• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali

Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2016 IMIKINO

Rayon Sports yaburaga bamwe mu bakinnyi babanza mu kibuga yanganyirije na Espoir kuri stade ya Rusizi itakaza amanota ya mbere muri shampiyona igeze ku munsi wa kabiri mbere yo guhura na AS Kigali.

Rayon Sports yari yatsinze Police FC ibitego 3-0 ku munsi ufungura shampiyona yari i Rusizi nta ba myugariro Manzi Thierry (wavunitse) na Mutsinzi Ange (uri mu bizamini), Mugheni Fabrice na Moussa Camara bafite imvune.

Ibi byatumye umutoza wa Rayon Sports Masudi Djuma aha umwanya Mugisha Francois “Master” akinana na Munezero Fiston mu mutima wa ba myugariro, Rwigema Yves na Nzayisenga Jean d’Amour bugarira ku mpande naho Nsengiyumva Moustafa akina nka rutahizamu.

Mu gice cya mbere, Espoir yabonye uburyo bubiri bwo gutsinda ibitego, abakinnyi bayo bakagwa mu rubuga rwa Rayon Sports, abafana bari muri stade bakavuga ko ari penaliti umusifuzi aryumaho.

Imiterere y’ikibuga ntiyoroheye amakipe yombi mu kubaka umukino, Espoir irusha Rayon Sports kukimenyera ikina imipira miremire.

Uburyo bukomeye mu gice cya mbere Rayon Sports yabonye ni aho Kwizera Pierre yagerageje gutungura umunyezamu wa Espoir, Sozera Anselme wahoze akinira AS Kigali, umupira uca ku ruhande.

-4457.jpg

Shasiri wa Rayon Sports uherutse gutsinda ibitego bibiri ubwo bakinaga na Police FC gusa uyu munsi ntiyatsinze (Ifoto/Ngendahimana S.)

Rayon Sports yatangiye igice cya kabiri isatira cyane aribwo Moustafa yananiwe kubyaza umusaruro umupira watewe nabi na myugariro wa Espoir, umunyezamu asohoka neza arawumuterana.

Umunyezamu wa Rayon Sports, Ndayishimiye Eric “Bakame” yageragejwe kabiri na Ndikumana Bodo na Mbogo Ali imipira yombi ayikuramo

Ni umukino wa kabiri Espoir y’Umurundi Ndayizeye Jimmy anganyije, mu ikipe ifite intego yo kuzasoza mu myanya myiza. Espoir izahura na Bugesera tariki ya 29 Ukwakira i Nyamata.

Yagize ati “Igice cya mbere baturushije, twabonye uburyo mucya kabiri. Twashakaga gutsindira imbere y’abafana, turacyabura byinshi imbere y’izamu turebye uburyo twabonye mu mikino ibiri.”

Mu mikino itatu ya shampiyona Rayon Sports iheruka gukinira i Rusizi ntirinjiza igitego Espoir FC banganyije 0-0. Ni umwaka wa kabiri wa shampiyona ukurikirana iyi kipe inanirwa gutsinda imikino ibiri ibanza ya shampiyona.

Masudi avuga ko hari icyizere cyo kubona amanota kuri AS Kigali ku munsi wa gatatu wa shampiyona kuko bazabona nibura abakinnyi babiri batakinnye kimwe no gukinira ku kibuga cyiza.

Nyuma y’umukino yagize ati “ Twaje hano tudashaka gutsinda nubwo twaburaga abakinnyi benshi, nta na morale ihagije. Inota rimwe hejuru y’imvune twari dufite byanshimishije kuko twe dukina umupira wo hasi kandi ikibuga cyatunajije.”

Tariki ya 30 Ukwakira 2016, Rayon Sports izakira AS Kigali kuri stade ya Kigali yatsinze Marines ibitego 3-0. Umukino nk’uyu wari wabaye ku munsi wa kabiri wa shampiyona, AS Kigali itsinda ibitego 2-1.

Indi mikino y’umunsi wa kabiri wa shampiyona

AS Kigali 3-0 Marines

Police FC 2-1 Bugesera

Kirehe 0-1 Sunrise

Mukura 0-1Etincelles

Ku Cyumweru, tariki ya 23 Ukwakira 2016

Gicumbi FC vs APR FC – Stade ya Kigali

Kiyovu Sports vs Amagaju – Mumena

Musanze FC vs Pepiniere – Nyakinama

2016-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Ubwanditsi 27 Oct 2023
Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Wayde van Niekerk yesheje umuhigo i Rio

Wayde van Niekerk yesheje umuhigo i Rio

Ubwanditsi 15 Aug 2016
Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0

Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0

Ubwanditsi 11 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo yamenyesheje polisi ko agiye kwica Perezida Trump ntakabuza
HIRYA NO HINO

Umugabo yamenyesheje polisi ko agiye kwica Perezida Trump ntakabuza

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Wa musazi Thomas Nahimana ngo “kuvuga gusa” ntacyo byamugejejeho, none ngo agiye kumena amaraso mu Rwanda
Amakuru

Wa musazi Thomas Nahimana ngo “kuvuga gusa” ntacyo byamugejejeho, none ngo agiye kumena amaraso mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Aug 2022
Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)
IMIKINO

Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Ubwanditsi 17 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru