• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Ubwanditsi 26 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 18 Mutarama 2018, Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yemeje guhindura inyito y’umwanzuro A/RES/58/234 watowe tariki ya 23 Ukuboza 2003 yemezagako tariki ya 7 Mata ari Umunsi wo Kwibuka no Kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe inyito ya 2003 yavugaga Jenoside yabaye mu Rwanda.

Umwanzuro ntiwahindutse ahubwo inyito niyo yahindutse aho kuvuga Jenoside yo mu Rwanda, inyito yahindutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Iyi mvugo igaragaza neza ibyabaye mu Rwanda mu mwaka wa 1994, aho ari ngombwa kugira inyito ihuye n’ibyabaye kuko abakoze Jenoside ndetse n’ababashyigikiye bafite amayeri menshi agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, bashaka kuyita intamabara hagati y’amoko, amahano n’ibindi bitagaragaza uwishwe ndetse n’uwamwishe.

Guhera muri Mata 1994 kugeza Nyakanga 1994, Abatutsi barenga Miliyoni imwe, abana abagore n’abagabo barishwe bazize uko bavuze. Abitandukanyije nuwo mugambi ariko batahigwaga nabo bamwe barishwe abandi barakomeretswa basigirwa ubumuga. Iyi nyito yatowe,  igaragaza ishusho  yibyabaye mu . Ntabwo Abatutsi bishwe nkuko inkuba yakubita abantu, habaye ibikorwa byinshi byerekanaga ko bahigwa bukware ko bazicwa, byandikwa mu bitangazamakuru ariko Umuryango Mpuzamahanga uricecekera. Jenoside yarateguwe ishyirwa no mubikorwa.

Nubwo Inteko y’Umuryango w’Abibumbye yemeje uyu mwanzuro, Amerika n’u Bwongereza ntabwo bawutoye ariko ntibanawurwanyije. Bo bumvaga ko abahutu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi batibukwa kandi ari ukwibeshya cyane. Iminsi irindwi y’icyunamo mu Rwanda yo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi isozwa hibuka Abanyapolitiki bishwe tariki ya 13 Mata buri mwaka. Abishwe bazize ibitekerezo n’ibikorwa byabo byari bibangamiye umugambi wa Jenoside ntabwo bibagiranye, ariko icyahigwaga muri 1994 ni Umututsi aho ava akagera. N’Abatutsi bari barwariye mu bitaro by’abarwayi bo mu mutwe I Ndera barishwe.

Ibi ariko siko Interahamwe n’abambari bazo babisomye, bo bumviseko ya Jenoside baririmba mu magambo ariyo bari kuvuga; basomye ibi bari mubwonko cyane cyane ko birengagiza nkana ibimenyetso ndetse n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ku mpamvu ebyiri: Guhunga ubutabera no gusunika iminsi. Ibi bikorwa cyane cyane n’abakoze Jenoside bagakorerwa mu ngata n’abana babo. Ibi Rushyashya yabigarutseho kenshi ivuga urubyiruko rwibumbira mu mashyirahamwe bagamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukorera ubuvugizi ba Sekibi aribo babyeyi babo.

Kubera iki uyu munsi?

Uyu mwanzuro ugaragaza inyito umaze imyaka ibiri utowe, naho amabaruwa amaze ukwezi kurenga; Amerika n’u Bwongereza barasubijwe ku mpungenge bari bafite zitagira aho zihuriye nibyo Interahamwe n’abambari bazo bibwira.  Nyuma yuko umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi ufatwa nk’umukuru w’icyubahiro w’Interahamwe, Kabuga Felesiyani afatiwe, abahakanyi ba Jenoside barakonje kuko isi yose niyo makuru, ntaho bamenera.  Bagerageje kwandika inyandiko zimushyigikira ariko biba ubusa bakoresheje inshuti zabo. Ibi kandi bije byiyongera mu kuba imitwe yitwara gisirikari harimo igizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda irimo FDLR na RUD Urunana  irimbukiye muri Kongo umwaka ushize ndetse no muntangiriro zuyu mwaka, kandi ariho bari bateze icyizere ngo bazongera bisubize u Rwanda bahekuye.

2020-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rtd Maj. Mudasiru wari mu ngabo za Kayumba muri RD-Congo na bagenzi be batangiye kuburanishwa

Rtd Maj. Mudasiru wari mu ngabo za Kayumba muri RD-Congo na bagenzi be batangiye kuburanishwa

Ubwanditsi 02 Oct 2019
Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Ubwanditsi 05 Jul 2018
CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi
ITOHOZA

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka
Amakuru

Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Ubwanditsi 28 Jun 2025
Henok Muluberhan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, Byukusenge Patrick aba Umunya-Rwanda waje hafi
Amakuru

Henok Muluberhan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, Byukusenge Patrick aba Umunya-Rwanda waje hafi

Ubwanditsi 24 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru