• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Editorial 13 Oct 2016 Amakuru

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko hari imbaraga nyinshi abantu bafite zo gukemura ibibazo bafite ari yo mpamvu ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere yita ko ricagase.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 13 Ukwakira 2016 ubwo yitabiraga inama ya 28 y’ibihugu byasinye amasezerano ya Montreal Protocol ibera muri Kigali Convention Centre.

Amasezerano ya Montreal ni amasezerano mpuzamahanga agamije kurinda akayunguruzo k’izuba hifashishijwe ingamba zo guhagarika iboneka ry’ibikoresho byangiza aka kayunguruzo n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Kubera aya masezerano hagabanijwe ibyuka byangiza akayunguruzo ku Isi, ubu karimo gusubirana bitazarenza 2050.

U Rwanda ruzwiho uruhare mu gushyira mu bikorwa amasezerano ya Montreal, rugakora ndetse ibirenze ku ntego zari ziteganyijwe, ndetse no kuzuza inshingano mbere y’igihe.

Perezda Kagame yavuze ko abayobozi bafite inshingano yo kwirinda ko ihindagurika ry’ibihe rikomeza kugira ingaruka ku baturage babo n’ibidukikije.

Yagize ati “Ubutumwa bwanjye uyu munsi ni ukubahamagarira mwese gukora ibyo twiyemeje kandi tukabikora neza. Uyu munsi kubera aya masezerano, akayunguruzo k’imirasire y’Izuba karagenda gakira buhoro buhoro. Isi ntabwo igenda ikena, ahubwo tumaze kubona impinduka zikomeye mu bukungu aho imibereho myiza yiyongera.”

Yunzemo ati “Ntidukwiye guhora twumva ko kwita ku bidukikije hari ibyo bisigaza inyuma. Ntabwo tugomba kunyurwa n’iterambere ricagase kandi dufite imbaraga zo gukemura ibibazo byose dufite.”

Umukuru w’Igihugu kandi avuga ko uko byinshi bikorwa ari nako ikiguzi cy’ibikorwa kigabanuka, ari nako nako umutwaro w’ibidukikije uzagabanuka ku bo mu gihe kizaza.

Yagize ati “Inshigano zo gukora ntabwo zifitwe na za Leta gusa, ahubwo n’abahanga mu bya siyanse ndetse n’abikorera tugomba gufatanya. Tugomba guhora twibuka ko twungukira cyane mu gushyira mu bikorwa ibyo tuba twiyemeje.”

Perezida Kagame agaragaza ko buri wese akoze neza bizagabanya ibyangiza ikirere ku kigero cyo hejuru, bityo bakomeze kurinda agakingirizo k’imirasire y’Izuba.

Abahagarariye ibihugu 197 bateraniye i Kigali mu nama ya 28 y’Ibihugu byasinye Amasezerano Mpuzamahanga ya Montreal ajyanye no kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba.

Biteganyijwe ko iyi nama izafata icyemezo gikomeye mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kuva hakemezwa Amasezerano ya Paris: ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal.

-4345.jpg

-4347.jpg

-4346.jpg

Iri vugururwa ry’Amasezerano ya Montreal riramutse ryemejwe ryaca burundu ikora n’ikoreshwa ry’imyuka izwi nka “hydrofluorocarbons” yifashishwa mu byuma bikonjesha ariko ikaba ifite ubukana bukabije mu kuzamura urugero rw’ubushyuhe bw’isi.

Mu gihe aya masezerano yavugururwa, abatuye Isi baba birinze izamuka ry’ubushyuhe ringana na 0.5°C mbere y’uko iki kinyejana kirangira. Ibi kandi byanagabanya hagati ya toni 100 na 200 z’ibyuka bihumanya ikirere bizwi nka “carbones” bitarenze umwaka wa 2050.

Source : Izuba rirashe

2016-10-13
Editorial

IZINDI NKURU

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Editorial 14 Oct 2020
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Editorial 05 Mar 2021
Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Editorial 31 Aug 2021
U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Editorial 21 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC
ITOHOZA

Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC

Editorial 07 Jul 2018
General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda
Amakuru

General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda

Editorial 25 Nov 2024
Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.
Amakuru

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Editorial 11 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru