• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Polisi y’u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda

Editorial 28 Mar 2023 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mutarama, muri BK Arena i Remera mu Karere ka Gasabo, habereye umuhango wo gusoza imikino yaberaga mu Rwanda, ihuza abapolisi bo mu bihugu bigize umuryango w’abayobozi ba Polisi mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO Games).

U Rwanda rwitwaye neza rubasha gutsinda imikino 9 kuri 13 yitabiriwe muri iri rushanwa ribaye ku nshuro ya Kane.

Ku nsanganyamatsiko igira iti: ‘Guteza imbere ubufatanye bwa Polisi mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka binyuze mu mikino n’imyidagaduro’, iyi mikino yitabiriwe n’amakipe yo mu bihugu 8 muri 14 bigize umuryango.

Mu gihe cy’icyumweru rimaze ribera ku bibuga bitandukanye mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Bugesera, u Rwanda rwegukanye imidali ya Zahabu mu mukino w’umupira w’amaguru, umukino w’intoki wa Volleyball, Handball na Basketball.

Mu yindi mikino u Rwanda rwatsinze harimo Volleyball yo ku mucanga, taekwondo, iteramakofe, Karate no kumasha.

Kenya yabashije kwitwara neza mu gusiganwa ku maguru, yegukanye umwanya wa Kabiri muri rusange itsindira umudali wa silver, Uganda uba iya mbere mu mukino wa netball itsindira umudali wa bronze.

Umuhango wo gusoza iyi mikino wayobowe na Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Alfred Gasana, witabirwa n’abandi banyacyubahiro barimo Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, Minisitiri w’ingabo, Maj. Gen. Albert Murasira, Komiseri Mukuru wa Polisi ya Ethiopia akaba n’umuyobozi wa EAPCCO, Demelash Gebremicheal Weldeyes, Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda Jean Bosco Kazura, n’abahagarariye Polisi zo mu bihugu bigize EAPCCO.

Umuhango wabimburiwe n’umukino w’intoki wa Handball wahuje u Rwanda na Uganda, urangira u Rwanda rutsinze ibitego 41 kuri 27 bya Uganda rwegukana n’igikombe muri uyu mukino ku nshuro ya kane kuva iyi mikino yatangira mu mwaka wa 2017 rwikurikiranya.

Minisitiri Gasana yavuze ko imikino yubaka umurunga w’ubufatanye bwa Polisi zo mu bihugu binyamuryango.
Yavuze ko imikoranire hagati y’abakinnyi n’abafana babo ifasha mu kubahuza no guhanahana amakuru atuma habaho imikorere myiza.

Yagize ati:” Ubufatanye buhamye hagati y’inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko nibwo bushobora gutuma akarere k’Afurika y’Iburasirazuba kagira umutekano mu buryo burambye ari nawo soko y’iterambere. ”

Yakomeje agira ati:” Ku makipe yahuriye mu mikino itandukanye, intego yari ugushimangira ubufatanye bwa Polisi binyuze mu mikino kandi byagezweho bityo buri wese atahukanye intsinzi. ”

IGP Namuhoranye yavuze ko imikino yagaragaje ko abapolisi bayitabiriye bafite ubushake, kwiyemeza, disipulini ndetse no kudacika intege mu gihe baharanira kugera ku ntego.

Yagize ati:” Mu myaka ishize hakinwa imikino ya EAPCCO, yahindutse inkingi ikomeye y’ubufatanye bw’inzego za Polisi mu karere, ifasha mu kwagura imikoranire y’ibihugu binyamuryango. ”

Yavuze ko abitabiriye imikino babonye umwanya wo kumarana igihe, baramenyana kandi bagirana ubucuti buzabafasha gukorana mu bihe bizaza ari nayo yari intego yayo.

Umuyobozi wa EAPCCO, CG Demelash Gebremicheal Weldeyes, nawe yavuze ko imikino yatekerejwe hagamijwe kurushaho kongera ubufatanye mu rwego rwo guhangana n’ibyaha ndengamipaka bihangayikishije isi yose kuri iki gihe.

Ati:”Duhurira mu mikino kugira ngo turusheho kumenyana no gushimangira ubufatanye bw’inzego z’umutekano mu karere. Gutsinda no gutsindwa n’ubwo byose bibaho ariko ntibibuza ko intego y’irushanwa igerwaho yo guharanira gufatanyiriza hamwe mu kurwanya ibyaha ndengamipaka bishobora kugira ingaruka mu bihugu binyamuryango bitandukanye. ”


2023-03-28
Editorial

IZINDI NKURU

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Editorial 30 Jul 2025
Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Editorial 03 Mar 2022
Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Editorial 07 Apr 2021
Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 20 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki y’isi yahaye u Rwanda miliyoni 125 $ yo guteza imbere ingufu z’amashanyarazi
UBUKUNGU

Banki y’isi yahaye u Rwanda miliyoni 125 $ yo guteza imbere ingufu z’amashanyarazi

Editorial 04 Dec 2017
Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora
Mu Rwanda

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Editorial 05 Aug 2017
N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

N’u Rwanda rwaberwa no kwicara kuri ‘table d’honneur’ – Perezida Kagame

Editorial 18 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru