• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage muri iki gihe cy’amatora

Perezida Kagame yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage muri iki gihe cy’amatora

Ubwanditsi 07 Jul 2017 POLITIKI

Perezida Kagame yibukije abayobozi bo mu nzego zitandukanye ko muri iki gihe cy’amatora, bagomba kongera kuboneraho umwanya bakegera abaturage aho bari mu gihugu bumva ibibazo bafite.

Umukuru w’igihugu avuga ko n’ubwo bamwe bari basanzwe babikora, gusa ngo muri iki gihe bagomba kurushaho kubegera bakihera n’amaso yabo uko aba baturage baba babayeho.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, aho yakiraga indahiro z’abayobozi babiri bashya ari bo Niyitegeka Winfrida wagizwe Umudepite mushya mu Nteko Ishinga Amategeko, asimbura Depite Mukayisenga Françoise uherutse kwitaba Imana na Yankurije Odette wagizwe Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane.

-7160.jpg
Niyitegeka Winifrida (ibumoso) na Yankurije Odette (iburyo) barahira

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko abari basanzwe bari mu kazi biteguye kurushaho gukorana n’aba bashya kugira ngo barusheho gukorera umuturage, bityo n’u Rwanda rutere imbere.

Aha niho Umukuru w’Igihugu yagarutse ku bijyanye n’amatora ya Perezida azaba muri Kanama uyu mwaka, avuga ko abayobozi bagomba kurushaho kugera aho umuturage ari mu giturage, ati “Muri aya mezi turimo ubundi hafi ku isi hose abantu baba bajya mu biruhuko kubera ko ubundi bahora mu mbeho, kuri twebwe natwe ubundi ntabwo twari twanze ikiruhuko ariko ngira ngo muri uyu mwaka twe tuzaba tujya mu bijyanye n’amatora, nabyo dushobora kubyifatamo neza nk’ikiruhuko abantu bagakora batavunitse cyane ariko tukuzuza iyo nshingano ikomeye cyane tugomba gukora.”

Yakomeje agira ati “Ariko ndibwira ko twanabireba no ku bundi buryo, ubu biduhaye umwanya wo kujya mu giturage twese kuko ubundi wenda hari abajyagayo mu gihe bashakiye cyangwa no kutajyayo, ubu biduhaye uburyo bwo kubihuza no guhurira hamwe twese kuri iyo nshingano, twese tugere henshi tutari dusanzwe tugera, cyangwa se dusubire n’aho twajyaga tugera.”

Perezida Kagame avuga ko aba bayobozi nibegera abaturage, bazarushaho kumva ibibazo bafite kandi babishakire ibisubizo.

Yagize ati “Icya mbere ni inshingano tuzaba twuzuza ijyanye no kwegera abaturage muri iki gikorwa cy’amatora, ariko icya kabiri ari nacyo cyigenzi ni uko muri uko kubegera ni no kugira ngo abanyarwanda bose babe bagera aho izo nama zibera aho abantu banahuriye, ndibwira ko twabikoresha mu gukomeza kwiga neza mu baturage ibibazo bihari, tukabyuva neza tukabiyumvira imbona nkubone cyangwa se tukirebera n’amaso yacu, ibi bizafasha kugira ngo dushyireho ingamba zikomeza kubaka ubukungu, imibereho n’umutekano by’Abanyarwanda uko tubyifuza kandi biteze n’igihugu cyacu imbere.”

Perezida Kagame avuga u Rwanda rwifuza gutera imbere ku muvuduko udasanzwe, kuko ari byo rwifuza kandi ari na byo bibereye Abanyarwanda, gusa akavuga ko ibi bigomba kujya bikorwa nta muntu usigaye inyuma muri iri terambere.

Ubwanditsi

2017-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Ubwanditsi 04 Sep 2025
Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Ubwanditsi 11 Dec 2024
Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Ubwanditsi 05 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri
Amakuru

Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022
Papa Francis yasabye  imbabazi kubera uruhare rwa Kiriziya muri jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Papa Francis yasabye imbabazi kubera uruhare rwa Kiriziya muri jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Col. Gahimano wari muri Coup d’Etat yo kuya 5 Nyakanga 73 yitabye Imana
ITOHOZA

Col. Gahimano wari muri Coup d’Etat yo kuya 5 Nyakanga 73 yitabye Imana

Ubwanditsi 17 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru