• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Ubwanditsi 27 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubwo yajyaga mu biganiro mu gace kari ku mupaka w’ibihugu byombi, Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, yitwaje abasirikare b’inkorokoro, bagendaga bamuzengurutse ku buryo nta wari gupfa kubona aho amenera ngo abe yamugirira nabi, ubwo yajyaga guhura na Moon Jae-in uyobora Koreya y’Epfo.

Amashusho yagiye ahagaragara, yerekana ko ubwo bajyaga mu karuhuko mu gitondo kuri uyu wa Gatanu, imodoka ya Perezida Kim ubwo yasubiraga mu majyaruguru, Limousine ye yagendaga ikikijwe n’abasirikare 12 bari mu mpande z’iburyo n’inyuma.

Agace ka Panmunjom bahuriyemo nubwo gafatwa nk’agace kabujijwemo ibikorwa bya gisirikare, kararinzwe bikomeye kuko ahantu henshi bikekwa ko hateze za mine, hakaba n’uruzitiro rubamo amashanyarazi.

Perezida Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru yakoze amateka atera intambwe arenga imbibi z’amateka, aba umutegetsi rukumbi w’amajyaruguru ukandagije ikirenge cye mu majyepfo, guhera mu 1953.

Ubwo Perezida Kim yaherezaga umukono mugenzi we wa Koreya y’Epfo, Moon Jae-in, yamubwiye ko yumva uburemere bwo kugirira inama mu “gace nk’aka k’amateka,” undi nawe ati “Ni umwanzuro ukomeye wafashe wo kuza hano.”

Kuri uyu wa Gatanu, aba bayobozi bombi bafite umunsi w’ibiganiro ku ngingo eshatu zikomeye zirimo guhagarika ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi, amasezerano y’amahoro no kuzahura umubano w’ibihugu byombi.

Mu kiruhuko cya saa sita, Umuvugizi wa Guverinoma ya Koreya y’Epfo, Yoon Young-chan yabwiye abanyamakuru ko abayobozi bombi, mu biganiro bya mu gitondo baganiriye ku ngingo ebyiri zikomeye; Umugambi w’intwaro za kirimbuzi n’amasezerano y’amahoro.

Yagize ati “Byari ibiganiro bisesuye kandi byo kubwizanya ukuri hagati y’impande zombi,” yongeraho ko aba bayobozi baganiriye amasaha hafi abiri. Ibiganiro birakomeza nyuma ya saa sita.

Uyu munsi watangiye, Perezida Moon ava mu murwa mukuru Seoul yerekeza mu majyaruguru, maze kajugujugu zimukurikira zerekana urugendo rwe kuri za televiziyo, we ari mu modoka, mu gihe cyamaze hafi isaha. Abaturage bari ku mihanda, bafite ibyapa basaba ko aba bayobozi bahagarika icurwa ry’intwaro z’ubumara, ndetse bakurikira ibiganiro byabo kuri televiziyo.

Perezida wa Koreya ya Ruguru yavuze ko ashaka kwandika amateka mashya mu mubano wa Koreya zombi, nyuma y’imyaka myinshi zidacana uwaka.

Yagize ati “Ubwo nazaga hano, nibajije nti kubera iki bigoranye kuhagera? Umurongo utandukanya ibihugu byacu ubundi ntiwari ugoye kuwambukiranya gutya. Byari byoroshye kugenda n’amaguru ngo uwambukiranye, ariko ubu bidutwaye imyaka 11 kuhagera.”

Naho ubwo yinjiraga mu nzu yabereye mo ibiganiro izwi nka Peace House, yanditse mu gitabo cy’abashyitsi ati “amateka mashya atangiye ubu, umwaka w’amahoro, intangiriro y’amateka”.

Amashusho agaragaza abashinzwe umutekano barinze imodoka

Uko ibirori byo kwakira Kim byagenze

Abarinzi ba Perezida Kim bari babukereye

 

Mu kiruhuko, abarinzi bagendaga bakikije imodoka ya Kim Jong UN

 

Ubwo Perezida Moon yari ategereje Kim ngo bagirane ibiganiro

 

2018-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Ubwanditsi 23 Jan 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Butare
    May 3, 20186:07 pm -

    Buno bulinzi se kandi ntitubumenyereye?
    Kereka utali hano mu gihe gishize cyo kwiyamamaza!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens  niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi
IMIKINO

Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi

Ubwanditsi 15 Nov 2016
RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF
Mu Mahanga

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano
Mu Mahanga

Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano

Ubwanditsi 17 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru