• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Ubwanditsi 16 May 2018 Mu Rwanda

Itsinda rya Minisiteri y’uburezi ryari rimaze iminsi 10 rikora ubukangurambaga ku ireme ry’uburezi mu karere ka Kirehe ryasabye ko hagira igikorwa ku bayobozi b’ibigo bitatu ryasanze mo ibibazo bikomeye, akarere gahita kavuga ko kazabirukana.

Umuyobozi w’iki kigo cya GS Rugoma Emile Mukunzi.

Umuyobozi w’iki kigo cya GS Rugoma Emile Mukunzi uri mu bashobora kwirukanwa.

Ku mugoroba wo kuwa kabiri, ririya tsinda ryamurikiye akarere ka Kirehe ibyo ryasanze mu bigo 21 ryasuye, bingana na 30.8% y’ibigo byose biri mu karere ka Kirehe.

Umuyobozi wa IPRC Ngoma Ing. Ephrem Musonera wari uyoboye iri tsinda yagaragaje ko muri ibi bigo hari ibyiza bihakorerwa ariko hakiri n’ibibazo birimo iby’isuku, imikorere n’imyigishirize itanoze y’abarimu, ikoreshwa ry’ururimi rw’icyongereza riri hasi, ubucucike bushingiye ku bikorwaremezo bike, gufata nabi no kudakoresha uko bikwiye mudasobwa Leta yahaye ibigo by’amashuri n’ibindi.

Ing. Musonera muri raporo yahaye akarere yagaragaje ko byinshi muri ibi bibazo bishingiye ku bushobozi buke bwa bamwe mu bayobozi b’ibigo no kudakora akazi kabo neza.

Ndetse anasaba ko ubuyobozi bw’akarere bugira icyo bukora ku bibazo by’imiyoborere biri mu bigo bitandukanye.

Ati “Hari aho twasanze abana barya saa kumi wabaza umuyobozi w’ikigo ati: izo ni inshingano za Accountant ntabwo bindeba iyo ntabwo ari imikoranire.

Hari abarimu birukana abanyeshuri babatumye amafaranga atazwi, abarimu baza kwigisha banyoye inzoga, ariko ugasanga umuyobozi w’ikigo ntabizi, ibyo ni ibibazo bibangamiye ireme ry’uburezi bishingiye ku buyobozi.”

Ing. Ephrem Musonera, umuyobozi wa IPRC Ngoma wari uyoboye iri tsinda rya MINEDUC.

Ing. Ephrem Musonera, umuyobozi wa IPRC Ngoma wari uyoboye iri tsinda rya MINEDUC.

Iri tsinda rya MINEDUC ryasabye by’umwihariko ko habaho impinduka mu buyobozi bwa GS Rugarama II, GS Rugoma, na GS Kigina kubera amakosa akomeye ryahasanze.

Umuyobozi w’akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage MUKANDARIKANGUYE Gérardine.

MUKANDARIKANGUYE Gérardine

Umuyobozi w’akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage MUKANDARIKANGUYE Gérardine, yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru  ko aba bayobozi impinduka zasabwe mu buyobozi bw’ibigo zigiye gukorwa.

Ati “Ibigo twagaragarijwe by’abayobozi bakwiye guhinduka ntabwo ari ugukurwa ahantu ujyanwa ahandi kandi aho yari ari afite ibyo yahishe, turakurikiza amategeko babihanirwe, bamenye ko izo nshingano zabananiye bave muri izo nshingano bajye mubyo bashobora gukora hashyirweho ubundi buyobozi bw’ibigo by’amashuri.”

MUKANDARIKANGUYE avuga ko akarere kagiye gutangira nako icyumweru cy’uburezi kizaba kigamije kugera mu bigo byose kugira ngo baganire n’abarezi ndetse n’ubuyobozi.

Ati “Ni ubukangurambaga buzaba nabwo bugamije kongera kugenzura kugira ngo abagaragaraho amakosa bayahanirwe.”

Aba bayobozi bariyongera ku barezi bagera kuri batandatu nabo basabiwe ‘ibihano by’akazi’ mu minsi iri tsinda rya MINEDUC rimaze mu karere ka Kirehe ndetse bamwe baranabihawe.

Itsinda rya MINEDUC ryagiye rigaragaza impamvu risaba impinduka mu buyobozi bwa biriya bigo.

Itsinda rya MINEDUC ryagiye rigaragaza impamvu risaba impinduka mu buyobozi bwa biriya bigo.

Sr: Umuseke

 

2018-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Ubwanditsi 09 Sep 2022
Burundi: Iperereza ryataye muri yombi abantu barimo n’umugore wa Minisitiri w’ibidukikije wishwe

Burundi: Iperereza ryataye muri yombi abantu barimo n’umugore wa Minisitiri w’ibidukikije wishwe

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Ubwanditsi 08 May 2021
Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Ubwanditsi 29 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rukundo Abdoul Rahman wakiniraga Amagaju FC yerekeje muri  Rayon Sports ku masezerano y’imyaka 2
Amakuru

Rukundo Abdoul Rahman wakiniraga Amagaju FC yerekeje muri Rayon Sports ku masezerano y’imyaka 2

Ubwanditsi 29 Jun 2024
Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ushinjwa kugambanira  Igihugu  yarekuwe
Mu Rwanda

Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ushinjwa kugambanira Igihugu yarekuwe

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.
Amakuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Ubwanditsi 11 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru