• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Ubwanditsi 26 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 18 Mutarama 2018, Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yemeje guhindura inyito y’umwanzuro A/RES/58/234 watowe tariki ya 23 Ukuboza 2003 yemezagako tariki ya 7 Mata ari Umunsi wo Kwibuka no Kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe inyito ya 2003 yavugaga Jenoside yabaye mu Rwanda.

Umwanzuro ntiwahindutse ahubwo inyito niyo yahindutse aho kuvuga Jenoside yo mu Rwanda, inyito yahindutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Iyi mvugo igaragaza neza ibyabaye mu Rwanda mu mwaka wa 1994, aho ari ngombwa kugira inyito ihuye n’ibyabaye kuko abakoze Jenoside ndetse n’ababashyigikiye bafite amayeri menshi agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, bashaka kuyita intamabara hagati y’amoko, amahano n’ibindi bitagaragaza uwishwe ndetse n’uwamwishe.

Guhera muri Mata 1994 kugeza Nyakanga 1994, Abatutsi barenga Miliyoni imwe, abana abagore n’abagabo barishwe bazize uko bavuze. Abitandukanyije nuwo mugambi ariko batahigwaga nabo bamwe barishwe abandi barakomeretswa basigirwa ubumuga. Iyi nyito yatowe,  igaragaza ishusho  yibyabaye mu . Ntabwo Abatutsi bishwe nkuko inkuba yakubita abantu, habaye ibikorwa byinshi byerekanaga ko bahigwa bukware ko bazicwa, byandikwa mu bitangazamakuru ariko Umuryango Mpuzamahanga uricecekera. Jenoside yarateguwe ishyirwa no mubikorwa.

Nubwo Inteko y’Umuryango w’Abibumbye yemeje uyu mwanzuro, Amerika n’u Bwongereza ntabwo bawutoye ariko ntibanawurwanyije. Bo bumvaga ko abahutu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi batibukwa kandi ari ukwibeshya cyane. Iminsi irindwi y’icyunamo mu Rwanda yo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi isozwa hibuka Abanyapolitiki bishwe tariki ya 13 Mata buri mwaka. Abishwe bazize ibitekerezo n’ibikorwa byabo byari bibangamiye umugambi wa Jenoside ntabwo bibagiranye, ariko icyahigwaga muri 1994 ni Umututsi aho ava akagera. N’Abatutsi bari barwariye mu bitaro by’abarwayi bo mu mutwe I Ndera barishwe.

Ibi ariko siko Interahamwe n’abambari bazo babisomye, bo bumviseko ya Jenoside baririmba mu magambo ariyo bari kuvuga; basomye ibi bari mubwonko cyane cyane ko birengagiza nkana ibimenyetso ndetse n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ku mpamvu ebyiri: Guhunga ubutabera no gusunika iminsi. Ibi bikorwa cyane cyane n’abakoze Jenoside bagakorerwa mu ngata n’abana babo. Ibi Rushyashya yabigarutseho kenshi ivuga urubyiruko rwibumbira mu mashyirahamwe bagamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukorera ubuvugizi ba Sekibi aribo babyeyi babo.

Kubera iki uyu munsi?

Uyu mwanzuro ugaragaza inyito umaze imyaka ibiri utowe, naho amabaruwa amaze ukwezi kurenga; Amerika n’u Bwongereza barasubijwe ku mpungenge bari bafite zitagira aho zihuriye nibyo Interahamwe n’abambari bazo bibwira.  Nyuma yuko umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi ufatwa nk’umukuru w’icyubahiro w’Interahamwe, Kabuga Felesiyani afatiwe, abahakanyi ba Jenoside barakonje kuko isi yose niyo makuru, ntaho bamenera.  Bagerageje kwandika inyandiko zimushyigikira ariko biba ubusa bakoresheje inshuti zabo. Ibi kandi bije byiyongera mu kuba imitwe yitwara gisirikari harimo igizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda irimo FDLR na RUD Urunana  irimbukiye muri Kongo umwaka ushize ndetse no muntangiriro zuyu mwaka, kandi ariho bari bateze icyizere ngo bazongera bisubize u Rwanda bahekuye.

2020-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Ubwanditsi 24 May 2021
Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Ubwanditsi 17 Aug 2022
Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba kumva ko umutekano wabo urinzwe, kandi usesuye

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba kumva ko umutekano wabo urinzwe, kandi usesuye

Ubwanditsi 08 Nov 2019
“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

Ubwanditsi 12 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize
Amakuru

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ubwanditsi 14 Feb 2024
M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri
Amakuru

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Ubwanditsi 10 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru