• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Editorial 07 Aug 2019 UBUKUNGU

Radisson Blu Hotel and Convention Centre, imwe muri hotel zikomeye mu Rwanda, yabaye iya mbere mu Rwanda n’iya gatatu muri Afurika yahawe igihembo cya hoteli ituje kandi ifite umutekano.

Ku wa 5 Kanama 2019 ni bwo byatangajwe ko Radisson Blu Hotel and Convention Centre yegukanye iki gihembo gitangwa n’Ikigo Mpuzamahanga gihemba hoteli zifite ituze n’umutekano cyitwa Safehotels Alliance AB.

Iki gihembo gihabwa hoteli zateye intambwe ishimishije mu gushyira mu bikorwa politiki n’ingamba zo kubungabunga ituze n’umutekano kandi zikubahiriza amabwiriza y’ubuziranenge.

Iki kigo gitanga iki gihembo cyemewe kandi gikorana n’Ishyirahamwe ry’ibigo bya ba mukerarugendo birimo Ihuriro Mpuzamahanga rishinzwe ibyo gutegura inama zikomeye (ICCA) n’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe gukumira Ibiza (UNISDR).

Umuyobozi wa Radisson Blu Hotel and Convention Centre, Denis J. Dernault, yavuze ko bishimiye kuba hoteli yakiriye icyo gihembo gikomeye.

Yakomeje agira ati “Ituze n’umutekano by’abakiliya bacu ni ikintu duha agaciro gakomeye kandi tuzirikana ko ingamba nk’izo zishyirwa mu bikorwa. Abakozi bacu bazakomeza gutozwa kubahiriza amabwiriza mu nama zidasanzwe, dukomeze kubigira iby’ibanze.”

Yasobanuye ko Radisson Blu Hotel and Convention Centre izi neza ko icy’ibanze abagenzi bishimira aho batemberera ari ituze n’umutekano bahasanga, bityo kuba yabiherewe igihembo bizatuma abayigana barushaho kuyigirira icyizere.

Radisson Blu Hotel yahawe igihembo cya hoteli itekanye kandi yiyubashye nyuma y’igenzura yakorewe ku ngingo zisaga 220 zishingirwaho kugira ngo hoteli runaka ishyirwe mu zitekanye.

Harebwa ibyiciro bitandatu bitandukanye birimo umutekano w’inyubako, imiterere ya hoteli n’uburyo ihugura abakozi, ibikoresho bikumira inkongi, ibikoresho byifashishwa mu gucunga umutekano n’uburyo ikemura ibibazo ihuye nabyo.

Radisson Blu Hotel and Convention Centre, yagiye ihabwa ibindi bihembo birimo icyo yegukanye mu cyiciro cya hoteli zifite igishushanyo cyiza n’izikomeje gutera imbere muri Afurika, icya Hotel ibereye gukorerwamo Inama (Best Conference); Ubukerarugendo (Best Mice Hotel) n’Ishoramari mu Rwanda n’ibindi.

Radisson Blu Hotel and Convention Centre iherereye ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali. Ifite ibyumba 291, birimo n’icyagenewe abo ku rwego rwo hejuru (Royal Suite) kiri ku buso bwa metero kare 700.

Igice cyayo gishushe nk’Inzu y’Umwami igaragara i Nyanza, cyakira abantu 2600.

Iyi nyubako yafunguye imiryango mu 2016, ifite ubushobozi bwo kwakira inama y’abantu 5000 icyarimwe n’umwanya uhagije ushobora kuberamo ibikorwa by’ubucuruzi, imyidagaduro n’ibindi birori.

Radisson Blu Hotel & Convention Centre yegukanye igihembo cya hoteli itekanye

Muri Radisson Blu Hotel hateye amabengeza ku buryo abanyamahanga n’Abanyarwanda bishimira kuhacumbika

Radisson Blu Hotel and Convention Centre ifite ibyumba 291, birimo n’icyagenewe abo ku rwego rwo hejuru

Iyi nyubako yafunguye imiryango mu 2016, ifite ubushobozi bwo kwakira inama y’abantu 5000

Kuva muri Nyakanga 2016 Radisson Blu Hotel & Convention Centre imaze kwakira inama n’ibindi bikorwa 853 byitabiriwe n’abantu 320 000

Radisson Blu Hotel and Convention Centre yabaye hotel ya mbere mu Rwanda n’iya gatatu muri Afurika yahawe igihembo kubera ko ituje kandi ifite umutekano

Src: IGIHE

2019-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Editorial 14 Jan 2020
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Editorial 10 Sep 2023
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Editorial 16 May 2019
“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Editorial 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Editorial 04 Dec 2016
CP Kabera yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu
ITOHOZA

CP Kabera yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu

Editorial 30 Oct 2018
Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse
Amakuru

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Editorial 03 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru