• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu

Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu

Ubwanditsi 04 Jun 2016 Mu Mahanga

Gen Kabarebe James, Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye ubuzima bw’abagore babiri bafite abagabo ba b’ofisiye bakuru basozaga amasomo mu ishuri rikuru ry’igisirikare cy’u Rwanda(RDF CSC), riri mu Karere ka Musanze.

Iyo Mpanuka, yabaye ku ku wa Gatatatu w’iki cyumweru kiri kurangira, yabereye mu Mudugudu wa Buyogoma, Akagali ka Mukoto, Umurenge wa Bushoki Akarere ka Rulindo. Abitabye Imana bari batwawe n’akavatiri k’ingabo z’u Rwanda, basanze abagabo babo baburaga iminsi ibiri ngo basoze amasomo bari bamazemo umwaka.

Mu isozwa ry’ayo masomo ryabaye kuri uyu wa Gatanu, Tariki ya 3 Kamena 2016, Gen Kabarebe wari uhagarariye umukuru w’igihugu, Paul Kagame, mbere y’uko agira ikindi avuga yabanje kwihanganisha guverinoma ya Malawi anagaragaza ko Leta y’u Rwanda yababajwe ‘bikomeye’ n’iriya mpanuka.

Gen Kabarebe, yateruye agira ati“mbere na mbere, Guverinoma y’u Rwanda yakiranye agahinda kenshi urupfu rw’abafasha b’abanyeshuri babiri basoje amasomo, rwabaye ku wa Gatatu tariki ya mbere Kamena, tubabajwe bikomeye n’igihombo aba ofisiye n’imiryango bahuye nacyo.”

Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda, yakomeje agira ati “mu izina rya Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda, ndifuza kugaragaza ko twifatanyije na Guverinoma ya Malawi, igisirikare cya Malawi(Malawi Defense force) n’imiryango y’abitabye Imana.”

Mbere gato y’uko Gen James Kabarebe avuga iryo jambo, mu itangira ry’imihango yo gusoza amasomo yahabwaga aba ofisiye 46 bo mu bihugu 8 bya Afurika, habanje gufatwa umunota wo kwibuka bariya bagore bitabye Imana.

Aba ofisiye ba Malawi baburiye abafasha babo mu mpanuka ni Majoro Maluwa na Majoro Chidzungu.

-2869.jpg

Abayobozi bafashe umunota wo kwibuka abahitanwe n’impanuka(Ifoto/KT)

2016-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

RUSHYASHYA 15 Oct 2025
Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Ubwanditsi 23 Jul 2016
Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Ubwanditsi 16 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gianni Infantino atorewe kuyobora FIFA
IMIKINO

Gianni Infantino atorewe kuyobora FIFA

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye
Amakuru

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

Ubwanditsi 15 Dec 2022
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU  yatsinzwe
Mu Rwanda

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU yatsinzwe

Ubwanditsi 16 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru