• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Editorial 12 Oct 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abasenateri babiri bo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, barimo Senateri Jim Inhofe wo mu ishyaka ry’aba-Républicains uhagarariye Leta ya Oklahoma na Senateri Mike Enzi bahuje ishyaka, we uhagarariye leta ya Wyoming.

Perezida Kagame wari kumwe na madamu, bakiriye izi ntumwa za rubanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, zageze mu gihugu ziturutse muri Tanzania. Zaje mu Rwanda zimaze kugirana ibiganiro byihariye na Perezida John Pombe Magufuli.

Senateri James ‘Jim’ Mountain Inhofe w’imyaka 82 ni umuntu ukomeye muri Komisiyo ya Sena Ishinzwe ibidukikije n’ibikorwa remezo no muri komisiyo ishinzwe igisirikare. Ahagarariye Leta ya Oklahoma muri Sena guhera mu 1994.

Senateri Michael ‘Mike’ Bradley Enzi w’imyaka 73, we ni Perezida wa Komisiyo ishinzwe ingengo y’imari, akaba ahagarariye Leta ya Wyoming guhera mu 1997. Iyo Komisiyo ayihuriramo na Bernie Sanders wahatanye na Hillary Clinton ashaka guserukira ishyaka ry’aba- Démocrate mu matora ya Perezida aheruka.

Aba basenateri bombi baheruka mu Rwanda muri Gashyantare umwaka ushize, nabwo bakaba barakiriwe na Perezida Kagame. Bari mu itsinda ry’abasenateri batandatu b’aba- Républicains ryari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, bayobowe na Senateri Jim Inhofe ubwe.

Mu 2009 nabwo baje mu Rwanda, baganira na Minisiteri y’Ingabo ku bufatanye mu bya gisirikare, haba mu birebana n’amahugurwa, ibikoresho bya gisirikare no gushyiraho Ishuri rya Gisirikare (Rwanda Defence Academy). Icyo gihe banashimye umusanzu u Rwanda rukomeje gutanga mu butumwa bwo kugarura amahoro.

Senateri Enzi, ahuje imyumvire na Perezida Donald Trump ku ngingo zimwe na zimwe zirimo imihindagurikire y’ibihe, nk’aho yashyigikiye umwanzuro wo kwivana mu masezerano ya Paris, agena uburyo bwo gukumira izamuka ry’igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi, kikaguma hasi ya 2°C ariko intego ikaba ko iki gipimo kigera hasi ya 1.5°C muri iki kinyejana.

Ayo masezerano ateganya uburyo amahanga afatanya mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe, n’inkunga ya miliyari 100 z’amadolari ya Amerika yo gutera inkunga imishinga igamije kurengera ikirere, guteza imbere ikoranabuhanga ritangiza ikirere no gushyigikira urugendo rugana ku bukungu butangiza ibidukikije.

Ba Senateri Enzi na Inhofe bashyigikiye cyane Perezida Trump mu kwivana muri ayo masezerano bafataga nk’ashobora kuba umuzigo ku banyamerika. U Rwanda rwo rwayemeje burundu, ndetse Ministiri w’Umutungo Kamere, Dr. Vincent Biruta aheruka gutangaza ko ruzayubahiriza nta kabuza.

Muri Kamena uyu mwaka, Senateri Enzi yasohoye itangazo ashima Perezida Trump, avuga ko ubuyobozi bwari bwaremeje ko Amerika ijya muri ayo masezerano butagishije inama Inteko Ishinga Amategeko kandi ari ko ariko Itegeko Nshinga ribiteganya.

Yakomeje agira ati “Amasezerano ya Paris ateganya byinshi bizaduturukaho, ahubwo akarekera ibindi bihugu nk’u Bushinwa, u Buhinde, hanze y’ikibazo mu myaka myinshi. Yari amasezerano mabi kuri Amerika.”

Senateri Enzi yanasinye ku ibaruwa yari irangajwe imbere na ba Senateri James Inhofe, bandikiye Perezida Trump bamusaba kwivana mu masezerano ya Paris.

Bavugaga ko kutivanamo byabangamira umugambi bafite wo kuvanaho burundu gahunda ubutegetsi bwa Obama bwari bwaratangije, igamije kwimakaza ikoreshwa ry’ingufu zitangiza ibidukikije (Clean Power Plan).

Aba basenateri banyuze mu bihugu byinshi

Senateri Inhofe na Enzi baje mu Rwanda baturutse muri Tanzania, igihugu bajyanyemo n’itsinda sena gukurikirana ibibazo birebana n’ibidukikije cyane cyane ibyanya bibungabunzwe, amashyamba n’urusobe rw’ibinyabuzima.

Nyuma y’ibiganiro byitabiriwe na Ambasaderi wa Amerika muri Tanzania, Dr Inmi Patterson, ba Senateri Inhofe na Enzi bashimiye Perezida Magufuli kuba yaremereye Abanyamerika ngo bashore imari muri icyo gihugu gikungahaye ku mitungo kamere.

Abo basenateri kandi kuwa Mbere bari mu Burundi, aho kuri uwo wa 9 Ukwakira bagiranye ikiganiro na Perezida Pierre Nkurunziza, cyibanze ku mbaraga zikomeje gushyirwa mu kugarura amahoro mu gihugu.

Ku cyumweru ho bari muri Jordanie muri Aziya, aho babonanye n’umwami Abdullah II bakaganira ku bufatanye bukwiye hagati y’ibihugu byombi no kurushaho kwagura ubutwererane, baganira no ku kibazo cy’impunzi zo muri Syria n’ingaruka zigira ku bukungu bw’icyo gihugu.

-8316.jpg

Senateri James ‘Jim’ Mountain Inhofe w’imyaka 82 na Senateri Michael ‘Mike’ Bradley Enzi w’imyaka 73

-8321.jpg

-8318.jpg

-8319.jpg

-8320.jpg

Photo : Village Urugwiro

2017-10-12
Editorial

IZINDI NKURU

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Editorial 22 Apr 2021
Imikino yamamaye y’amahirwe izwi cyane nka ’Betting’ yahagaritswe kubera kutishyura abatsindiye Amahirwe yabo

Imikino yamamaye y’amahirwe izwi cyane nka ’Betting’ yahagaritswe kubera kutishyura abatsindiye Amahirwe yabo

Editorial 14 Mar 2017
U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

Editorial 22 Sep 2017
Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Editorial 24 Jul 2021
Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Editorial 22 Apr 2021
Imikino yamamaye y’amahirwe izwi cyane nka ’Betting’ yahagaritswe kubera kutishyura abatsindiye Amahirwe yabo

Imikino yamamaye y’amahirwe izwi cyane nka ’Betting’ yahagaritswe kubera kutishyura abatsindiye Amahirwe yabo

Editorial 14 Mar 2017
U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

Editorial 22 Sep 2017
Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Editorial 24 Jul 2021
Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Editorial 22 Apr 2021
Imikino yamamaye y’amahirwe izwi cyane nka ’Betting’ yahagaritswe kubera kutishyura abatsindiye Amahirwe yabo

Imikino yamamaye y’amahirwe izwi cyane nka ’Betting’ yahagaritswe kubera kutishyura abatsindiye Amahirwe yabo

Editorial 14 Mar 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 kiratangwa kuri uyu wa Kane hagati ya APR FC na Kiyovu SC
Amakuru

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 kiratangwa kuri uyu wa Kane hagati ya APR FC na Kiyovu SC

Editorial 16 Jun 2022
Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma
Mu Mahanga

Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma

Editorial 14 Apr 2016
Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball
Amakuru

Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball

Editorial 16 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru