• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida Kagame ashyigikiye Golden State Warriors mu mikino ya nyuma ya NBA

Perezida Kagame ashyigikiye Golden State Warriors mu mikino ya nyuma ya NBA

Editorial 03 Jun 2016 IMIKINO

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatangaje ko ashyigikiye ikipe ya Golden State Warriors mu mikino ya nyuma y’irushanwa ry’umukino wa basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA).

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 2 Kamena 2016 nibwo hatangira imikino ya nyuma bita “NBA Finals” hagati ya Golden State Warriors na Cleveland Cavaliers nk’uko zari zahuye umwaka ushize.

Nk’umukunzi w’imikino muri rusange cyane cyane umupira w’amaguru, tennis na basketball; Perezida Kagame ashyigikiye ko Golden State Warriors yisubiza igikombe yegukanye umwaka ushize.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yishimiye ko Golden State Warriors yabonye itike yo gukina imikino ya nyuma y’iri rushanwa rikomeye ku Isi muri uyu mukino nyuma yo gutsinda Oklahoma City Thunder imikino 4 kuri 3 mu mikino ya nyuma yo mu Burengerazuba.

-2843.jpg

Perezida Paul Kagame aherutse mu nama yiga ku iterambere rya basketball muri Afurika i Toronto, akaba yagaragaje ko afana Golden State Warriors (Ifoto/Village Urugwiro)

Perezida Kagame nyamara anakunda Oklahoma City Thunder kuko yanditse agira ati “Wari wisanga muri ibi bihe? Amakipe nkunda kurusha ayandi yahuriye ku mikino ya nyuma ya NBA mu Burengerazuba. OKC v GSW. Nishimiye iyatsinze iyo ari yo yose.”

-2837.jpg

Yongeyeho ati “Nuko nuko Golden State Warriors !!! Nzabashyigikira muri uru rugendo muzahuramo na Cleveland Cavaliers.”

-2838.jpg

Mu mukino ya nyuma y’irushanwa rya NBA bita “NBA Playoffs”, amakipe 8 mu Burengerazuba n’andi 8 mu Burasirazuba ahura hagati yayo akishakamo imwe imwe ku mpande zombi bityo izo ebyiri zigahurira ku mikino ya nyuma.

Buri kipe ikina n’iyindi imikino 7 ariko itanze indi imikino 4 ni yo iba itsinze.

Imikino ya nyuma yo ku rwego rw’igihugu cyose ari yo “NBA Finals” na yo ni uko bigenda kugeza ubwo imwe itanga indi gutsinda imikino ine.

Mu mwaka ushize, Golden State Warriors iyobowe na Stephen Curry yatsinze Cleveland Cavaliers ya LeBron James, imikino 4 kuri 1 yegukana gutyo igikombe cya shampiyona ya NBA cy’umwaka wa 2014-2015 hashize imyaka 40.

-2839.jpg

Ishusho igaragaza uko imikino ya NBA Playoffs yagenze na gahunda y’uko NBA Finals zizakurikirana (Ifoto/Internet)

-2840.jpg

Ikipe zombi Perezida Kagame afana (Golden State Warriors na Oklahoma City Thunder) zahuriye ku mikino ya nyuma yo mu Burengerazuba (Ifoto/NBA)

-2841.jpg

Warriors ni yo yegukanye igikombe cyo mu gace k’Uburengerazuba (Ifoto/NBA)

-2842.jpg

Cleveland Cavaliers ni yo yegukanye igikombe cyo mu gace k’Uburasirazuba (Ifoto/NBA)

Source: Izuba rirashe

2016-06-03
Editorial

IZINDI NKURU

Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda

Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda

Editorial 28 Jun 2016
Abakinnyi b’Amavubi bahawe numero bazaba bambaye muri CHAN

Abakinnyi b’Amavubi bahawe numero bazaba bambaye muri CHAN

Editorial 09 Jan 2018
Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Editorial 14 Jun 2022
Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Editorial 13 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze
IMIKINO

Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze

Editorial 16 Mar 2016
Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije

Editorial 08 Nov 2017
Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda
Amakuru

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Editorial 22 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru