• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Editorial 01 May 2023 Amakuru, IMIKINO

Impera z’iki cyumweru dushoje zisize habayeho impinduka ku rutonde rwa Shampiona y’u Rwanda cyane cyane aho ikipe ya Rayon Sports iri mu makipe ahatanira igikombe naho Espoir FC yabaye ikipe ya mbere imanutse mu kiciro cya kabiri.

Ibi bibaye muri shampiyona y’u Rwanda irimo gukinwa aho igeze ku munsi wayo wa 27, ni umunsi usize Kiyovu SC iri ku mwanya wa mbere naho Rayon Sports ikisanga kuwa kabiri naho APR FC iba iri ku mwanya wa gatatu.

Gufata umwanya wa Kabiri kuri Gikundiro yabigezeho kuri iki cyumwe nyuma yaho iyi kipe yatsindiye i Rusizi ikipe ya Espoir ibitego 2-1 byatsinzwe na Tuyisenge Arsene na Léandre Essombe Onana.

Uyu mukino ukaba warabaye kuwa Gatandatu As Kigali yaranganyije na APR FC bityo ikipe y’ingabo z’igihugu itakaza umwanya wa kabiri kuko yananiwe gutsinda uwo mukino.

Ku rundi ruhande Kiyovu SC yo yari yanganyije na Mukura VS ubusa ku busa ariko ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere bitewe n’uko yarushaga amanota menshi amakipe yari ayikurikiye harimo APR FC na Rayon Sports.

Gutsindwa na Rayon Sports kwa Espoir FC yo mu karere ka Rusizi byatumye iyi kipe iba iyambere imanutse mu kiciro cya kabiri cya 2023-2024 kuko mu mikino itatu isigaye gukina niyo yayitsinda ntiyagira amanota atuma aguma mu kiciro cya mbere.

Kugeza ubu ku munsi wa 27 wa shampiyona y’u Rwanda mu kiciro cya mbere, ikipe ya Kiyovu SC ifite amanota 57, Rayon Sports ikaba ku mwanya wa kabiri n’amanota 55, APR FC yo ifite amanota 54 ku mwanya wa gatatu naho Police FC irisanga ku mwanya wa kane n’amanota 45.

Amakipe ari mu myanya y’inyuma agomba kwishakamo imwe izamanukana na Espoir FC ni  Rwamagana city, Bugesera FC, Marines na Rutsiro FC.

Muri rusange dore uko imikino y’umunsi wa 27 wa Primus National League yagenze mu mpera z’iko cyumweru:

Kiyovu SC 0-0 Mukura VS

APR FC 1-1 AS Kigali

Etincelles FC 1-0 Police FC

Espoir FC 1-2 Rayon Sports

Gorilla FC 1-5 Rutsiro FC

Sunrise FC 3-1 Musanze FC

Gasogi United 0-2 Marine FC

Rwamagana City 1-0 Bugesera FC

2023-05-01
Editorial

IZINDI NKURU

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Editorial 09 Jun 2022
Ronaldo yakomerekeye mu mukino wahuje Real Madrid na Deportivo La Coruna

Ronaldo yakomerekeye mu mukino wahuje Real Madrid na Deportivo La Coruna

Editorial 22 Jan 2018
Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Editorial 08 Oct 2025
Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Editorial 15 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC yasinyishije abakinnyi 3 bashya barimo Migi, inongerera amasezerano Rutanga Eric na Patrick Sibomana, abarimo Tuyisenge Jeacques barategerejwe
Amakuru

Police FC yasinyishije abakinnyi 3 bashya barimo Migi, inongerera amasezerano Rutanga Eric na Patrick Sibomana, abarimo Tuyisenge Jeacques barategerejwe

Editorial 26 Jul 2022
Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura
Mu Mahanga

Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura

Editorial 29 Aug 2018
Rusesabagina Paul siwe wenyine wo muri FLN uri kuburanishwa: Umushinjacyaha Mukuru
Amakuru

Rusesabagina Paul siwe wenyine wo muri FLN uri kuburanishwa: Umushinjacyaha Mukuru

Editorial 05 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru