• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Editorial 12 Apr 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yakomeje guhura n’ibibazo ubona byamukura ku butegetsi akabirokoka ariko ibyo arimo ubu nibimusiga amahoro bizaba ari ibitangaza bitabaho !

Mu kwezi kwa Mata umwaka ushize wa 2016 kwajegeje cyane Perezida Jacob Zuma ararokoka, na none iyi Mata 2017 irimo iramujegeza ku buryo ubuna ntahantu ashobora kurokokera kuko muri Afurika y’Epfo ya ANC ibintu bitakiri ku ruhande rwa Zuma wujuje imyaka 75 y’amavuko muri uku kwezi kwa Mata.

Tariki 18 Mata 2017 biteganyijwe yuko inteko nshingamategeko ya Afurika y’Epfo izafata umwanzuro wo gukuraho cyangwa ku gumisha ku butegetsi Perezida Jacob Zuma, ubu utagifite imbaraga nyinshi mu ishyaka ANC riri ku butegetsi nk’uko byari bimeze umwaka ushize.

Umwaka ushize inteko nshingamategeko yashatse gukuraho icyizere Perezida Zuma ariko birananirana kubera ishyaka rye rya ANC ryari rukimushyizeho amaboko cyane. Abadepite batoreye yuko Perezida Zuma yakurwaho icyizere bari 143 naho 233 batora banga yuko bakurwaho. Nk’uko biteganywa n’amategeko muri icyo gihugu byasabaga 2/3, abadepite 267 kuri 400, kugira ngo Zuma akurweho.

Habuze rero amajwi ahagije kugira ngo Perezida Zuma, ahanini wari ukurikiranyweho icyaha cyo kunyuruza umutungo w’igihugu avugurura amazu ye bwite ari iwabo Nkandla muri KwaZulu Natali, ngo akurweho icyizere nka Perezida wa Repubulika. Zuma arokoka atyo arwanyweho n’ishyaka rye rya ANC rifite imyanya myinshi mu nteko nshingamategeko.

Perezida Zuma wo muri uku kwezi ariko ntabwo akiri Zuma w’icyo gihe umwaka ushize. Ubu benshi muri ANC bamukuyeho icyizere, cyane kubera ivugurura aherutse gukora muri guverinoma ye bikarakaza benshi mu bakabaye bamurwanirira !

Muri iryo vugururu tariki 30 Werurwe 2017 Perezida Jacob Zuma, yakuye mu mirimo abaminisitiri 10 n’abaminisitiri bungirije 10 byongera umwuka mubi mu gihugu, cyane mu ishyaka rya ANC ubona rimaze kwibibabamo imbuto zo kwisenya !

Ubusanzwe nta gitangaza kirimo Perezida wa Repubulika gukuraho abaminisitiri akabasimbuza abandi, cyane kuri Jacob Zuma kuko kuva yagirwa Perezida wa Afurika y’Epfo muri 2009 amaze kubikora incuro 11 aho hamaze gukurwaho abaminisitiri 62, abaminisitiri bungirije 63 na Visi Perezida Kgalema Motlanthe wakuweho muri 2014.

Muri abo baminisitiri 10 n’abaminisitiri bungirije 10 bakuweho bagasimbuzwa abandi, abavuzwe cyane ni ab’imali. Abo ni Minisitiri Pravin Gordhan na Minisitiri w’imali wungirije, Mcebisi Jonas. Muri ANC ndetse na hose mu gihugu Gordhan na Jonas bari bazwiho kuba barakoraga akazi kabo neza, barwanya buri wese wanyuruzaga cyangwa agakoresha nabi umutungo w’igihugu.

Mu bantu bari ku isonga mu kuvugwaho iyo ngeso yo kunyereza cyangwa gukoresha nabi umutungo w’igihugu ni Perezida Jacob Gedleyihlekisa Zuma ! Umwaka ushize Zuma yategetswe n’urukiko rw’ikirenga kwishyura hafi miliyoni y’amadolari ya Amerika leta yakoresheje bitari ngombwa ku musanira inyubako ze bwite twavuze ziri iwabo i Nklandla muri KwaZulu-Natali. Byakomeje gutangazwa yuko Gorhan yanze guhishira iryo koreshwa ry’amafaranga ya leta ku nyungu z’umuntu ku giti cye, bituma akomeza kwishishwa na Perezida Zuma !

Sfiso Buthelezi wasimbuye Mcebisi Jonas ku mwanya wa minisitiri w’imari wungirije we benshi muri ANC bamufata nk’umugaragu wa Zuma w’igihe kirerekire.

Sfiso nawe washinjwe n’urwego rw’Umuvunyi kuba yaragize uruhare mu mikoreshereze mibi y’umutungo w’ikigo cya gari ya moshi (PIRASA), yari abereye Perezida w’inama y’ubutegetsi, ubu nta wundi mwanya yari afite muri guverinoma usibye gusa yuko yari umudepite wa ANC mu nteko nshingamategeko. Muri za 90 Sfiso Buthelezi yari umujyanama w’ihariye wa Jacob Zuma. Icyo gihe Zuma yari umutegetsi (MEC) iwabo muri KwaZulu Natal, ari nayo ntara uyu Minisitiri mushya w’Imali Malusi Gigaba na Sfiso umwungirije bakomokamo.

Akimara kumva yuko Zuma yakoze ayo mavugurura, Umunyamabanga Mukuru wa ANC, Gwede Mantashe, yavuze yuko iryo vugurura riteye impungenge, ngo cyane yuko Perezida yirukanye abaminisitiri bashoboye akazi akagumishaho abatagashoboye !

Visi Perezida wa Repubulika, Cyril Ramaphosa, wari usanzwe atumvikanwaho kuvuguruza Perezida wa Repubulika, yahise atangaza yuko ikurwaho rya Pravin Gordhan nka Minisitiri w’imari ritemewe na gato ngo cyane kuko ibyo yashinjwagwa byari ibintu bihimbano, bidafite agaciro.

-6296.jpg

Perezida Zuma

Perezida Zuma yari amaze iminsi ashinja Gordhan n’uwari umwungirije ngo bashakaga guhirika ubutegetsi bakoresheje ibigo by’imari mu gihugu no mu mahanga ! Gordhan yakuweho atarangije inama y’ubucuruzi yari arimo mu gihugu cy’u Bwongereza !

Matamela Cyril Ramaphosa ukomeje kwifatanya n’abamagana imyitwarirere ya Zuma nka Perezida w’igihugu akaba na Perezida wa ANC nawe ni Visi Perezida wa Repubulika akaba na Visi Perezida wa ANC.

Nk’uko bikomeza gutangazwa n’itangazamakuru bitandukanye benshi muri ANC bamaze kwemera yuko Zuma atariwe utegeka igihugu ngo ahubwo atagekerwa na GUPTA, umuryango w’abahinde ukize cyane muri Afurika y’Epfo. Icyizere rero Zuma amaze gutakaza muri ANC ntabwo ubona cyatuma abadepite b’iryo shyaka bamurwanaho bihagije ngo adakurwaho icyizere !

Casmiry Kayumba

2017-04-12
Editorial

IZINDI NKURU

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Editorial 01 Oct 2017
Kenya: Miliyoni 19 zazindukiye mu matora ya Perezida, hari abageze ku biro by’ itora saa Cyenda z’ igicuku

Kenya: Miliyoni 19 zazindukiye mu matora ya Perezida, hari abageze ku biro by’ itora saa Cyenda z’ igicuku

Editorial 08 Aug 2017
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bahaye imfashanyo imfubyi zaho

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bahaye imfashanyo imfubyi zaho

Editorial 17 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu
Amakuru

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Editorial 18 Dec 2021
Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho
ITOHOZA

Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Editorial 07 Nov 2016
“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro
Amakuru

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

Editorial 01 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru