• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Ubwanditsi 23 Feb 2017 Mu Mahanga

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yambitse amapeti abofisiye bashya 478 harimo abakobwa 68, batorezwaga mu Ishuri Rikuru rya gisirikare riri i Gako mu Bugesera.

-5906.jpg

Perezida Kagame aha icyubahiro ba Ofisiye bato

Perezida Kagame yabambitse amapeti kuri uyu wa kane tariki 23 Gashyantare 2017.
Muri abo Bofisiye bashya, abagera kuri 454 bakurikiranye amasomo mu gihe kingana n’umwaka, abandi 24 bize amasomo y’umwihariko mu mahanga bahuguwe mu gihe kingana n’amezi arindwi.

Nyuma yo kubambika amapeti, Perezida Kagame yababwiye ko bagomba kwibuka inshingano yabo ikomeye yo kurinda Abanyarwanda bose.

Agira ati “Abenshi muracyari bato ariko mugomba kumva inshingano iremereye mufite kuko amateka mwarayabwiwe. Ubu nibwo igihugu kikigira ubusugire kuko bivuze kurengera ubuzima bwiza ku Banyarwanda bose”.

-5908.jpg

-5907.jpg

Abasirikare 478 bamaze umwaka n’amezi arindwi ku bafite ubumenyi bwihariye bose bakora imyitozo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Gako, bahawe ipeti rya sous-lieutenant.

Perezida Kagame avuga ko hakenewe umubare munini mu Ngabo z’Igihugu n’ibikoresho bihagije. Ariko ngo ibyo byose bigira umumaro mu gihe hari ubumenyi.
Yakomeje abahamagarira gukoresha ikoranabuhanga kuko isi igenda ihinduka mu buryo bukomeye haba mu bukungu, igisirikare n’ikoranabuhanga.

Umuyobozi w’agateganyo w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Gako mu Bugesera, Col FT Mpaka avuga ko abashoje imyitozo bagaragaje ubushobozi buhagije mu by’imitekerereze no mu bijyanye n’umubiri, ku buryo ngo ari abo kwizerwa.

Agira ati ”Bubatswemo ubushobozi bwo guhangana n’ibihe uko byaba bikomeye kose.”
Umwe mu barangije kwiga amasomo ya Gisirikare, Emmanuel Ntamugabumwe yagize ati ”Ibi byabanjirijwe no kuvanwa mu buzima bwa gisivili twinjizwa mu buzima bwa gisirikare, aho amezi abiri ya mbere twamaraga igihe tudasizinzira.”

Abanyeshuri batatu ba mbere bahawe igihembo na Perezida wa Repubulika, ni Alexandre Kayitare wabaye uwa mbere, Gilbert Nshimiyimana na Jean de Dieu Rwibutso.

Ni ku nshuro ya gatandatu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yambitse amapeti Abofisiye, mu rwego rwo kubaka ubunyamwuga bw’igisirikare cy’u Rwanda.

Imyitozo ya gisirikare bahabwa yibanda ku ntego eshatu ari zo indangagaciro, ubunyamwuga n’ubumenyi rusange; nabyo bigizwe n’amasomo yo kumasha, kwiyereka kwa gisirikare, imyitozo ngororamubiri.

Batozwa kandi kuyobora ingabo mu gihe cy’amahoro no mu gihe cy’imirwano, kurinda umutekano w’igihugu, kwitoza imiyoborere, ubuvuzi bw’ibanze, imicungire y’abantu n’ibintu.

-5909.jpg

Akarasisi

2017-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Yatuye igiceri cyo ku gihe cya Perezida Kayibanda nk’inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside

Yatuye igiceri cyo ku gihe cya Perezida Kayibanda nk’inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Icyumweru cyo Kwibuka cyasojwe

Icyumweru cyo Kwibuka cyasojwe

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Ubwanditsi 23 Mar 2016
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ubwanditsi 03 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD
Mu Rwanda

Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?
Amakuru

Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Ubwanditsi 07 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru