• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Ubwanditsi 27 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubwo yajyaga mu biganiro mu gace kari ku mupaka w’ibihugu byombi, Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, yitwaje abasirikare b’inkorokoro, bagendaga bamuzengurutse ku buryo nta wari gupfa kubona aho amenera ngo abe yamugirira nabi, ubwo yajyaga guhura na Moon Jae-in uyobora Koreya y’Epfo.

Amashusho yagiye ahagaragara, yerekana ko ubwo bajyaga mu karuhuko mu gitondo kuri uyu wa Gatanu, imodoka ya Perezida Kim ubwo yasubiraga mu majyaruguru, Limousine ye yagendaga ikikijwe n’abasirikare 12 bari mu mpande z’iburyo n’inyuma.

Agace ka Panmunjom bahuriyemo nubwo gafatwa nk’agace kabujijwemo ibikorwa bya gisirikare, kararinzwe bikomeye kuko ahantu henshi bikekwa ko hateze za mine, hakaba n’uruzitiro rubamo amashanyarazi.

Perezida Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru yakoze amateka atera intambwe arenga imbibi z’amateka, aba umutegetsi rukumbi w’amajyaruguru ukandagije ikirenge cye mu majyepfo, guhera mu 1953.

Ubwo Perezida Kim yaherezaga umukono mugenzi we wa Koreya y’Epfo, Moon Jae-in, yamubwiye ko yumva uburemere bwo kugirira inama mu “gace nk’aka k’amateka,” undi nawe ati “Ni umwanzuro ukomeye wafashe wo kuza hano.”

Kuri uyu wa Gatanu, aba bayobozi bombi bafite umunsi w’ibiganiro ku ngingo eshatu zikomeye zirimo guhagarika ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi, amasezerano y’amahoro no kuzahura umubano w’ibihugu byombi.

Mu kiruhuko cya saa sita, Umuvugizi wa Guverinoma ya Koreya y’Epfo, Yoon Young-chan yabwiye abanyamakuru ko abayobozi bombi, mu biganiro bya mu gitondo baganiriye ku ngingo ebyiri zikomeye; Umugambi w’intwaro za kirimbuzi n’amasezerano y’amahoro.

Yagize ati “Byari ibiganiro bisesuye kandi byo kubwizanya ukuri hagati y’impande zombi,” yongeraho ko aba bayobozi baganiriye amasaha hafi abiri. Ibiganiro birakomeza nyuma ya saa sita.

Uyu munsi watangiye, Perezida Moon ava mu murwa mukuru Seoul yerekeza mu majyaruguru, maze kajugujugu zimukurikira zerekana urugendo rwe kuri za televiziyo, we ari mu modoka, mu gihe cyamaze hafi isaha. Abaturage bari ku mihanda, bafite ibyapa basaba ko aba bayobozi bahagarika icurwa ry’intwaro z’ubumara, ndetse bakurikira ibiganiro byabo kuri televiziyo.

Perezida wa Koreya ya Ruguru yavuze ko ashaka kwandika amateka mashya mu mubano wa Koreya zombi, nyuma y’imyaka myinshi zidacana uwaka.

Yagize ati “Ubwo nazaga hano, nibajije nti kubera iki bigoranye kuhagera? Umurongo utandukanya ibihugu byacu ubundi ntiwari ugoye kuwambukiranya gutya. Byari byoroshye kugenda n’amaguru ngo uwambukiranye, ariko ubu bidutwaye imyaka 11 kuhagera.”

Naho ubwo yinjiraga mu nzu yabereye mo ibiganiro izwi nka Peace House, yanditse mu gitabo cy’abashyitsi ati “amateka mashya atangiye ubu, umwaka w’amahoro, intangiriro y’amateka”.

Amashusho agaragaza abashinzwe umutekano barinze imodoka

Uko ibirori byo kwakira Kim byagenze

Abarinzi ba Perezida Kim bari babukereye

 

Mu kiruhuko, abarinzi bagendaga bakikije imodoka ya Kim Jong UN

 

Ubwo Perezida Moon yari ategereje Kim ngo bagirane ibiganiro

 

2018-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

 Bujumbura ‘‘mpagereranya n’ituze ryo ku irimbi’’- Charles Makaza

Ubwanditsi 19 Jul 2019
Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Uko Abagande binjijwe mu nyeshyamba za FDLR

Uko Abagande binjijwe mu nyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 06 May 2019
Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Ubwanditsi 27 Aug 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Butare
    May 3, 20186:07 pm -

    Buno bulinzi se kandi ntitubumenyereye?
    Kereka utali hano mu gihe gishize cyo kwiyamamaza!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye Eric yasobanuye ko yavogerewe n’ ishyaka PSD
Mu Mahanga

Ndayishimiye Eric yasobanuye ko yavogerewe n’ ishyaka PSD

Ubwanditsi 17 Oct 2016
Abakobwa bafite uburanga buhebuje nibo biganje muri Mama ya Urban Boyz
Mu Rwanda

Abakobwa bafite uburanga buhebuje nibo biganje muri Mama ya Urban Boyz

Ubwanditsi 23 Aug 2017
FERWAFA yemeje abanyamahanga 6 muri shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024
Amakuru

FERWAFA yemeje abanyamahanga 6 muri shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024

Ubwanditsi 28 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru