• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage muri iki gihe cy’amatora

Perezida Kagame yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage muri iki gihe cy’amatora

Ubwanditsi 07 Jul 2017 POLITIKI

Perezida Kagame yibukije abayobozi bo mu nzego zitandukanye ko muri iki gihe cy’amatora, bagomba kongera kuboneraho umwanya bakegera abaturage aho bari mu gihugu bumva ibibazo bafite.

Umukuru w’igihugu avuga ko n’ubwo bamwe bari basanzwe babikora, gusa ngo muri iki gihe bagomba kurushaho kubegera bakihera n’amaso yabo uko aba baturage baba babayeho.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, aho yakiraga indahiro z’abayobozi babiri bashya ari bo Niyitegeka Winfrida wagizwe Umudepite mushya mu Nteko Ishinga Amategeko, asimbura Depite Mukayisenga Françoise uherutse kwitaba Imana na Yankurije Odette wagizwe Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane.

-7160.jpg
Niyitegeka Winifrida (ibumoso) na Yankurije Odette (iburyo) barahira

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko abari basanzwe bari mu kazi biteguye kurushaho gukorana n’aba bashya kugira ngo barusheho gukorera umuturage, bityo n’u Rwanda rutere imbere.

Aha niho Umukuru w’Igihugu yagarutse ku bijyanye n’amatora ya Perezida azaba muri Kanama uyu mwaka, avuga ko abayobozi bagomba kurushaho kugera aho umuturage ari mu giturage, ati “Muri aya mezi turimo ubundi hafi ku isi hose abantu baba bajya mu biruhuko kubera ko ubundi bahora mu mbeho, kuri twebwe natwe ubundi ntabwo twari twanze ikiruhuko ariko ngira ngo muri uyu mwaka twe tuzaba tujya mu bijyanye n’amatora, nabyo dushobora kubyifatamo neza nk’ikiruhuko abantu bagakora batavunitse cyane ariko tukuzuza iyo nshingano ikomeye cyane tugomba gukora.”

Yakomeje agira ati “Ariko ndibwira ko twanabireba no ku bundi buryo, ubu biduhaye umwanya wo kujya mu giturage twese kuko ubundi wenda hari abajyagayo mu gihe bashakiye cyangwa no kutajyayo, ubu biduhaye uburyo bwo kubihuza no guhurira hamwe twese kuri iyo nshingano, twese tugere henshi tutari dusanzwe tugera, cyangwa se dusubire n’aho twajyaga tugera.”

Perezida Kagame avuga ko aba bayobozi nibegera abaturage, bazarushaho kumva ibibazo bafite kandi babishakire ibisubizo.

Yagize ati “Icya mbere ni inshingano tuzaba twuzuza ijyanye no kwegera abaturage muri iki gikorwa cy’amatora, ariko icya kabiri ari nacyo cyigenzi ni uko muri uko kubegera ni no kugira ngo abanyarwanda bose babe bagera aho izo nama zibera aho abantu banahuriye, ndibwira ko twabikoresha mu gukomeza kwiga neza mu baturage ibibazo bihari, tukabyuva neza tukabiyumvira imbona nkubone cyangwa se tukirebera n’amaso yacu, ibi bizafasha kugira ngo dushyireho ingamba zikomeza kubaka ubukungu, imibereho n’umutekano by’Abanyarwanda uko tubyifuza kandi biteze n’igihugu cyacu imbere.”

Perezida Kagame avuga u Rwanda rwifuza gutera imbere ku muvuduko udasanzwe, kuko ari byo rwifuza kandi ari na byo bibereye Abanyarwanda, gusa akavuga ko ibi bigomba kujya bikorwa nta muntu usigaye inyuma muri iri terambere.

Ubwanditsi

2017-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntimuzajya mu ijuru mwaricishije abaturage muyobora amavunja- Perezida Kagame

Ntimuzajya mu ijuru mwaricishije abaturage muyobora amavunja- Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?

Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Ese Perezida Nkurunziza w’u Burundi azitabira umwiherero wo kuri 22 gashyanta I kampala?

Ese Perezida Nkurunziza w’u Burundi azitabira umwiherero wo kuri 22 gashyanta I kampala?

Ubwanditsi 05 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Ubwanditsi 09 Oct 2023
Perezida Kagame  yasesekaye  mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe  umutekano hirindwa imyigaragambyo
Mu Rwanda

Perezida Kagame yasesekaye mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe umutekano hirindwa imyigaragambyo

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma
Mu Mahanga

Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Ubwanditsi 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru