• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Editorial 10 May 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yasabye abagize komisiyo ishinzwe ivugurura ry’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, guca imvugo y’uko Abanyafurika ari bo bitera ibyago.

Perezida Kagame yabitangarije mu nama nyunguranabitekerezo yagiranye n’Abaminisitiri n’abahagarariye ibihugu byabo, bari muri komisiyo ishinzwe iby’ivugurura ry’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, yabahuje kuri iki cyumweru tariki 07 Gicurasi 2017.

Yagize ati “Igihe kirageze ko twicara tukabwizanya ukuri, tukibaza tuti kare kose twari dutegereje nde? Turaza gusanga nta wundi ari twe twaburaga. Birababaje gukomeza kuvuga uko Afurika imeze ubu, mu gihe tutayobewe aho twakabaye tugeze.”

Ibyo yabitangaje nyuma y’aho abitabiriye inama bahagarariye ibihugu byabo uko ari 54 bifuje ko buri gihugu cyajya kigena umusanzu bitewe n’ibicuruzwa gitumiza mu mahanga.

Ni ukuvuga ko buri gihugu kitatanga angana n’ay’ikindi kuko cyajya gitanga umusanzu muri Afurika yunze Ubumwe ungana na 0.2%.

-6491.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Uyu mwanzuro kandi wafashwe mu gihe ibihugu byinshi bihuriye muri uyu muryango byari byarananiwe kuzuza inshingano zo gutanga umusanzu wabyo, kandi ayo mafaranga ari yo afasha mu gukora ibikorwa biteza Afurika imbere.

Musa Faki Mahamat,Umuyobozi mukuru w’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, yavuze ko amezi asigaye y’uyu mwaka akwiye kuba nk’inzibacyuho, kugira ngo umwaka wa 2018 uzatangire ibyemeranijweho muri iyi nama bihita bishyirwa mu bikorwa.

Yaboneyeho no kwibutsa ko bamwe mu baterankunga bari baratangiye kwibaza iby’imikorere y’uyu muryango, bavuga ko bidafututse.

Ati “Hari abaterankunga baduha agera kuri 80% by’ingengo y’imari bari baratangiye kwibaza ibibazo ku bijyanye n’imikorere yacu.”

-6492.jpg

Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat

Yavuze ko ivugurura rishya (reforms) rizaba rifite imishinga 900 izashyirwa mu bikorwa n’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe.

Yaboneyeho no gusaba Perezida Kagame gutekereza ku bantu b’inararibonye bazashyira mu bikorwa iyo mishinga.

Ku bijyanye no gushaka amafaranga, hatekerejwe komite y’Abaminisitiri 10 bazaba bashinzwe ibijyanye n’amafaranga no gukora ku buryo ikigega cy’Afurika yunze Ubumwe gicungwa neza.

Donald Kaberuka wahoze ayobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD), yavuze ko amahanga yatangiye gushyigikira icyemezo cy’uko komisiyo y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe yakwishakamo ubushobozi binyuze mu misoro baka.

Ati “Uretse Amerika ibindi bihugu nk’ibigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi byagaragaje ko bidushyigikiye, binemera ubufasha bwose bukenewe kugira ngo imishinga dufite ishyirwe mu bikorwa.”

-6493.jpg

Donald Kaberuka wahoze ayobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD)

Kaberuka yavuze ko atari ubwa mbere komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe yaba igiye gushaka amafaranga atuma ikora,iyakuye mu misoro y’ibyinjizwa kuko no mu myaka yashize byigeze kubaho.

Gusa yavuze ko zimwe mu mbogamizi iyi komisiyo izahura na zo ari uko ibihugu by’Afurika byose bitisanzura mu bucuruzi (Free Trade Zone), aho byasaba ko hari bimwe mu bihugu byajya bisoreshwa ibindi ntibisoreshwe.

Ati “Ubu tuvugana ariko icyo kibazo cyakemutse. Ibihugu byose byasabwe gushaka uburenganzira bubyemerera kujya mu gice gikorerwamo ubucuruzi bwisanzuye kandi n’igihe ntarengwa cyashyizweho buri gihugu kikaba cyabyubahirije. Ikibazo gisigaye ni ukwibaza uko twaba tubigenza hagati aho.”

U Rwanda ni rwo rwatanzweho urugero rwa kimwe mu bihugu by’Afurika byavuye mu icuraburindi, rukaba ruri gusatira ubukungu bufatika.

Kuri iyo ngingo, Perezida yibukije abitabiriye iyi nama ati “Ntawaduha amahoro, ubukungu n’ubwigenge n’agaciro (byose nitwe tugomba kubyishakamo).”
Imwe mu myanzuro yafashwe hashingiwe ku miterere ya Afurika, ni uko hatezwa imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu by’Afurika.

-6495.jpg

-6494.jpg

Strive Masiyiwa, Umushoramari mu by’ikoranabuhanga ukomoka muri Zimbabwe akaba no muri iyi komisiyo ishinzwe iby’ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe yavuze ko Afurika ibarirwa ku musaruro mbumbe (DGP) wa tiriyoni 30 z’Amadolari y’Amerika, bikiyongeraho ko, 60% by’Abanyafurika ari urubyiruko ruri munsi y’imyaka 30.

Source: KT

2017-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Editorial 02 May 2021
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Editorial 20 Mar 2021
Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Editorial 24 Apr 2018
RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

Editorial 22 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intara y’Iburasirazuba: Abaturage basabwe gufatanya kurwanya ubujura bw’amatungo
Mu Mahanga

Intara y’Iburasirazuba: Abaturage basabwe gufatanya kurwanya ubujura bw’amatungo

Editorial 26 Aug 2016
U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame
POLITIKI

U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

Editorial 23 Feb 2018
BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari
Mu Rwanda

BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

Editorial 31 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru