• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Editorial 19 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Philippe Mpayimana ubwo yatsindwaga mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu mwaka wa 2017, hari benshi batekererezaga ko ahise yigira umurakare, nka ba Faustin Twagiramungu bibeshyaga ko iturufu y’ubwoko yabicaza mu Rugwiro. Siko byagenze rero, kuko n’ubwo atuye mu Bubiligi,Bwana Mpayimana yakomeje kugenda mu Rwanda, ndetse agatanga umusanzu w’ibitekerezo byubaka. Mu nkuru duherutse kubagezaho ku myumvire myiza ya Philippe Mpayimana , twababwiraga ko anenga abibwira ko ibibazo byakemurwa n’intambara, ndetse anavuga ko agiye kubarwanya yivuye inyuma.

Imvugo ye rero ibaye ingiro, Mu nama yabereye I Buruseli mu Bubiligi kuwa gatandatu tariki 17 Ukwakira 2020, ikanitabirwa n’imbaga y’Abanyarwanda baba abatuye muri icyo gihugu, baba n’abari hirya no hino ku isi bayikurikiranye hifashishijwe ikoranabuhanga, Mpayimana yatangaje ko atangije gahunda y’ibyumweru birindwi(7), byo guhangana n’abiyita abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’uRwanda, bagenda bigamba ko bafite cyangwa bagiye gushinga imitwe y’abasirikari izatera uRwanda.Mu itangazo ryakurikiye iyo nama, ndetse tunafitiye kopi, Philippe Mpayimana yagize ati:…”hari abanyapolitiki bahisemo guharanira impinduka bakoresheje ibitutsi, imbunda, kunnyega, guhunga, n’ibindi bikorwa biranga umuntu waburiwe, wiyahura, wanduranya…….guhera ubu bamenye ko turi abanyarwanda benshi cyane bakunda amahoro kandi bakunda Igihugu. Nkaba nifuza ko duhaguruka tukabarwanya ku mugaragaro….ndasaba buri munyarwanda kwifatanya nanjye, tugahugura cyane cyane abatuye mu mahanga, n’ubwo akenshi bitwara nk’abaturusha ubwenge, nk’abazi byose, ku ngaruka mbi zo gukunda intambara no gushyigikira inyeshyamba..”
Bwana Mpayimana akomeza avuga ko uretse kwamagana abo ba gashozantambara.

Abanyarwanda aho bari hose ku isi, bagomba gushyigikira ingabo z’ uRwanda, kuko arizo zirinda amahoro, ubumwe bw’Abanyarwanda, umutekano n’ubusugire bw’igihugu. Yagize ati”..niyo mpamvu nsaba buri wese wiyumvamo igisirikari, mpereye ku bahoze mu nzirabwoba bakiri mu buhungiro, n’abana b’impunzi bifuza kururwanirira, gufata utwangushye bagasaba kwakirwa mu ngabo z’uRwanda. Ibi bibaye twaba turangije intambara tumazemo imyaka isaga 60, tukaba dutangiye igihe cy’amahoro.”Philippe Mpayimana arasosa asaba buri Munyarwanda, aho ari hose, guhora azirikana buri gihe ko intambara isenya itubaka.

Twababwira ko abantu benshi bakiranye yombi ubu butumwa bwa Philippe Mpayimana, Ku mbuga nkoranyambaga, abenshi bavuze ko iyi myumvire ikwiye kuranga buri Munyarwanda ushaka uRwanda rutubereye twese. Hari ababoneyeho guseka cyane imyitwarire ya ba Twagiramungu, Rusesabagina, Kayumba Nyamwasa n’abababeshya ko babashyigikiye, batazirikana umugani wa Kinyarwanda ni uvuga ngo “ukwanga atiretse agira ati ngo turwane”. Abandi bati :”ko poilitiki y’uRwanda rwa none idaheza abana barwo bari mu mahanga nk’uko byari bimeze ku ngoma za Parimehutu na MRND-CDR, mwatashye mugafatanya n’abandi kurwubaka, aho gukerakera mu mahanga batanabakunda”.

Reka dushimire Philippe Mpayimana wanadutumiye mu nteko itangiza gahunda yo kwigisha guharanira amahoro no gukunda igihugu.Inama yacu ku bakigambanira , ni uko mwagombye gukura amasomo kuri izi mpanuro muboneye ubuntu. Ibyabaye kuri bangenzi banyu nka Rusesabagina,”Sankara”, Laforge Bazeye, Déo Mushayidi, n’abandi batabarika, bo batagize amahirwe yo kugera imbere y’ubutabera, nka ba Sylvestre Mudacumura baguye Igihugu igicuri, bikababera umwanya wo gusubiza agatima impembero.

2020-10-19
Editorial

IZINDI NKURU

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Editorial 08 Apr 2021
Félix Antoine Tshisekedi yakoresheje impapuro mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Kongo, Wategereza iki cyiza kuri Perezida w’ umutekamutwe?

Félix Antoine Tshisekedi yakoresheje impapuro mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Kongo, Wategereza iki cyiza kuri Perezida w’ umutekamutwe?

Editorial 11 Jul 2022
FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Editorial 23 May 2023
Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Editorial 08 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsibo: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe kuba ku isonga  mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Gatsibo: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe kuba ku isonga mu kurwanya ibyaha

Editorial 15 Mar 2016
U Rwanda rwasabye u Burundi gutanga ibisobanuro ku rupfu rwa Bihozagara
Mu Mahanga

U Rwanda rwasabye u Burundi gutanga ibisobanuro ku rupfu rwa Bihozagara

Editorial 31 Mar 2016
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano
Amakuru

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Editorial 20 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru