• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yavuye igitaraganya mu nama ya Commonwealth itarangiye

Perezida Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yavuye igitaraganya mu nama ya Commonwealth itarangiye

Editorial 20 Apr 2018 POLITIKI

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yavuye igitaraganya mu nama irimo guhuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma bikoresha ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ ibera mu Bwongereza, ngo ajye guhosha imyigaragambyo iri mu gihugu cye.

Ramaphosa wagiye ku butegetsi mu Ugushyingo uyu mwaka atanga icyizere cyo kuzahura ubukungu no kurwanya ruswa, avuga ko iyi myigaragambyo iterwa n’amakimbirane ari mu Ntara y’Amajyaruguru y’Uburengerazuba ndetse no gushwana hagati ya polisi n’abigaragambya.

Itangazo rya Perezidansi ya Afurika rigira riti “Perezida Ramaphosa yasabye ko habaho umutuzo no kubaha amategeko muri iriya ntara, anasaba abatishimye kugaragaza akababaro kabo mu buryo bw’amahoro no mu biganiro aho guteza umutekano muke n’ihohoterwa.”

Ryongeraho ko Ramaphosa yasabye inzego z’umutekano kwitonda cyane mu gihe zirimo guhosha iyo myigaragambyo.

Amashusho yagaragajwe na televiziyo y’igihugu, SABC, yerekana umwotsi mwinshi uzamuka hafi y’ahabera imyigaragambyo ndetse no mu mujyi wa Mahikeng, mu gihe abigaragambya bigabije amaduka yo muri ako gace.

Iyi televiziyo ivuga ko bikekwa ko umuntu umwe yaba yaguye muri iyo myigaragambyo, abandi icyenda batabwa muri yombi.

Polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso ngo itatanye abigaragambyaga kubera ubushomeri, ruswa no kutagira aho gutura.

Ramaphosa yavuye mu nama ya Commonwealth iteganyijwemo umwiherero w’abayobozi gusa ubera Windsor Castle.

Muri uyu mwiherero abakuru b’ibihugu na za guverinoma bazaganira ku bufatanye mu bibazo byugarije Isi n’iby’ingenzi bikwiye kwitabwaho mbere muri uyu muryango.

2018-04-20
Editorial

IZINDI NKURU

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Editorial 04 Nov 2024
U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

Editorial 28 Sep 2018
Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Editorial 23 May 2019
Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Administrator 26 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko ubutegetsi mu Burundi bwataye umutwe
Mu Rwanda

Uko ubutegetsi mu Burundi bwataye umutwe

Editorial 16 Jan 2017
Abayobozi icyenda batawe muri yombi  bazira kurigisa umutungo wa Leta no gukoresha inyandiko mpimbano.
Mu Mahanga

Abayobozi icyenda batawe muri yombi bazira kurigisa umutungo wa Leta no gukoresha inyandiko mpimbano.

Editorial 21 Jul 2016
Urutonde rw’ibigo 10 bya mbere mu butasi kurusha ibindi ku isi
ITOHOZA

Urutonde rw’ibigo 10 bya mbere mu butasi kurusha ibindi ku isi

Editorial 15 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru