi akagezwa mu Rwanda, Paul Rusesabagina yatangaje ko yiteguye kujya mu rukiko kwerekana ko arengana mu gihe hari za gihamya nyinshi zimushinja harimo nibyo we yagiye yitangariza ku giti cye nubu kuri murandasi bikaba byuzuyeyo ibi bikaba byafatwa nko kwitanguranwa kugirango naramuka ahamwe n’ibyo ashinjwa azabone urwaho rwo kuvuga ko ubutabera bwo mu Rwanda butigenga.

Uyu mugabo weretswe itangazamakuru taliki 31 Kanama 2020, ku cyicaro cya RIB ku Kimihurura yari umuyobozi w’ikiryabarezi cyiswe impuzamashyaka MRCD kigizwe na PDR-Ihumure cyuyu Rusesabagina, RRM yahoze ikuriwe na Nsabimana Callixte ubu uri kuburanishirizwa mu Rwanda ndetse na CNRD-Ubwiyunge ya Irategeka Wilson kugeza nubu waburiwe irengero kuva mu mpera z’umwaka ushize ubwo inyeshyamba yari ayoboye zahatwaga icyibatsi cy’umuriro n’ingabo za FARDC. Amakuru anyuranye avugako Irategeka yaguye mu mirwano muri Kongo.

Nyuma yo kugezwa mu Rwanda uyu mugabo asa nk’uwitanguranijwe avuga ko yiteguye kugezwa mu rukiko kugirango agaragaze ko ari umwere; igitangaje hano ni ukuntu uyu mugabo wagiye yumvikana ashimangira ko umutwe w’inyeshyamba wari ushamikiye ku ngirwashyaka MRCD wa FLN wagiye ukora ibikorwa by’iterabwoba byagiye binahitana abaturarwanda benshi haba mu karere ka Nyaruguru muri Nyabimata ndetse na Kitabi muri Nyamagabe, abasesengura bakaba bamutwenga aramutse ageze mu rukiko akigarama ibyo birego byose mu gihe hari ibimenyetso by’amajwi ndetse n’amashusho.

Uyu mugabo wagiye yumvikana ko mu Rwanda nta burenganzira buhari nyamara kuva yafatwa afungiye ku cyicaro cya Polisi yo mu mujyi wa Kigali I Remera mu karere ka Gasabo aho afashwe neza agahabwa amafunguro nk’asanzwe akenerwa na buri kiremwamuntu, ndetse anafite uburenganzira bwose burimo no guhabwa ubuvuzi dore ko ngo afite indwara y’umuvuduko w’amaraso, uyu ukorerwa ibi byose niwe wagiye yumvikana ashimangira ko mu Rwanda nta bwisanzure buhari ndetse ko bazakoresha ibishoboka byose ngo bahirike ubuyobozi bw’u Rwanda.

Paul Rusesabagina hari hashize igihe ashyiriweho impapuro mpuzamahanga zasabaga ko atabwa muri yombi agashyikirizwa ubutabera ku byaha  bikomeye aregwa birimo iterabwoba, gutwika, ubushimusi n’ubwicanyi byakozwe n’umutwe w’iterabwoba uyu mugabo yari akuriye kuva mu myaka isaga itatu ishize.
Ifatwa rye ryabaye nko gukubitwa n’inkuba ku ngirwamashyaka zisanganywe imigambi mibisha yo guhungabanya umutekano w’Abanyarwanda basa nk’abakubise igihwereye kuko bakekaga ko Rusesabagina ari igikomerezwa atapfa gufatwa nyamara akaboko k’ubutabera kagera hose kuwo ariwe wese wakoze ibyaha cyane cyane ibihungabanya umutekano w’Abanyarwanda dore ko wagezweho ku kiguzi kinini kirimo n’ubuzima bwa bamwe mu basore bagize uruhare mu kubohoza igihugu, bityo rero kuba umuntu yakwigira intyoza muri politiki yari asanzwe mu mwuga w’ubutetsi ntibimuha uburenganzira na bumwe mu guhungabanya umutekano n’umudendezo w’Abanyarwanda.

2020-09-03
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Editorial 14 Jan 2019
RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

Editorial 16 Feb 2018
U Rwanda rwakuye  umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

U Rwanda rwakuye umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

Editorial 02 Dec 2024
Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Editorial 05 Sep 2021
Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Editorial 14 Jan 2019
RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

Editorial 16 Feb 2018
U Rwanda rwakuye  umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

U Rwanda rwakuye umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

Editorial 02 Dec 2024
Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Editorial 05 Sep 2021
Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Editorial 14 Jan 2019
RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

Editorial 16 Feb 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru