• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Ubwanditsi 06 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Aya ni amagambo yavuzwe n’abaturage bo mu murenge wa Ruheru taliki ya 31Nyakanga 2018, bishimira imiyoborere myiza ya Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda mu gihe hatangizwaga ku mugaragaro umushinga ‘Mudasomwa Pico Hydro project’, wubaka urugomero ruzatanga KW 34 z’amashanyarazi zizacanira ingo zisaga 300 bigeze.

Ubusanzwe abaturage bo muri uyu Murenge bari bamaze igihe bategerezanyije icyizere kuzahabwa amashanyarazi kuko ngo bari barabisezeraniwe na Nyakubahwa Perezida wa Repuburika y’u Rwanda nk’uko babyivugira.

Umwe mu baturage baturiye uru rugomero, Ahishakiye Florida utuye mu Kagali ka Remera mu mudugudu wa Cyivugiza, yagize ati “Ubu tutarabona umuriro ugenda uzunguza igishirira, urumva ko ubu tukiri mu icuraburindi. Ntabwo twatekerezaga ko twabona umuriro, ariko twagiye kureba Perezida Kagame ubwo yiyamamazaga muri Cyahinda, atwemerera umuriro. Ejo bundi Minisitiri yaraje ati imvugo niyo ngiro!”

Uyu mushinga watangijwe ku mugaragaro taliki ya 31 Nyakanga, uri kubakwa ku nkunga y’Ikigega cya Guverinoma ya Suède gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (SIDA), binyuze mu mushinga Energy4Impact ndetse ukagirwamo uruhare n’abaturage kuko bishimiye iki gikorwa bavuga ko kizasohoza inzozi zabo.

Abaturage bishimiye uyu mu shinga kuko ngo uzabafasha mu bikorwa by’ubucuruzi, imyigire y’abana babo cyane ko uzacanira ibigo by’amashuri bihegereye ukanabakura mu icuraburindi bari bamaze mo igihe

Uru rugomero ruzuzura rutwaye miliyoni 107Frw, mushinga Energy4Impact ukaba waramaze gusinyana inkunga ingana na 50%, naho inkunga y’abaturage ikaba ingana na miliyoni zirindwi z’amafanga y’u Rwanda, ikindi gice gisigaye kikazatangwa n’abafatanyabikorwa.

Uyu mushinga n’indi myinshi iteganyijwe ije mu gihe hamaze iminsi hari ikinyoma n’ igihuha gikwirakwizwa n’abahunze u Rwanda kubera ibyaha bitandukanye ahanini bishingihe ku nda nini n’ingengabitekerezo ya jenoside bamaze iminsi babeshya ngo bafashe Nyaruguru.

Abaturage n’abayobozi ahari kubakwa urugomero

Rushyashya yegereye umwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruheru ishaka kumenya uko bafata ibyo bihuha maze asubiza ko abahunze igihugu cyabo bakarorongotanira mu mahanga no mu mashyamba bazagwa ishyanga abanyarwanda binywera inshyushyu.

Yagize ati “twe turi mu muvuduko w’iterambere naho abirirwa bavugira kuli za whatsapp ko bifuza gufata Nyaruguru cyangwa ngo bafashe agace ka Nyaruguru, nibakomeze bibeshye bireme agatima,  twe dukomeze dukore twiteze imbere twiyubakire igihugu cyacu, hanyuma bo bakomeze bavugeee  kugeza bananiwe.”

Ibi bikorwa ntibyakorwa ahantu haba hari umutekano muke nkuko ababyifuza bashaka kugaragaza. Kandi bigaragara ko abaturage basobanukiwe ntawabashobora kubashuka cyangwa ngo abatere ubwoba ku bw’ikizere bafitiye ubuyobozi bw’igihugu.

2018-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Ubwanditsi 05 Sep 2024
Twagiramungu yabonye ubuhungiro muri MRCD cyangwa ni uguhungira ubwayi mu kigunda

Twagiramungu yabonye ubuhungiro muri MRCD cyangwa ni uguhungira ubwayi mu kigunda

Ubwanditsi 19 Jun 2019
INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Ubwanditsi 01 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.
Amakuru

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri
Amakuru

Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Ubwanditsi 25 Jan 2023
Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda
ITOHOZA

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Ubwanditsi 25 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru