• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Ubwanditsi 13 Oct 2016 Amakuru

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko hari imbaraga nyinshi abantu bafite zo gukemura ibibazo bafite ari yo mpamvu ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere yita ko ricagase.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 13 Ukwakira 2016 ubwo yitabiraga inama ya 28 y’ibihugu byasinye amasezerano ya Montreal Protocol ibera muri Kigali Convention Centre.

Amasezerano ya Montreal ni amasezerano mpuzamahanga agamije kurinda akayunguruzo k’izuba hifashishijwe ingamba zo guhagarika iboneka ry’ibikoresho byangiza aka kayunguruzo n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Kubera aya masezerano hagabanijwe ibyuka byangiza akayunguruzo ku Isi, ubu karimo gusubirana bitazarenza 2050.

U Rwanda ruzwiho uruhare mu gushyira mu bikorwa amasezerano ya Montreal, rugakora ndetse ibirenze ku ntego zari ziteganyijwe, ndetse no kuzuza inshingano mbere y’igihe.

Perezda Kagame yavuze ko abayobozi bafite inshingano yo kwirinda ko ihindagurika ry’ibihe rikomeza kugira ingaruka ku baturage babo n’ibidukikije.

Yagize ati “Ubutumwa bwanjye uyu munsi ni ukubahamagarira mwese gukora ibyo twiyemeje kandi tukabikora neza. Uyu munsi kubera aya masezerano, akayunguruzo k’imirasire y’Izuba karagenda gakira buhoro buhoro. Isi ntabwo igenda ikena, ahubwo tumaze kubona impinduka zikomeye mu bukungu aho imibereho myiza yiyongera.”

Yunzemo ati “Ntidukwiye guhora twumva ko kwita ku bidukikije hari ibyo bisigaza inyuma. Ntabwo tugomba kunyurwa n’iterambere ricagase kandi dufite imbaraga zo gukemura ibibazo byose dufite.”

Umukuru w’Igihugu kandi avuga ko uko byinshi bikorwa ari nako ikiguzi cy’ibikorwa kigabanuka, ari nako nako umutwaro w’ibidukikije uzagabanuka ku bo mu gihe kizaza.

Yagize ati “Inshigano zo gukora ntabwo zifitwe na za Leta gusa, ahubwo n’abahanga mu bya siyanse ndetse n’abikorera tugomba gufatanya. Tugomba guhora twibuka ko twungukira cyane mu gushyira mu bikorwa ibyo tuba twiyemeje.”

Perezida Kagame agaragaza ko buri wese akoze neza bizagabanya ibyangiza ikirere ku kigero cyo hejuru, bityo bakomeze kurinda agakingirizo k’imirasire y’Izuba.

Abahagarariye ibihugu 197 bateraniye i Kigali mu nama ya 28 y’Ibihugu byasinye Amasezerano Mpuzamahanga ya Montreal ajyanye no kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba.

Biteganyijwe ko iyi nama izafata icyemezo gikomeye mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kuva hakemezwa Amasezerano ya Paris: ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal.

-4345.jpg

-4347.jpg

-4346.jpg

Iri vugururwa ry’Amasezerano ya Montreal riramutse ryemejwe ryaca burundu ikora n’ikoreshwa ry’imyuka izwi nka “hydrofluorocarbons” yifashishwa mu byuma bikonjesha ariko ikaba ifite ubukana bukabije mu kuzamura urugero rw’ubushyuhe bw’isi.

Mu gihe aya masezerano yavugururwa, abatuye Isi baba birinze izamuka ry’ubushyuhe ringana na 0.5°C mbere y’uko iki kinyejana kirangira. Ibi kandi byanagabanya hagati ya toni 100 na 200 z’ibyuka bihumanya ikirere bizwi nka “carbones” bitarenze umwaka wa 2050.

Source : Izuba rirashe

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Ubwanditsi 30 Apr 2022
Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Ubwanditsi 11 Jun 2024
Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Ubwanditsi 18 Jan 2022
Mamadou Sy na Dauda Youssef bari bahagaritswe na APR FC, bababariwe basubizwa mu kazi

Mamadou Sy na Dauda Youssef bari bahagaritswe na APR FC, bababariwe basubizwa mu kazi

Ubwanditsi 31 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurundi yacikanye amapingu ahungira mu Rwanda
ITOHOZA

Umurundi yacikanye amapingu ahungira mu Rwanda

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage
Mu Rwanda

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Ubwanditsi 15 Dec 2017
RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana
UBUKERARUGENDO

RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

Ubwanditsi 22 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru