• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Editorial 16 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Perezida w’Igihugu cya Estonia, Kersti Kaljulaid, yageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2017.

Mbere yo kuza mu Rwanda Perezida Kaljulaid yabanje muri Ethiopia, agirana ibiganiro n’abayobozi b’icyo gihugu n’abayobozi mu Muryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU).

Ku wa Kabiri tariki ya 14 Ugushyingo 2017, Perezida Kaljulaid yahuye na Amb Albert M. Muchanga, komiseri ushinzwe ubucuruzi mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Baganiriye ku mubano uri hagati ya Afurika n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’inama iri hafi guhuza Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika na Estonia.

Amakuru atangazwa n’umudipolomate ushinzwe inyungu za Estonia muri Kenya, Kadri Humal-Ayal, banaganiye no ku buryo ibihugu bitandukanye bya Afurika byarushaho gukwirakwiza ikoranabuhanga bifatiye urugero kuri Estonia.

 Karuhanga, Humal yatangarije itangazamakuru ati “Estonia iri kwagura cyane abafatanyabikorwa bayo kurenza abaturanyi basanzwe. Estonia ishishikajwe n’ahazaza kurenza ah’Umuryango w’Ibihugu by’Uburayi n’inama y’Umuryango wa w’Afurika yunze Ubumwe….”

Yakomeje agira ati “Mu buryo butandukanye Estonia n’u Rwanda bihuriye kuri byinshi ku gukora neza kandi bifite amahirwe akomeye mu gukorana mu by’iterambere ryo gushaka ibisubizo hakoreshejwe ikoranabuhanga n’imikoreshereze y’ikoranabuhanga muri gahunda za Leta no mu zindi gahunda.”

Perezida Kaljulaid w’imyaka 48 y’amavuko, ni we mugore wa mbere akaba n’umuntu ukiri muto watorewe kuyobora igihugu cya Estonia.

By’umwihariko ni we Perezida wa Gatanu w’igihugu cye kuva cyabona ubwigenge mu 1918 cyipakuruye ubukoloni bw’Uburusia n’Abadage.

Ni igihugu giherereye mu Majyaruguru y’Umugabane w’u Burayi, kimaze imyaka icumi gihagaze neza ku rwego rw’Isi mu mikoreshereze y’ikoranabuhanga.

Mu mwaka wa 2000 ni bwo Estonia yatangiye gukoresha ikoranabuhanga muri gahunda za Leta rifasha ubuyobozi gukorana inama zitandukanye hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Mu mwaka wa 2007, Estonia yahuje ikoranabuhanga mu by’umutekano n’indangagaciro zayo mu bya gisirikare maze bitanga umusaruro.

 

Yakiriwe ku kibuga cy’indege cya Kigali n’abayobozi batandukanye barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Patrick Nyamvumba, IGP Gasana Emmanuel n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, Clare Akamanzi.

Byatumye ibihugu byibumbiye mu muryango uhuza ibihugu byo mu Majyaruguru ya Afurika na Atlantic (NATO) bishyiraho ikigo cy’ikitegererezo mu gukoresha ikoranabuhanga mu mutekano, icyo kigo giherereye i Tallin Estonia.

Mu mwaka wa 2010, Estonia yatangije gahunda yo kwandikisha ubucuruzi hakoreshejwe ikoranabuhanga (e-Business) maze mu mwaka wa 2011 yegukana igihembo cya mbere mu cyiciro cya gahunda za Leta mu nama mpuzamahanga yigaga ku gukoresha ikoranabuhanga.

Estonia yamamaye ku bwa gahunda yo gukoresha ikoranabuhanga muri gahunda z’ubuzima (e-Health) aho umurwayi abasha kwivuza akoresheje iyakure akanahabwa imiti hakoreshwe iyo gahunda.

Ni ibintu bisobanurwa ko byazamuye imitangire ya serivisi mu by’ubuzima bigabanya by’umwihariko gukoresha impapuro mu bitaro no mu mafarumasi.

Mu mwaka wa 2013, itangwa ry’imiti muri Estonia ryakorwaga hikoreshejwe iyakure ku kigero cya 95%.

Magingo aya, Estonia ni yo ifite ubuyobozi bw’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi(EU), iki gihugu akaba ari ubwa mbere mu mateka yacyo gifashe ubwo buyobozi aho cyahereye muri Nyakaga 2017 cyikaba kizabutanga mu Kuboza uyu mwaka.

Igihugu cya Estonia giherereye mu Majyaruguru y’Umugabane w’Uburayi, gifite ubuso bwa Km2 45,336.

Ibarura ku miturire y’ingo ryakozwe muri icyo gihugu mu mwaka wa 2011, ryagaragaje ko gituwe n’abaturage 1,294,455.

 

2017-11-16
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.

Editorial 02 Mar 2021
Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Editorial 05 Sep 2023
Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Editorial 21 Apr 2023
Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Editorial 06 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi
POLITIKI

Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi

Editorial 07 Apr 2018
Gen Semugeshi wabaga muri FDLR yagejejwe mu Rwanda
Mu Rwanda

Gen Semugeshi wabaga muri FDLR yagejejwe mu Rwanda

Editorial 09 Mar 2017
Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi
Mu Mahanga

Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi

Editorial 14 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru