• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Editorial 18 Apr 2016 Mu Mahanga

Kuri iki cyumweru ikipe ya Polisi fc yatsinze Mukura Vs igitego 1-0 , bikaba byayongereye ikizere cyo kuza mu makipe y’imbere mu kiciro cya mbere cya Champiyona y’u Rwanda.

N’umukino utagaragayemo Capiteni wa polisi fc Habyarimana Innocent kubera amakarita abiri y’umuhondo yari afite,hakiyongeraho umuzamu wa mbere mvuyekure Emery, Ngirinshuti Mwemere ukina kuruhande rw’ibumoso, Uwihoreye Jean Paul ndetse na Mugabo Gabriel bose bari bafite ikibazo k’imvune.

Ikipe ya Polisi fc yatsinze Mukura vs idafite abakinnyi bagera kuri batanu babanzamo, si ubwa mbere bibaye kuko no ku mukino wari wabanje ikipe ya Polisi fc yatsinze ikipe ya AS Kigali idafite Capiteni wayo Habyarimana Innocent, abakinnyi bo hagati nka Kalisa Rashid na Nshimiyimana Imran ndetse n’abakinnyi babiri b’inyuma aribo Ngirinshuti Mwemere na Mugabo Gabriel.

Kuba ikipe ya Police fc yari yakiriye mukura kuri stade ikoreraho imyitozo, ryari ishyaka ryinshi ku bakinnyi bavugaga ko bagombaga gutsinda mukura kugirango ikipe ikomeze igabanye ikinyuranyo cy’amanota n’ikipe ya mbere; ikipe ya Polisi irushwa n’ikipe ya Rayon Sport iri ku mwanya wa mbere w’agateganyo amanota ane (04).

Umutoza wa Police fc Andre Cassa Mbungo akaba nawe yari afitiye ikizere abasore be ko bagomba kubona amanota atatu kuri stade bakoreraho imyitozo ya kicukiro.
Myugariro wa Police fc Twagizimana Fabrice usanzwe umenyerewe kw’izina rya “Ndikukazi” akaba ariwe waje gutsinda iki gitego, aho yagitsinze ku munota wa 68 ku mupira waruvuye muri koroneli yari itewe neza na Twagirimana Innocent.

Ikipe ya Police kandi ikaba yagaragaje umukino mwiza wo guhanahana mu kibuga no kugera imbere y’izamu rya Mukura vs ariko amahirwe akagenda yanga, aha twavuga nk’umusore Ngomirakiza Hegman wateye umupira ugafata igiti cy’izamu ndetse na Usengimana Danny wakoreweho ikosa muri penariti ariko umusifuzi ntayisifure.

Iyi tsinzi ikaba yatumye ikipe ya Police fc iguma ku mwanya wa 04 ku rutonde rw’agateganyo rwa champiyona, ikaba ifite amanota 31.

Mu kiganiro n’itangazamakuru umutoza wa Polisi fc Andre Cassa Mbungo akaba yatangaje ko abakinnyi bagaragaje umukino mwiza, kugira ishyaka ndetse ko afite ikizere ko nibakomeza kwitwara neza nkuko babigenje uyu munsi nta kabuza bazasoza bari mu myanya y’imbere muri champiyona y’u Rwanda.

RNP

2016-04-18
Editorial

IZINDI NKURU

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Editorial 18 May 2023
Kwibohora si inzu nziza…, kwibohora ni ukumenya ngo uragana he – Kagame

Kwibohora si inzu nziza…, kwibohora ni ukumenya ngo uragana he – Kagame

Editorial 04 Jul 2016
Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Editorial 06 Mar 2016
Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Editorial 29 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo
Mu Mahanga

Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Editorial 15 Jun 2016
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Editorial 23 Dec 2017
Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana
Mu Rwanda

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Editorial 01 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru