• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Editorial 11 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yavuze ko politiki y’uburinganire mu Rwanda ari isomo rikomeye ibindi bihugu bigize Francophonie byarwigiraho.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane ubwo yatangizaga inama ya 17 y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango w’abakoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF, iri kubera Erevan muri Arménie, yitabiriwe na Perezida Paul Kagame.

Macron yavuze ko buri gihugu mu bigize Francophonie gifite ibyo ibindi byakigiraho, ko igikenewe ari ugushyira hamwe.

Yagize ati “Nk’urugero u Rwanda, ni icyitegererezo mu buringanire muri politiki. Armenié ifite ubunanaribonye mu burezi bwifashisha ikoranabuhanga no mu Bufaransa bayigiraho, buri umwe muri twe afite ubunararibonye yasangiza abandi tugatera imbere dufatanyije.”

U Rwanda ruza imbere mu bihugu bifite umubare munini w’abagore mu nzego zifata ibyemezo, aho mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’abadepite harimo abagore 61.3 %

Macron yavuze ko ejo hazaza ha Francophonie hadashoboka mu gihe abagore batabigizemo uruhare.

Yashimangiye ko kwishyira hamwe kwa Francophonie ari ijwi rikomeye rishobora guhangana n’ibihugu bikomeye byitambika imyanzuro ifatwa, bigaragaza kunanirwa k’umuryango mpuzamahanga.

Ati “Igikwiye kuba ku mutima ni uko igihugu cyacu ari ururimi rw’Igifaransa. Ni igihugu kitagira imipaka, igihugu twishimira urukundo, tugahagarara ku bitekerezo byacu.”

“Ntabwo tugomba guhana amasomo ahubwo tugomba kurwanira hamwe. Francophonie si ahantu ho kwicara, si umwanya w’abagore n’abagabo bananiwe ahubwo ni ubutaka bw’ubuvumbuzi, ubutaka bwo guteguriraho urugamba.”

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau yavuze ko OIF ari umuryango mugari, ibihugu biwugize bikwiye kunganya uburenganzira nta kindi cyitaweho kugira ngo bitere imbere.

Yagize ati “Ntabwo bivuze ko buri gihe twemeranya kuri byose ariko dushyize hamwe twakora urubuga rurangwamo ubwumvikane aho abarugize bangana, buri wese yubaha undi. Igihugu cyawe cyaba gituwe n’abaturage ibihumbi 80 cyangwa miliyoni 80, mukwiye kugira uburenganzira bungana.”

Umunyamabanga Mukuru ucyuye igihe wa OIF, Michaëlle Jean yasabye ibihugu bigize uwo muryango gukanguka bikagira icyo bikora ku bibazo bibangamiye Isi akenshi bikorwa hifashishijwe imiryango mpuzamahanga.

Michaëlle yavuze ku bibazo by’umutekano, ubuhezanguni n’iterabwoba, ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu n’ibindi.

Ati “Dukwiye kwibaza ngo ese turashaka kuba ku ruhe ruhande rw’amateka? Ese turemera ko imiryango mpuzamahanga yifashishwa mu bikorwa by’ubuhezanguni mu gihe aribwo twari dukeneye kwishyira hamwe tugafatanya mu buryo buvuguruye, tugashakira ibisubizo ibibazo byugarije Isi?”

Uririmi rw’Igifaransa ruvugwa n’abagera kuri miliyoni 274 mu gihe OIF igizwe n’ibihugu 84.

Muri iyi nama izasozwa kuri uyu wa Gatanu, harigirwamo ubusabe bw’ibindi bihugu byifuza kwinjira muri uwo muryango birimo Gambie, Irlande, Leta ya Louisiane muri Amerika, Malte na Arabie Saoudite.

Izasozwa hanatorwa Umunyamabanga Mukuru mushya wa OIF, aho Louise Mushikiwabo ariwe ahabwa amahirwe.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yerekeza mu cyumba cy’inama

2018-10-11
Editorial

IZINDI NKURU

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Editorial 26 Nov 2020
Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Editorial 25 Jul 2018
Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye

Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye

Editorial 15 Nov 2022
Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Editorial 19 Nov 2019
Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Editorial 26 Nov 2020
Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Editorial 25 Jul 2018
Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye

Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye

Editorial 15 Nov 2022
Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Editorial 19 Nov 2019
Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Editorial 26 Nov 2020
Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Editorial 25 Jul 2018
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. hirwa
    October 12, 201810:35 am -

    u Rwanda rumaze kuba ubukombe amahanga naze atwigireho byinshi muburinganire muri politiki ntawaduhiga byose tubikesha nyakubahwa perezida Paul Kagame

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru