• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo

Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo

Editorial 08 Jul 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo mu kurwanya ibyaha ku itariki 7 Nyakanga yakomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo, mu karere ka Nyanza.

Igikorwa nyiri zina cyabereye mu Mujyi w’aka karere, ni mu kagari ka Nyanza, mu murenge wa Busasamana, aha hakaba hari hateraniye abantu bagera ku 3500 barimo abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto, abanyeshuri bo mu bigo bitandukanye byo muri uyu Mujyi, abawutuyemo, n’abawukoreramo imirimo itandukanye.

Aganira na bo, Umuyobozi w’agashami gashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge kabarizwa mu Ishami rya Polisi y’u Rwanda ry’Ubugenzacyaha (CID), Superintendent of Police (SP) Christophe Semuhungu yababwiye ubwoko bw’ibiyobyabwenge, ingaruka zo kubikoresha no kubikwirakwiza, n’uko bagira uruhare mu kubirwanya.

Yababwiye ko ibiyobyabwenge bikunze kugaragara mu Rwanda harimo ibivanwa hanze y’igihugu nk’urumogi, n’inzoga zitemewe zengerwa hirya no hino mu gihugu nka Muriture, Ibikwangari, n’izindi.

SP Semuhungu yabasobanuriye ko ibi biyobyabwenge bitera uwabinyoye gukora ibyaha nko gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu, gusambanya abana, n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Yagize ati,”Ibi byaha ndetse n’ibindi ntarondoye ababinyoye babikora kubera ko nta mutimanama baba bafite. Ubwo mumaze gusobanukirwa ububi bwabyo murasabwa rero kubyirinda kandi mugire uruhare mu kubirwanya mutanga amakuru y’ababinywa, ababitunda, n’ababicuruza.”

Yabwiye kandi abari aho ati,” Nta cyiza cyabyo. Ndizera ko mujya mwirebera ubwanyu uko bigenza ababinyoye. Abantu bamwe babyishoramo bibwira ko bagiye gukira; ariko aho kubakiza birabakenesha kuko iyo babifatanwe barafungwa; ndetse bagacibwa ihazabu, kandi na byo bikangizwa.”

Yakomeje ababwira ati,”Hari abantu bibwira ko kubinywa bituma umuntu yibagirwa ibibazo yari afite; ariko aho kubyibagirwa bituma ahubwo akora ibyaha.”

Yasoje ubutumwa bwe abasaba kutabinywa, kutabicuruza, no kutabikwirakwiza, kandi bagatanga amakuru y’ababikora.

Mu ijambo rye, Umuyobozi mukuru ushinzwe kurwanya Sida n’izindi ndwara mu Kigo cy’igihugu cy’ubuzima, Dr Turate Innocent yasobanuriye abari aho ko ikiyobyabwenge ari ikintu cyose gihindura imitekerereze n’imyitwarire bikagira ingaruka ku buzima bw’umuntu, cyaba kinyowe, gihumetswe cyangwa gitewe mu rushinge, n’ubundi buryo bwose cyafatwamo.

Yakomeje ababwira ko ikinyobwa cyose kirengeje igipimo cya mirongo ine na gatanu ku ijana (45%) bya alukoro n’ikindi cyose kitujuje ibyangombwa byo kuba cyanyobwa, gifatwa nk’ikiyobyabwenge.

Dr Turate yababwiye ko ibiyobyabwenge bitera ababinywa uburwayi butandukanye, maze abasaba kunywa ibinyobywa byemewe n’amategeko kandi bidafite ingaruka mbi ku buzima bwabo.

-3232.jpg

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Umutesi Solange yashimye abatanze ibiganiro,kandi asaba ababihawe kwirinda ibiyobyabwenge no gukurikiza inama bagiriwe.

RNP

2016-07-08
Editorial

IZINDI NKURU

Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Editorial 03 Jul 2020
Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Editorial 19 Mar 2024
Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Editorial 02 Feb 2016
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Editorial 11 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.

Editorial 03 Jun 2021
Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)
INKURU NYAMUKURU

Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Editorial 04 Apr 2018
Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora
POLITIKI

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Editorial 07 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru