• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yageze i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Perezida Kagame yageze i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Editorial 07 Jun 2017 ITOHOZA

Umukuru w’Igihugu Perezida wa Repubulika Paul Kagame, Kuri uyu wa Gatatu Taliki ya 07 Kamena, yageze i Bruxelles mu Bubiligi mu nama yiga ku iterambere mu bukungu no kugabanya icyuho hagati y’abakire n’abakene.

Ni inama ngarukamwaka (Annual European Development Days Forum) yatumiwemo na Perezida wa Komisiyo Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi Jean-Claude Juncker, inama yitabirwa n’abafata ibyemezo muri Politiki, abahanga mu bukungu n’izindi mpuguke mu mibereho myiza n’iterambere rya muntu.

-6835.jpg

Perezida Kagame ku kibuga cy’Indege cy’ Amsterdam

Iyi nama kandi izitabirwa n’abandi bayobozi nka Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Perezida wa Senegal, Togo, Malawi, Guyana, Guinea, Minisitiri w’intebe wa Norvege n’abandi.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi Olivier Nduhungirehe yabwiye RBA ko Perezida Kagame yatumiwe nk’umuntu wagize uruhare runini mu kuzamura imibereho y’Abanyarwanda bityo akaba ashobora gusangiza abandi uburanaribonye muri uru rwego.

-6834.jpg

Ambasaderi w’u rwanda mu Bubiligi Olivier Nduhungirehe

Amb Nduhungirehe yavuze ko nyuma y’iyi nama y’iminsi ibiri, Umukuru w’igihugu azayobora inama ihuza Abanyarwanda baba mu mahanga izwi nka Rwanda Day.

Yavuze ko kugeza ubu mu Bubiligi haba Abanyarwanda barenga ibihumbi bine, kandi ngo n’abandi batuye hafi y’Ububiligi bazaza kwifatanya na bagenzi babo mu kwizihira Rwanda Day iba buri mwaka mu mijyi y’ibihugu bitandukanye by’amahanga.

Rwanda Day yabaye umwaka ushize yabereye muri Leta zunzeu ubumwe z’Amerika mu mujyi wa San Francisco mu Majyaruguru ya Leta ya California.

Muri Rwanda Day 2016 abayitabiriye baganiriye ku cyakorwa ngo bateze imbere umuco nyarwanda kandi birinde gufata ibiturutse hanze byose ngo babigire ibyabo.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rugomba gukora cyane rukagira ibyo rwigezaho bityo naryo rukabona ibyo rugurisha abandi, rugatera imbere.

Perezida Kagame arageza ijambo ku nama ya EU yiga ku iterambere

Iyi nama ikomeye ku mugabane w’u Burayi yiga ku iterambere, yatangiye kuba mu 2006. Itegurwa na Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi; buri mwaka igahuriza hamwe imiryango igamije iterambere aho ihanahana ibitekerezo n’ubunararibonye hagamijwe kwimakaza imikorere mishya no gushakira ibisubizo ibibazo byugarije isi.

Imaze kwitabirwa n’abayobozi bakomeye ku isi bagera ku 100, barindwi mu bahawe igihembo cya Nobel, abamurika ibikorwa byabo basaga 500, ibihugu 154 n’abantu 42,000 muri rusange.

Iy’uyu mwaka iraza kwitabirwa n’abantu basaga ibihumbi bitandutu bo mu miryango mpuzamahanga igamije iterambere no mu bihugu bitandukanye.

Perezida Kagame araza gufata ijambo mu ifungurwa ryayo aho ari buvuge ku ngingo zirimo iterambere ry’abikorera ku giti cyabo, uburinganire ndetse no ku kongerera ubushobozi urubyiruko.

Iyi nama irabera mu nyubako izwi nka Tour & Taxis mu Mujyi wa Bruxelles.

-6833.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

2017-06-07
Editorial

IZINDI NKURU

Red Pepper yanditse ko Museveni ‘ategura guhungabanya’ ubutegetsi bw’u Rwanda, yafunguwe

Red Pepper yanditse ko Museveni ‘ategura guhungabanya’ ubutegetsi bw’u Rwanda, yafunguwe

Editorial 24 Jan 2018
RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

Editorial 20 Oct 2019
Padiri Alphonse Kabera yishwe anigishijwe isume yicazwa mu ntebe iwe

Padiri Alphonse Kabera yishwe anigishijwe isume yicazwa mu ntebe iwe

Editorial 26 Sep 2017
‘Ndakubwira ko bazakubitwa n’inkuba (NATO), bazumirwa, wowe uratinya iki?’ – PEREZIDA PUTIN

‘Ndakubwira ko bazakubitwa n’inkuba (NATO), bazumirwa, wowe uratinya iki?’ – PEREZIDA PUTIN

Editorial 22 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA: Abadepite b’Aba- républicains bemeje ko Perezida Putin atafashije Trump mu matora
POLITIKI

USA: Abadepite b’Aba- républicains bemeje ko Perezida Putin atafashije Trump mu matora

Editorial 13 Mar 2018
Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Editorial 09 Sep 2018
Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha

Editorial 12 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru