• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Editorial 01 Feb 2019 ITOHOZA

Perezida Kagame yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC iteganyijwe kuri uyu Gatanu tariki ya 1 Gashyantare, i Arusha muri Tanzania, ni nyuma y’ibihuha byavugaga ko atari buyitabire kubera umunsi w’Intwari wizihizwa kuri iyi tariki.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, ushinzwe Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanditse ko abakuru b’ibihugu bine bya EAC; Perezida Kagame, John Pombe Magufuli, Uhuru Kenyatta na Yoweli Kaguta Museveni bazitabira iyi nama, hakiyongeraho Visi Perezida w’u Burundi, Gaston Sindimwo.

Iyi nama kandi yitabirwa n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko, yabanje kwimurwa ubugira kabiri, ku wa 30 Ukwakira no ku wa 27 Ukuboza 2018. Ubwa mbere byatewe n’uko u Burundi butayitabiriye.

Amb. Nduhungirehe yanditse ko ‘inama ya 20 isanzwe ya EAC izatorerwamo Umuyobozi mushya w’uyu muryango, ikanaganira ku ngingo zikomeye zirebana no kwihutisha inkingi enye za mwamba z’ukwihuza k’umuryango ari zo; guhuza imikorere ya za gasutamo, isoko rusange, ifaranga n’ukwishyira hamwe mu bya politiki’

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byanditse ko ‘iyi nama ari yo u Rwanda ruri buhererwemo ubuyobozi bwa EAC mu mwaka ukurikiyeho’. Ruraba rusimbuye Uganda.

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi muri iyi minsi ntabwo umeze neza ndetse iki gihugu cyasabye ko ibibazo byacyo byaganirwaho mu nama ya EAC. Hari amakuru yavugaga ko iyi nama izanaganira kuri ibi bibazo ariko Amb. Nduhungirehe yavuze ko ari ibinyoma.

Yabwiye The East African ati “Ibiganirwaho ni kimwe n’ibyo kuwa 30 Ugushyingo ntabwo dushaka kugira icyongerwamo. Umubano w’u Rwanda n’u Burundi ntabwo uri kuri gahunda”.

Harasuzumwa iyemezwa ry’amasezerano ahuriweho; ingamba ku gukuraho imbogamizi z’ubucuruzi zitari imisoro n’amahoro (Non-Tariff Barriers-NTBs); raporo ku ishyirwa mu bikorwa ryo kubaka politiki ihuriweho mu koroshya ihererekanya ry’ubuyobozi.

Haranasuzumwa kandi urugendo rwa Sudani y’Epfo iheruka kwinjira muri EAC ndetse no kwiga kuri Somalia ishaka kwiyunga kuri uyu muryango.

Amb. Nduhungirehe aherutse gutangaza ko intego EAC yihaye yo kuba mu 2024 izaba yageze ku ishyirwaho ry’ifaranga rimwe ndetse n’ukwishyira hamwe mu bya politiki mu 2025.

Amb. Nduhungirehe yagaragaje ko hakiri urugendo nubwo hari ibyakozwe.

Yagize ati “Inkingi za mwamba z’ukwihuza yaba guhuza imikorere ya za gasutamo, isoko rusange, ifaranga rimwe ndetse n’igihugu kimwe, bibiri bya mbere twabigezeho nubwo hakigaragara imbogamizi mu kubishyira mu bikorwa uko bikwiye.”

Yatanze urugero ku byerekeye isoko rusange, aho usanga ibiciro ku bicuruzwa bitarahura, hakaba n’ibihugu bitemeye ikoreshwa ry’indangamuntu nk’icyangombwa cy’inzira mu bihugu bigize EAC.

Kuri ubu, abaturage b’u Rwanda, Uganda na Kenya nibo bashobora kugenderanira ku ndangamuntu gusa.

2019-02-01
Editorial

IZINDI NKURU

Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira

Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira

Editorial 13 Jan 2017
Perezida Trump yemeje ko agiye gufunga umuhanzi Snoop Dogg wamwibasiye bikomeye mu ndirimbo ye

Perezida Trump yemeje ko agiye gufunga umuhanzi Snoop Dogg wamwibasiye bikomeye mu ndirimbo ye

Editorial 16 Mar 2017
Umucurabwenge wa Kayumba Nyamwasa, Ali Abdulkarim ni muntu ki?

Umucurabwenge wa Kayumba Nyamwasa, Ali Abdulkarim ni muntu ki?

Editorial 13 Jul 2019
Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Editorial 21 Jan 2025

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    February 1, 20197:46 pm -

    Ehe. Azi neza ko asuhuza umwicuanyi. Reba uko kuboko

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya
HIRYA NO HINO

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Editorial 18 Apr 2018
AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya
Amakuru

AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya

Editorial 29 May 2025
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”
HIRYA NO HINO

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Editorial 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru