• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Editorial 24 Apr 2018 IMIKINO

Ikipe ya Police FC yanganyije na Mukura Victory Sport igitego 1-1 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 17 wa shampiyona waberaga kuri sitade ya Kigali. Havugarurema Jean Paul yatsindaga igitego cye cya mbere muri Mukura VS kuri ubu igomba kuguma ku mwanya wa cyenda.
Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Police FC ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 20’ ku gitego cyatsinzwe na Ndayishimiye Antoine Dominique wuzuzaga igitego cya gatanu (5) muri shampiyona. Ni umupira waturutse kwa Nizeyimana Mirafa, awutanga kwa Nsengiyumva Moustapha wahise akata awukata awuganisha mu izamu uhura na Songa Isaie wahise awuyobora kwa Ndayishimiye Antoine Dominique wahise areba mu izamu.

Ikipe ya Mukura VS yaje gukina ishaka kwishyura cyane mu gice cya kabiri ubwo Haringingo yahitaga akora impinduka, biza kumuhira ku munota wa 79’ ubwo Havugarurema Jean Paul bita Ralo yateraga umupira uva iburyo bwe ugahita uruhukira mu izamu rya Nzarora Marcel. Havugarurema Jean Paul yari yinjiye mu kibuga asimbuye Gashugi Abdulkalim kapiteni w’iyi kipe nawe wavuye muri Kiyovu Sport.

Muri uyu mukino, Nshimiyimana Maurice bita Maso uri gutoza Police FC yaje kuba nk’aho agorwa ubwo yari akuyemo Mico Justin akinjiza Nzabanita David bita Saibadi. Aha ni bwo Mukura VS yatangiye gusa n’aho Police FC yemera gukina yugarira kuko abakinnyi ba Mukura VS barimo; Hakizimana Kevin bita Pastole, Mutebi Rachid na Havugarurema Jean Paul bakinaga batesha umutwe abugarira ba Police FC.

Ndayishimiye Antoine Dominique yujuje ibtego bitanu (5)

Ndayishimiye Antoine Dominique yujuje ibtego bitanu (5) muri shampiyona

Muri uyu mukino,  Police FC yateye ishoti rimwe rigana mu izamu mu gihe Mukura VS yateye amashoti ane (4). Police FC yateye koruneri umunani (8) kuri enye (4) za Mukura VS. Police FC bakoze amakosa icumi (10) kuri arindwi (7) ya Mukura VS. Abakinnyi ba Police FC baraririye inshuro ebyiri (2) ku nshuro eshatu za Mukura VS.

Muri aya makosa, Rwabugiri Omar umunyezamu wa Mukura VS,  Songa Isaie na Nzabanita David baherewemo amakarita y’umuhondo. Lomami Frank yasimbuye Ibrahim Nshimiyimana ku munota wa 54’, Bukuru Christophe asimbura Ndayishimiye Christophe ku munota wa 55’ mu gihe Gashugi Abdulkalim yasimbuwe na Havugarurema Jean Paul  Ralo ku ruhande rwa Mukura VS.

Ku ruhande rwa Police FC, Biramahire Abeddy yasimbuye Nsengiyumva Moustapha, Mico Justin asimburwa na Nzabanita David mu gice cya kabiri cy’umukino. Nyuma yo kunganya uyu mukino, Police FC iraguma ku mwanya wa munani (8) n’amanota 23 mu gihe Mukura VS iguma ku mwanya wa cyenda (9) n’amanota 22.

Ndayishimiye Antoine Dominique yishimira igitego

Ndayishimiye Antoine Dominique yishimira igitego

Ishimwe Issa Zappy yari yagarutse muri 11

Ishimwe Issa Zappy yari yagarutse muri 11

Iragire Saidi myugariro wa Mukura VS acenga Songa Isaie

Iragire Saidi myugariro wa Mukura VS acenga Songa Isaie

Ndayishimiye Antoine Dominique ashaka umupira

Ndayishimiye Antoine Dominique ashaka umupira

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Mico Justin ashkaumupira mu kirere

Mico Justin ashaka umupira mu kirere

Nsengiyumva Moustapha  azamukana umupira

Nsengiyumva Moustapha azamukana umupira

Twagizimana Fabrice bita Ndikukazi yakinnye iminota 90'

Twagizimana Fabrice bita Ndikukazi yakinnye iminota 90′

Abakinnyi ba Mukura VS bafata inama hagati mu  mukino

Abakinnyi ba Mukura VS bafata inama hagati mu mukino

Nshimiyimana Maurice ashyiramo Nzabanita David

Nshimiyimana Maurice ashyiramo Nzabanita David

Nshimiyimana Maurice Maso niwe uri gutoza Police Fc

Nshimiyimana Maurice Maso ni we uri gutoza Police Fc

Abayobozi batandukanye mu nzego za Polisi y'igihugu

Abayobozi batandukanye mu nzego za Polisi y’igihugu

Bamwe mu bafana ba Mukura VS

Bamwe mu bafana ba Mukura VS

Umwungeri Patrick (5) Kapiteni wa Police FC atera umupira

Umwungeri Patrick (5) Kapiteni wa Police FC atera umupira

Ndayishimiye Celestin  (3) abyugana na Mutebi Rachid

Ndayishimiye Celestin (3) abyigana na Mutebi Rachid

Hakizimana Kevin hagati ya Nsengitumva Moustapha (2) na Mushimiyimana Mohammed

Hakizimana Kevin hagati ya Nsengiyumva Moustapha (2) na Mushimiyimana Mohammed

Hakizimana Kevin bita Pastole umwe mu bazonze Police FC

Hakizimana Kevin bita Pastole umwe mu bakinnyi bazonze abugarira ba Police FC

Havugarurema Jean Paul Ralo ajya kwishyushya

Havugarurema Jean Paul Ralo ajya kwishyushya

Rwabugiri Omar umunyezamu mukuru wa Mukura VS

Rwabugiri Omar umunyezamu mukuru wa Mukura VS wanaje guhabwa ikarita y’umuhondo

Ruzindana Nsoro niwe wari umusifuzi wo hagati

Ruzindana Nsoro ni we wari umusifuzi wo hagati

Havugarurema Jean Paul Ralo ku mupira

Havugarurema Jean Paul Ralo ku mupira

Biramahire Abeddy

Biramahire Abeddy  yinjiye asimbuye Nsengiyumva Moustapha

Biramahire Abeddy yinjiye asimbuye Nsengiyumva Moustapha

Havugarurema Jean Paul Ralo yishimira igitego

Havugarurema Jean Paul Ralo yishimira igitego

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Police FC XI: Nzarora Marcel (GK, 18), Ishimwe Issa Zappy 26, Ndayishimiye Celestin 3, Umwungeri Patrick (C, 5), Twagizimana Fabrice 6, Nizeyimana Mirafa 4, Mushimiyimana Mohammed 10, Mico Justin 8, Nsengiyumva Moustapha 11, Ndayishimiye Antoine Dominique 14 na Songa Isaie 9.

Mukura VS XI:Rwabugiri Omar (GK, 1), Rugirayabo Hassan 5, Mujyanama Fidele 13, Iragire Saidi 3, Nshimiyimana David 16, Gashugi Abdulkalim (C, 7), Ndayegamiye Abou 17, Ndayishimiye Christophe 6, Ibrahim Nshimiyimana 12, Kevin Hakizimana 9 na Mutebi Rachid 11

Urutonde rw'agateganyo rwa shampiyona

Urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona

Dore uko umunsi wa 17 uteye:

Kuwa Mbere tariki 23 Mata 2018

-Police FC 1-1 Mukura VS

Kuwa Gatanu tariki 20 Mata 2018

-APR FC 5-2 FC Marines

-Etincelles FC 1-0 Espoir FC

-Gicumbi FC 1-0 Sunrise FC

-Bugesera FC 0-0 FC Musanze

-Kirehe FC 2-1 Amagaju FC

Ku Cyumweru tariki 22 Mata 2018

– Rayon Sports 2-2 Kiyovu Sport

-Miroplast FC 0-3 AS Kigali

2018-04-24
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Umukino wahuzaga Amavubi na Sudani  wahagaritswe kubera imvururu mu kibuga

Uko Umukino wahuzaga Amavubi na Sudani wahagaritswe kubera imvururu mu kibuga

Editorial 07 Jan 2018
Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 

Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 

Editorial 22 Nov 2020
Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere

Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere

Editorial 14 Dec 2025
Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Editorial 11 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo
IMIKINO

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Editorial 28 Jun 2016
Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma
INKURU NYAMUKURU

Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Editorial 12 Aug 2019
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama
Amakuru

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Editorial 06 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru