• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Ubwanditsi 06 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Aya ni amagambo yavuzwe n’abaturage bo mu murenge wa Ruheru taliki ya 31Nyakanga 2018, bishimira imiyoborere myiza ya Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda mu gihe hatangizwaga ku mugaragaro umushinga ‘Mudasomwa Pico Hydro project’, wubaka urugomero ruzatanga KW 34 z’amashanyarazi zizacanira ingo zisaga 300 bigeze.

Ubusanzwe abaturage bo muri uyu Murenge bari bamaze igihe bategerezanyije icyizere kuzahabwa amashanyarazi kuko ngo bari barabisezeraniwe na Nyakubahwa Perezida wa Repuburika y’u Rwanda nk’uko babyivugira.

Umwe mu baturage baturiye uru rugomero, Ahishakiye Florida utuye mu Kagali ka Remera mu mudugudu wa Cyivugiza, yagize ati “Ubu tutarabona umuriro ugenda uzunguza igishirira, urumva ko ubu tukiri mu icuraburindi. Ntabwo twatekerezaga ko twabona umuriro, ariko twagiye kureba Perezida Kagame ubwo yiyamamazaga muri Cyahinda, atwemerera umuriro. Ejo bundi Minisitiri yaraje ati imvugo niyo ngiro!”

Uyu mushinga watangijwe ku mugaragaro taliki ya 31 Nyakanga, uri kubakwa ku nkunga y’Ikigega cya Guverinoma ya Suède gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (SIDA), binyuze mu mushinga Energy4Impact ndetse ukagirwamo uruhare n’abaturage kuko bishimiye iki gikorwa bavuga ko kizasohoza inzozi zabo.

Abaturage bishimiye uyu mu shinga kuko ngo uzabafasha mu bikorwa by’ubucuruzi, imyigire y’abana babo cyane ko uzacanira ibigo by’amashuri bihegereye ukanabakura mu icuraburindi bari bamaze mo igihe

Uru rugomero ruzuzura rutwaye miliyoni 107Frw, mushinga Energy4Impact ukaba waramaze gusinyana inkunga ingana na 50%, naho inkunga y’abaturage ikaba ingana na miliyoni zirindwi z’amafanga y’u Rwanda, ikindi gice gisigaye kikazatangwa n’abafatanyabikorwa.

Uyu mushinga n’indi myinshi iteganyijwe ije mu gihe hamaze iminsi hari ikinyoma n’ igihuha gikwirakwizwa n’abahunze u Rwanda kubera ibyaha bitandukanye ahanini bishingihe ku nda nini n’ingengabitekerezo ya jenoside bamaze iminsi babeshya ngo bafashe Nyaruguru.

Abaturage n’abayobozi ahari kubakwa urugomero

Rushyashya yegereye umwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruheru ishaka kumenya uko bafata ibyo bihuha maze asubiza ko abahunze igihugu cyabo bakarorongotanira mu mahanga no mu mashyamba bazagwa ishyanga abanyarwanda binywera inshyushyu.

Yagize ati “twe turi mu muvuduko w’iterambere naho abirirwa bavugira kuli za whatsapp ko bifuza gufata Nyaruguru cyangwa ngo bafashe agace ka Nyaruguru, nibakomeze bibeshye bireme agatima,  twe dukomeze dukore twiteze imbere twiyubakire igihugu cyacu, hanyuma bo bakomeze bavugeee  kugeza bananiwe.”

Ibi bikorwa ntibyakorwa ahantu haba hari umutekano muke nkuko ababyifuza bashaka kugaragaza. Kandi bigaragara ko abaturage basobanukiwe ntawabashobora kubashuka cyangwa ngo abatere ubwoba ku bw’ikizere bafitiye ubuyobozi bw’igihugu.

2018-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera

Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera

Ubwanditsi 31 Dec 2018
Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko

Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko

Ubwanditsi 22 Dec 2017
Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2020
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Ubwanditsi 30 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo Museveni yifashishije u Rwanda nk’urwitwazo mu bibazo by’imbere muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Uburyo Museveni yifashishije u Rwanda nk’urwitwazo mu bibazo by’imbere muri Uganda

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Abakinnyi Ba Filime Bakomeye Ku Isi Bamenyekanye Muri Filime Baby Police Bageze Kigali Mugitaramo Cya (AMAA)
Mu Rwanda

Abakinnyi Ba Filime Bakomeye Ku Isi Bamenyekanye Muri Filime Baby Police Bageze Kigali Mugitaramo Cya (AMAA)

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso
Mu Mahanga

Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso

Ubwanditsi 17 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru