• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Ubwanditsi 14 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Laure Nkundakozera Uwase akomeje kubera ihurizo rikomeye abagize icyiswe Komisiyo yo gucukumbura ukuri ku byabaye muri Kongo mu gihe cy’ubukoloni aho amateka agaragaza ko Ububiligi bwishe abaturage benshi muri icyo gihugu ndetse kikanasahura umutungo ku buryo bw’indengakamere. Iyi Komisiyo igaragara nkaho ari politiki kurusha ukuri n’ubwiyunge nkuko ivugako ko ari icyo igamije.

Iyi komisiyo yashyizemo Laure Uwase Nkundakozera, umunyarwandakazi ufite ubwenegihugu bw’Ububiligi ariko akaba ari umwe mu bashinze Jambo asbl igizwe n’abana b’abicanyi bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Iyo Jambo yashinzwe kugirango ihakane Jenoside yakorewe Abatutsi hagamijwe gutagatifuza ababyeyi babo bavuga ko bazira politiki.

Laure Uwase yinjiye muri Komisiyo binyuze mu ishyaka CDNv (Ishyaka riharanira demokarasi ry’abakirisitu b’abafarama) akaba yarafashe umwanya wa Filip Reyntjens uzwiho kuba umuvugizi w’Akazu ka Habyarimana. Laure Uwase si Umunyamateka si ni umuhanga mu bya Politiki ahubwo ni umugore wakuriye mu ngengabitekerezo ya Jenoside akomora kuri se umubyara Nkundakozera, wacitse ubutabera kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse na nyina umubyara Agnes Mukarugomwa abenshi bakaba bamwita Valerie Bemeriki kubera ibyo atangaza kuri Radio ye ikorera kuri Internet.

Ntabwo bigoye kumenya Laure Uwase uwariwe kuko bisaba kureba inyandiko yanditse ku Kinyamakuru cya Jambo asbl. Umwe mu badepite bo mu Bubiligi witwa Björn Anseeuw yavuzeko ari agahomamunwa kubona Laure Uwase akiri muri iyi komisiyo, kuko bizatesha agaciro nibyo izatangaza.

Yagize ati “Kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo kuri Kongo, twarenze umurongo ntarengwa aho Komisiyo ndetse n’Inteko ishinga Amategeko byitesheje agaciro tutibagiwe n’igihugu muri rusange. Komisiyo yamugaragaje nk’umuhanga kandi yihisha inyuma y’umuryango udaharanira inyungu kugirango ashyigikire imitwe iteza imidugararo mu karere k’ibiyaga bigari.

Depite Björn Anseeuw yakomeje agira ati « Niyo mpamvu ku nshuro ya gatatu nasabye bagenzi banjye ngo Laure Uwase ntakomeze kuba muri iyi Komisiyo, ahubwo andi mashyaka akora nk’ibisanzwe”.
Twunze mubyo Depite Björn Anseeuw yatangaje, Laure Uwase usibye guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, we ubwe ari kumwe na Robert Mugabowindekwe, ukuriye Jambo asbl muri iki gihe, berekeje mu gihugu cy’u Burundi kuganira na bamwe mu bayobozi ba FDLR bari muri icyo gihugu ndetse bakaba barakiriwe na Alain Guillaume Bunyoni wari Minisitiri w’Umutekano muri icyo gihe.

Laure Uwase ubu yasabwe guceceka ntagire icyo avuga ku kibazo cy’amateka umuntu akaba yibaza icyo ari gukora muri iyo Komisiyo. Nyuma yaho umwe mu bagize Komisiyo yeguye kubera umwanya w’igihe, ubu Perezida wa Komisiyo yemeje ko asimburwa n’Umunyarwanda. Nkuko Ababiligi barangwa n’ivangura mu buzima bwabo bwa buri munsi (abawaro n’abafarama niryo shingiro rya politiki yabo) nabo bumva ko kuba barafashe Laure Uwase w’umuhutu ubu bazafata Umututsi, biyibagiza ko ikibazo cya Laure atariko ari umuhutukazi ahubwo ari umuhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Rimwe mu mazina ryagiye hanze aho Rushyashya yamenye ko bashaka Paul Rutayisire.

Ikigaragara ni uko iyo Komisiyo izahitamo gukorana na jambo asbl, agatsiko k’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi cyangwa se Abanyarwanda muri rusange.
Nabo ubwabo barabibona ko Laure Uwase ari ikibazo akaba ariyo mpamvu bamusabye guceceka. Ikibazo cya Laure Uwase cyaje cyiyongera ku bindi banenga kuri iyi Komisiyo aho benshi batiyumva muri iyi komisiyo, uhereye ku Babiligi babaye muri Kongo, abakongomani baba muri icyo gihugu n’abandi. Ikigaragara ibizava muri iyi komisiyo nta gaciro bizagira.

Laure Uwase abereye urugero abandi bahakanyi bose ba Jenoside yakorewe Abatutsi ko iminsi iba myinshi igahimwa numwe. Ibikorwa byose byabo bigira inkurikizi mbi yaba uyu munsi cyangwa ejo hazaza.

2020-10-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 05 Dec 2020
Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Ubwanditsi 20 May 2019
Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Ubwanditsi 31 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS
Amakuru

Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Ubwanditsi 17 Mar 2021
Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.
Amakuru

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Umunyemari Rujugiro Tribert urupfu ruramugera amajanja
ITOHOZA

Umunyemari Rujugiro Tribert urupfu ruramugera amajanja

Ubwanditsi 06 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru