• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Editorial 28 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Muri iyi minsi hamaze iminsi havugwa ibibazo bitandukanye mu bihugu by’Afurika byo gukuraho ubutegetsi hakoreshejwe ingufu za gisirikari bizwi nka Coup d’Etats. Aha twavuga nko mu bihugu nka Mali, Guinea, Sudani na Burukina Fasso.

Perezida Kagame yaganiriye birambuye n’ikinyamakuru Jeune Afrique aho yabajijwe igitera izo Coup d’Etats asubiza ko biterwa n’ibibazo birebire by’uruhererekane biba bitarabonewe ibisubizo. Yatanze urugero kuri Sudani ko hari ibibazo mu gihe Omar El Bachir yayoboraga bikaba byarakomeje hagiyeho leta y’agateganyo.

Perezida Kagame yongeyeho ko ukora ibyaha wese yaba umusirikari yaba umusivire bose bagomba guhanwa kuko hari igihe umuyobozi w’umusivire aba yarashyizweho n’agatsiko k’abasirikari.

Abajijwe niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda, Perezida Kagame yagize ati

“Ibyo ntabwo mbizi ariko reka nkwereke ibintu mu bundi buryo. Icya mbere ni uko ari Abanyarwanda bwa mbere bagomba kuvuga icyo batekereza urebye aho twavuye, ibyo twakoze nibyo turi gukora ubu”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Simbona icyaricyo cyose cyatera abasirikari cyangwa abasivire uburakari bwageza kuri Coup d’Etat kuko uburyo bwacu bw’imiyoborere bukora mu gusubiza ibibazo by’abaturage. Simbona rwose icyatuma bigera kuri urwo rugero”

Mu bindi Perezida Kagame yabajijwe icyo atakereza ku kuba ingabo za Uganda ziri muri Kongo mu guhashya umutwe w’iterabwoba wa ADF. Yavuzeko ADF itabangamiye Uganda yonyine ko ibangamiye na Kongo Kinshasa n’akarere muri rusange. Yibukije ko ADF igizwe n’Abagande, Abakongomani , Abanyarwanda, Abarundi, Abatanzaniya ndetse n’Abanyakenya.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwafashe abakorana n’uwo mutwe wa ADF bitegura gukora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda. Abo Banyarwanda batozwaga binyuze muri video n’umuntu wo muri ADF. Ibyo bikorwa bari gukorera mu Rwanda byari ukwihorera kubera ingabo z’u Rwanda zakubise inshuro umutwe w’iterabwoba wo muri Mozambique.

Ku rubanza rw’Agathe Kanziga, Perezida Kagame yabajijwe niba u Rwanda rwarakuyeho ikirego cyo kumukurikirana, avuga ko ubutabera bugomba gukora akazi kabwo.

Naho Interahamwe 8 zakiriwe n’igihugu cya Mali, Perezida Kagame yavuzeko ikinyoma cya mbere ariko bavuzeko u Rwanda rwari ruziko bazoherezwa muri Mali ikinyoma cya kabiri nuko ntacyakozwe ngo bagaragaze uburyo abo bantu batazongera kwijandika mu byaha byari byarabafungishije.

Yagize ati “nkubu ngubu barongeye bihuza n’abandi bicanyi binyuze ku mbuga nkoranya mbaga aho basigaye bakwirakwiza ibinyoma ku Rwanda. Urumva ibyo ari ibisanzwe”?

Ku rubanza rwa Rusesabagina, Perezida Kagame yavuzeko abarunenga iyo bafashe abakoze nk’ibyo Rusesabagina yakoreye u Rwanda, bahita bicwa nta rubanza rubaye.

Yongeyeho ko abamurengera birengagiza nkana ibyo yakoze kuko bashaka ko afungurwa yaba ari umwere cyangwa atari umwere.

Mu gusoza Perezida Kagame yabajijwe niba azaba umukandida mu matora ya 2024, asubiza ko Itegeko Nshinga ribimwemerera.

2022-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 26 Jun 2024
Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby

Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby

Editorial 18 Jul 2016
Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Editorial 25 Sep 2019
Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Editorial 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa
ITOHOZA

Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Editorial 19 Nov 2018
Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe
Mu Rwanda

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Editorial 04 Jun 2017
Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye  Igitero i Rusizi  cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka
ITOHOZA

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Editorial 23 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru