• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Editorial 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame yongeye gutsinda amatora ku majwi 98.66% by’amajwi yose yabaruwe kugeza saa sita z’ijoro.

Saa saba z’ijoro Komisiyo y’Amatora yari imaze kubarura kugeza kuri 80% bingana na 5,498,414 by’abatoye bose mu gihugu na hanze ku biro by’itora 1,732 kuri 2,340 byari mu gihugu hose.

Umukandida wigenga Philippe Mpayimana ni we wabaye uwa kabiri na 0.72% aho yatowe n’abantu 36,620.

Frank Habineza wa Green Party yatowe n’abantu 24,904 bingana na 0.45%.

Uko abakandida batowe mu Ntara

Mu Ntara y’Amajyaruguru, Kagame yatowe ku majwi 98.64%, Mpayimana atorwa kuri 0.84% aho Frank Habineza atorwa ku majwi ya 0.33%

Mu Majyepfo, Kagame yatowe ku majwi 98.58, Mpayimana kuri 0.68% naho Habineza abona 0.62

Mu Burasirazuba, Perezida Kagame yabonye 99.16% (1,119,137), Mpayimana atorwa n’abantu 6,342 naho Habineza atorwa n’abantu 2,283

Mu Burengerazuba, Kagame yabonye 98.28, Mpayimana atorwa kuri 0.91% mu gihe Habineza we yabonye amajwi 0.63%

Muri Kigali, Kagame yatowe ku majwi 98.5%, Mpayimana abona 0.67% mu gihe Habineza yabonye 0.49%

Muri Diaspora, Kagame ni we wakomeje gusiga abandi kuko mu majwi yari amaze kubarurwa, afite 98.95%.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora Prof Kalisa Mbanda yatangaje ko kugeza ubu hamaze kubarurwa amajwi yose ku kigereranyo cya 80% . Yavuze ko amajwi ava mu ibarura rya nyuma atangazwa saa kumi z’umugoroba z’uyu munsi.

Komisiyo y’Amatora itangaza ko kugeza ubu nta mukandida uragaragaza ko atishimiye imigendekere y’amatora.

-7472.jpg

Perezida Kagame yari mu gikorwa cy’Amatora

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo, Charles Munyaneza yavuze ko nta bibazo byagaragaye mu matora uretse akabazo gato k’abantu bake batashoboye kwisanga ku lisiti y’itora kuko batashoboye kwiyimura nkuko byasabwaga.

Ibi ariko NEC yaje kubikemura maze abafite utwo tubazo bashobora gutora.

Perezida Kagame wari washoje manda ya kabiri yemererwaga n’Itegeko Nshinga, yaje gusabwa n’Abanyarwanda barenga miliyoni 4 kuzongera kwiyamamaza aho babigaragarije mu gikorwa cy’itorwa rya referendumu cyabaye mu mpera z’umwaka ushize aho abaturage 98.3% bose batoye yego.

-7473.jpg

Perezida Kagame [ 98.66% ] , Philippe Mpayimana [0.72% ], Frank Habineza wa Green Party [ 0.45% ].

2017-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Komiseri wa Polisi Munyambo yatangiye imirimo yo kuyobora Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo

Komiseri wa Polisi Munyambo yatangiye imirimo yo kuyobora Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo

Editorial 04 Mar 2016
Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Editorial 05 May 2017
Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Editorial 11 Jul 2017
Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Editorial 07 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 21 Nov 2023
Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.
Amakuru

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Editorial 27 Apr 2021
Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA
INKURU NYAMUKURU

Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Editorial 01 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru