• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Editorial 19 Dec 2016 Mu Rwanda

Perezida Joseph Kabila uyobora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuva 2001 ubwo umubyeyi we Desire Kabila wakiyoboraga yaramaze kwivuganwa n’uwamurindaga, aratungwa agatoki mu buryo bukomeye we n’umuryango we kuba barigwijeho umutungo mu gihe gito kandi muburyo budasobanutse.

Nkuko tubikesha Bloomberg News Agency ikorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ngo Joseph Kabila n’umuryango we wa hafi bubatse umuyoboro mpuzamahanga w’ubucuruzi kugira ngo abone uko yigwizaho imitungo. Biravugwa ko ahantu hose yabonaga ko habyara amafaranga yahise ashinga sosiyete ikorana nabo.

Ikindi ni uko abantu batari bake bafite business nkizo bagiye bahura n’ingorane kuko yashakaga uburyo bwo kubakumira kugira ngo izo business zikorwe n’amasosiyete ye n’umuryango we.

-5082.jpg

Olive Kabila n’umugabo we Perezida Joseph Kabila

Bloomberg news agency yamaze igihe kirenga umwaka ikora iri tohoza igakorana n’abandi banyamakuru batatu bashoboye kwinjirira uyu muryango wa Joseph Kabila, basanga ubucuruzi bukomeye bwabo bwaribanda kwicukurwa ry’amabuye y’agaciro, ibivuyemo bigashyirwa ku makonti y’uyu muryango. Ibi byakorwaga mu gihe iki gihugu kiri mu byambere bikennye ku isi, naho perezida wacyo akaba muba mbere bakize ku isi.

Abanyamakuru bakoze ubu bushakashatsi bashoboye kuvumbura impapuro z’amabanga zigera kubihumbi ijana zijyanye n’ubucuruzi bukorwa mu buryo bwa mafia n’umufasha wa Kabila.

Abantu banditse kuri izo mpapuro (documents) ni abantu bahafi ni ukuvuga abana babiri ba Kabila, umugore we, barumuna na basaza b’umugore we, bene wabo wa Kabila aba nibo bakoreshwaga bandikwaho ibyangombwa by’amasosiyete mpuzamahanga atandukanye arenga 70.

Urugero nko mu bucukuzi bw’amabuye yagaciro hafashwe impapuro (documents) 120 zemerera aba bantu gucukura diyama, zahabu, colota, nandi mabuye akomeye kandi ahenze bagahabwa ibirombe bikungahaye ntihagire undi wemererwa gukorera aho hafi yabo.

-5080.jpg

Joseph Kabila yabaye umusirikare, ajya kubutegetsi akiri muto ndetse bivugwa ko nta bunararibonye afite muri politike. Ubu arasabwa kuva kubutegetsi muri uku kwezi taliki ya 19 Ukuboza kuko manda ye iraba irangiye. Ariko ikigaragara ni uko yafashe imitsina adashaka kurekura ngo abandi bajyeho. Abantu benshi bakaba bibaza uko bizagenda kuko arimo gushaka uko yashyiraho inzibacuho akanayiyobora kugeza 2018.

Joseph Kabila n’umuryango we nta business basubiza inyuma mugihe bayibonamo inyungu.

Nkuko Bloomberg News agency ikomeza ibivuga mu itohoza ryayo, kuva mu mwaka 2003 Joseph Kabila n’umuryango we bashinze amasosiyete mpuzamahanga byibura 70. Bagiye bayafungura muri DR Congo, Amerika (USA), PANAMA, Dubai, TANZANIA, Island iri munyanja ya pacifica n’ahandi.

Kugira ngo ibikorwa by’uyu muryango bigende neza bagiye bareba business zikeneranye mu mikorere kandi zinjiza amafaranga menshi bagahita bafungura igikorwa kigendanye n’ikindi.

Mu bikorwa bashoyemo amafaranga harimo gufungura za Banki, kubaka ibigega na station za essence, kugura ibikuyu binini cyane mu bihugu bitandukanye, kugura indege no gushinga kompanyi z’indege, gushinga sosiyete zubaka imihanda, kubaka amahoteli no kugura amahoteli akomeye hirya no hino ku isi, gutumiza imiti no kuyicuruza, gucuruza tickets z’indege, gushinga za alimentations zikomeye, gushinga utubyiniro n’utubare tugezweho (club nights), sosiyete zitumanaho n’ibindi.

-5085.jpg

-5083.jpg

-5084.jpg

Ikindi muri iki cyegeranyo ngo muri DR Congo kubera umwanya Kabila afite service nyinshi za leta zari zifite lisite y’amasosiye zigomba guha akazi ndetse bakanishyurwa mbere yuko akazi gakorwa. Ibi rero ngo byatumye Joseph Kabila n’umuryango we ubu bari mubantu bafite imitungo ibarirwa mu mamiliyoni y’amadorali menshi cyane kuburyo anatinya ko yazakurikiranwa aramutse avuye kubutegetsi.

Ikindi ni uko ikinyamakuru cyitwa People with money cyavuze ko muri uyu mwaka wa 2016 Kabila aza kumwanya wa mbere ku isi mu bapereziza babona amafaranga menshi y’umushahara na mission bafata kuko abona miliyoni 75 z’amadorali. Ikindi ngo umutungo we uzwi ungana na miliyoni 215 z’amadorali ariko bakavuga ko atari byo kuko umutungo we mwinshi uhishe muri ariya masosiyete n’amabanki atazwi.

Umunyamakuru wa AFP yagize icyo abaza umuvugizi wa leta ya DR Congo ngo agire icyo abivugaho hanyuma asubiza ko abo mu muryango wa perezida Kabila bafite uburenganzira bwo gukora ubucuruzi uko babyumva. Yongeyeho ati: “Mubahe amahoro, ibi ni amatiku y’ibihugu by’iburayi bishaka kuduharabika”

-5079.jpg

Nkuko bizwi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni igihugu kinini gifite ubukungu butandukanye ariko kigira ibyago byo kubura ubuyobozi buyobora mu buryo buboneye. Ibi byatumye abaturage bacyo baba abakene ndetse abenshi babarirwa mu Kiciro cy’abatindi nyakujya. Mu bice bitandukanye by’iki gihugu hari aho abaturage bambara ubusa. Nta n’igitangaza kuko hari aho abantu bamara hafi ukwezi bagenda mu nzira bajya kwivuza kwa muganga bagerayo bakababagisha ibyuma bakoresha mu mabagiro y’amatungo.

Muri rusange 90% by’abakongomani batunzwe na 1.4$ ni ukuvuga amafaranga y’urwanda 1.165 k’umunsi iki cyegeranyo cyasohowe na LONI vuba aha.

Ibi bikaba bisohoza akawamugani ngo zirya bamwe abandi bambuka.

Hakizimana Themistocle

2016-12-19
Editorial

IZINDI NKURU

Kigali : Urukiko rusubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara  [ AMAFOTO ]

Kigali : Urukiko rusubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara [ AMAFOTO ]

Editorial 06 Oct 2017
Mukamabano Madeleine  wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa  Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Editorial 10 Aug 2017
Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Editorial 17 Feb 2022
Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Editorial 25 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup
Amakuru

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Editorial 13 Oct 2022
Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Editorial 12 Dec 2017
Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Editorial 18 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru