• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Polisi y’u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda

Editorial 28 Mar 2023 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mutarama, muri BK Arena i Remera mu Karere ka Gasabo, habereye umuhango wo gusoza imikino yaberaga mu Rwanda, ihuza abapolisi bo mu bihugu bigize umuryango w’abayobozi ba Polisi mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO Games).

U Rwanda rwitwaye neza rubasha gutsinda imikino 9 kuri 13 yitabiriwe muri iri rushanwa ribaye ku nshuro ya Kane.

Ku nsanganyamatsiko igira iti: ‘Guteza imbere ubufatanye bwa Polisi mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka binyuze mu mikino n’imyidagaduro’, iyi mikino yitabiriwe n’amakipe yo mu bihugu 8 muri 14 bigize umuryango.

Mu gihe cy’icyumweru rimaze ribera ku bibuga bitandukanye mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Bugesera, u Rwanda rwegukanye imidali ya Zahabu mu mukino w’umupira w’amaguru, umukino w’intoki wa Volleyball, Handball na Basketball.

Mu yindi mikino u Rwanda rwatsinze harimo Volleyball yo ku mucanga, taekwondo, iteramakofe, Karate no kumasha.

Kenya yabashije kwitwara neza mu gusiganwa ku maguru, yegukanye umwanya wa Kabiri muri rusange itsindira umudali wa silver, Uganda uba iya mbere mu mukino wa netball itsindira umudali wa bronze.

Umuhango wo gusoza iyi mikino wayobowe na Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Alfred Gasana, witabirwa n’abandi banyacyubahiro barimo Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, Minisitiri w’ingabo, Maj. Gen. Albert Murasira, Komiseri Mukuru wa Polisi ya Ethiopia akaba n’umuyobozi wa EAPCCO, Demelash Gebremicheal Weldeyes, Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda Jean Bosco Kazura, n’abahagarariye Polisi zo mu bihugu bigize EAPCCO.

Umuhango wabimburiwe n’umukino w’intoki wa Handball wahuje u Rwanda na Uganda, urangira u Rwanda rutsinze ibitego 41 kuri 27 bya Uganda rwegukana n’igikombe muri uyu mukino ku nshuro ya kane kuva iyi mikino yatangira mu mwaka wa 2017 rwikurikiranya.

Minisitiri Gasana yavuze ko imikino yubaka umurunga w’ubufatanye bwa Polisi zo mu bihugu binyamuryango.
Yavuze ko imikoranire hagati y’abakinnyi n’abafana babo ifasha mu kubahuza no guhanahana amakuru atuma habaho imikorere myiza.

Yagize ati:” Ubufatanye buhamye hagati y’inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko nibwo bushobora gutuma akarere k’Afurika y’Iburasirazuba kagira umutekano mu buryo burambye ari nawo soko y’iterambere. ”

Yakomeje agira ati:” Ku makipe yahuriye mu mikino itandukanye, intego yari ugushimangira ubufatanye bwa Polisi binyuze mu mikino kandi byagezweho bityo buri wese atahukanye intsinzi. ”

IGP Namuhoranye yavuze ko imikino yagaragaje ko abapolisi bayitabiriye bafite ubushake, kwiyemeza, disipulini ndetse no kudacika intege mu gihe baharanira kugera ku ntego.

Yagize ati:” Mu myaka ishize hakinwa imikino ya EAPCCO, yahindutse inkingi ikomeye y’ubufatanye bw’inzego za Polisi mu karere, ifasha mu kwagura imikoranire y’ibihugu binyamuryango. ”

Yavuze ko abitabiriye imikino babonye umwanya wo kumarana igihe, baramenyana kandi bagirana ubucuti buzabafasha gukorana mu bihe bizaza ari nayo yari intego yayo.

Umuyobozi wa EAPCCO, CG Demelash Gebremicheal Weldeyes, nawe yavuze ko imikino yatekerejwe hagamijwe kurushaho kongera ubufatanye mu rwego rwo guhangana n’ibyaha ndengamipaka bihangayikishije isi yose kuri iki gihe.

Ati:”Duhurira mu mikino kugira ngo turusheho kumenyana no gushimangira ubufatanye bw’inzego z’umutekano mu karere. Gutsinda no gutsindwa n’ubwo byose bibaho ariko ntibibuza ko intego y’irushanwa igerwaho yo guharanira gufatanyiriza hamwe mu kurwanya ibyaha ndengamipaka bishobora kugira ingaruka mu bihugu binyamuryango bitandukanye. ”

2023-03-28
Editorial

IZINDI NKURU

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Editorial 14 Oct 2020
Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Editorial 04 Nov 2017
Kirehe: Umubyeyi yabyaye umwana ufite imitwe ibiri

Kirehe: Umubyeyi yabyaye umwana ufite imitwe ibiri

Editorial 24 Feb 2016
Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda

Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda

Editorial 25 Sep 2020
Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Editorial 14 Oct 2020
Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Editorial 04 Nov 2017
Kirehe: Umubyeyi yabyaye umwana ufite imitwe ibiri

Kirehe: Umubyeyi yabyaye umwana ufite imitwe ibiri

Editorial 24 Feb 2016
Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda

Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda

Editorial 25 Sep 2020
Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Editorial 14 Oct 2020
Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Editorial 04 Nov 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru