Mu rwego rwo kwitegura umwaka w’imikino utaha, Police FC yatangaje impinduka mu buyobozi ndetse inasinyisha umutoza mushya, Umunya-Tunisia Ben Moussa El Kebil Abdessattar, ku masezerano y’imyaka itatu.
Ibi byabereye Kacyiru aho berekanye komite nshya y’ikipe iyobowe na CP Yahaya Kamunuga wasimbuye Rtd CP Bruce Munyambo.
Komite nshya y’ikipe igizwe na:
. Perezida: CP Yahya Kamunuga (usimbuye Rtd CP Bruce Munyambo)
• Visi Perezida wa Mbere: ACP Jean Népomuscène Mbonyumuvunyi
• Visi Perezida wa Kabiri: ACP (Rtd) Bosco Rangira wasimbuye SSP Regis Ruzindana
• Umunyamabanga Mukuru akaba n’Umuvugizi: CIP Claudette Umutoni
Aha kandi niho hahise harangarizwa Umutoza mushya azaba afatanyije na Mutarambirwa Jabirnk’Umutoza wungirije, Dbouki Mohamed Umutoza wongerera abakinnyi imbaraga na Ben Yahia Ahmed, Umusesenguzi w’amashusho.
Police FC iratangaje ko izi mpinduka ari intambwe nshya mu rugendo rwo kugera ku ntsinzi n’imyitwarire myiza mu mwaka utaha w’imikino wa 2025-2026.