• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

Ubwanditsi 07 Jun 2018 IMIKINO

Golden State Warriors yongeye gushimangira ko uyu mwaka ari ikipe iri hejuru kandi ikomeye ijya gutsindira Cleveland Cavaliers iwayo mu mukino wa gatatu wikurikiranya ikaba ibura intsinzi imwe igahita yisubiza igikombe yari yatwaye umwaka ushize.

Bidashidikanywaho, Cleveland Cavaliers niyo ifite umukinnyi wa mbere muri shampiyona ya Basketball muri Amerika, LeBron James uhabwa n’amahirwe yo kuzatorwa nka MVP gusa kubera kubura abamufasha bari ku rwego rwiza bituma Golden State Warriors yo ikina nk’ikipe, yitwara neza.

Mu mukino wa gatatu mu ya nyuma wahuje aya makipe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 7 Kamena 2018, Cavaliers yatsinzwe imikino ibiri ibanza iri hanze y’ikibuga cyayo, yashakaga gutsinda imbere y’abafana bayo gusa ntibyayihiriye kuko warangiye iri inyuma ku manota 102 ku 110.

Ibifashijwemo na LeBron James, umukinnyi uba witezweho akazi kose, yaba gutsinda, kugarira no gushakira bagenzi be imipira ivamo amanota, Cavaliers yatsinze agace ka mbere ku manota 29 kuri 28, itsinda n’aka kabiri ku manota 29 kuri 24.

Mu gihe amakipe yombi yari avuye kuruhuka, Warriors nibwo yerekanye ingufu zayo Kevin Durant na bagenzi be batsinda agace ka gatatu ku manota 31 kuri 23 ndetse n’aka kane bagatsinda ku manota 27 kuri 21 umukino wose urangira ari 110 kuri 102.

Muri uyu mukino Kevin Durant niwe watsinze amanota menshi kuko yinjije 43 wenyine mu gihe LeBron James yatsinze amanota 33.

Gutsindwa umukino wa gatatu ukurikirana byashyize Cavaliers mu ihurizo rikomeye kuko isabwa byanze bikunze gutsinda umukino utaha uzaba mu rukerera rwo ku itariki 9 Kamena, bitaba ibyo Warriors ikazahita yegukana igikombe, kizaba icya kabiri gikurikirana itwaye Cavaliers kuko n’umwaka ushize yayitsinze ku mikino 4-1.

Cavaliers itabashije gutsinda umukino n’umwe yaba isubiye kwandikirwaho amateka mabi yaherukaga kuyibaho mu myaka 11 ishize ubwo yatwarwaga igikombe na San Antonio Spurs iyitsinze imikino 4-0 kuva icyo gihe bikaba bitarongera kubaho muri NBA.

Kevin Durant na LeBron James nibo batsinze amanota menshi ku ruhande rwa buri kipe

Ibyishimo byari byose ku basore bane b’inkingi za mwamba muri Warriors: Yaba Stephen Curry, Kevin Durant, Draymond Green na Klay Thompson barashaka iki gikombe

2018-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko imikino iteganyijwe muri shampiyona yo mu Bwongereza na Esipanye muri izi mpera z’icyumweru

Uko imikino iteganyijwe muri shampiyona yo mu Bwongereza na Esipanye muri izi mpera z’icyumweru

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4

Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4

Ubwanditsi 02 Jan 2024
Kuri uyu wa gatandatu mu mukino wa gishuti, ikipe ya APR FC irakira Kiyovu SC.

Kuri uyu wa gatandatu mu mukino wa gishuti, ikipe ya APR FC irakira Kiyovu SC.

Ubwanditsi 04 Jun 2021
U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Uganda mu irushanwa ryo ku rwego rw’Isi rizwi nka Davis Cup

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Uganda mu irushanwa ryo ku rwego rw’Isi rizwi nka Davis Cup

Ubwanditsi 05 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko
Mu Mahanga

Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend
HIRYA NO HINO

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose
Mu Rwanda

Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru