• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali

Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2016 IMIKINO

Rayon Sports yaburaga bamwe mu bakinnyi babanza mu kibuga yanganyirije na Espoir kuri stade ya Rusizi itakaza amanota ya mbere muri shampiyona igeze ku munsi wa kabiri mbere yo guhura na AS Kigali.

Rayon Sports yari yatsinze Police FC ibitego 3-0 ku munsi ufungura shampiyona yari i Rusizi nta ba myugariro Manzi Thierry (wavunitse) na Mutsinzi Ange (uri mu bizamini), Mugheni Fabrice na Moussa Camara bafite imvune.

Ibi byatumye umutoza wa Rayon Sports Masudi Djuma aha umwanya Mugisha Francois “Master” akinana na Munezero Fiston mu mutima wa ba myugariro, Rwigema Yves na Nzayisenga Jean d’Amour bugarira ku mpande naho Nsengiyumva Moustafa akina nka rutahizamu.

Mu gice cya mbere, Espoir yabonye uburyo bubiri bwo gutsinda ibitego, abakinnyi bayo bakagwa mu rubuga rwa Rayon Sports, abafana bari muri stade bakavuga ko ari penaliti umusifuzi aryumaho.

Imiterere y’ikibuga ntiyoroheye amakipe yombi mu kubaka umukino, Espoir irusha Rayon Sports kukimenyera ikina imipira miremire.

Uburyo bukomeye mu gice cya mbere Rayon Sports yabonye ni aho Kwizera Pierre yagerageje gutungura umunyezamu wa Espoir, Sozera Anselme wahoze akinira AS Kigali, umupira uca ku ruhande.

-4457.jpg

Shasiri wa Rayon Sports uherutse gutsinda ibitego bibiri ubwo bakinaga na Police FC gusa uyu munsi ntiyatsinze (Ifoto/Ngendahimana S.)

Rayon Sports yatangiye igice cya kabiri isatira cyane aribwo Moustafa yananiwe kubyaza umusaruro umupira watewe nabi na myugariro wa Espoir, umunyezamu asohoka neza arawumuterana.

Umunyezamu wa Rayon Sports, Ndayishimiye Eric “Bakame” yageragejwe kabiri na Ndikumana Bodo na Mbogo Ali imipira yombi ayikuramo

Ni umukino wa kabiri Espoir y’Umurundi Ndayizeye Jimmy anganyije, mu ikipe ifite intego yo kuzasoza mu myanya myiza. Espoir izahura na Bugesera tariki ya 29 Ukwakira i Nyamata.

Yagize ati “Igice cya mbere baturushije, twabonye uburyo mucya kabiri. Twashakaga gutsindira imbere y’abafana, turacyabura byinshi imbere y’izamu turebye uburyo twabonye mu mikino ibiri.”

Mu mikino itatu ya shampiyona Rayon Sports iheruka gukinira i Rusizi ntirinjiza igitego Espoir FC banganyije 0-0. Ni umwaka wa kabiri wa shampiyona ukurikirana iyi kipe inanirwa gutsinda imikino ibiri ibanza ya shampiyona.

Masudi avuga ko hari icyizere cyo kubona amanota kuri AS Kigali ku munsi wa gatatu wa shampiyona kuko bazabona nibura abakinnyi babiri batakinnye kimwe no gukinira ku kibuga cyiza.

Nyuma y’umukino yagize ati “ Twaje hano tudashaka gutsinda nubwo twaburaga abakinnyi benshi, nta na morale ihagije. Inota rimwe hejuru y’imvune twari dufite byanshimishije kuko twe dukina umupira wo hasi kandi ikibuga cyatunajije.”

Tariki ya 30 Ukwakira 2016, Rayon Sports izakira AS Kigali kuri stade ya Kigali yatsinze Marines ibitego 3-0. Umukino nk’uyu wari wabaye ku munsi wa kabiri wa shampiyona, AS Kigali itsinda ibitego 2-1.

Indi mikino y’umunsi wa kabiri wa shampiyona

AS Kigali 3-0 Marines

Police FC 2-1 Bugesera

Kirehe 0-1 Sunrise

Mukura 0-1Etincelles

Ku Cyumweru, tariki ya 23 Ukwakira 2016

Gicumbi FC vs APR FC – Stade ya Kigali

Kiyovu Sports vs Amagaju – Mumena

Musanze FC vs Pepiniere – Nyakinama

2016-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 13 Jun 2025
Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko

Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Mujonjora ryibanze ryo gutoranya nyampinga 2016 i Musanze hatambutse batanu

Mujonjora ryibanze ryo gutoranya nyampinga 2016 i Musanze hatambutse batanu

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Ubwanditsi 28 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2
HIRYA NO HINO

Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2

Ubwanditsi 03 Feb 2018
Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo
Amakuru

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo

Ubwanditsi 17 Dec 2024
Ikinyoma cya Major Michel Mupende na Uganda ku urupfu rwa Gen.F. Rwigyema, Major Peter Bayingana na C.Bunyenyezi
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma cya Major Michel Mupende na Uganda ku urupfu rwa Gen.F. Rwigyema, Major Peter Bayingana na C.Bunyenyezi

Ubwanditsi 03 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru