• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»RDC: Ingabo za Uganda ziyobowe na Maj Gen. Muhoozi ziritegura igitero simusiga kuri ADF

RDC: Ingabo za Uganda ziyobowe na Maj Gen. Muhoozi ziritegura igitero simusiga kuri ADF

Ubwanditsi 17 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Igisirikare cya Uganda(UPDF) kirimo gutegura igitero simusiga ku nyeshyamba z’umutwe wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Congo. Ni nyuma y’igitero gikomeye cyahitanye ingabo za Loni zikomoka muri Tanzania mu minsi ishize, ariko Uganda ikaba ivuga ko iki gitero cyari mu rwego rwo kujijisha hagamijwe kugaba ibitero ku butaka bwa Uganda.

Amakuru yizewe aturuka muri minisiteri y’ingabo ya Uganda agera ku rubuga rwa Spyreports dukesha iyi nkuru, akaba avuga ko perezida Museveni, akaba n’umugaba mukuru w’ikirenga w’ingabo za Uganda, yahaye umuhungu we, maj. Gen. Muhoozi Kainerugaba, kuba ari we uzayobora ingabo za UPDF muri Congo mu rwego rwo kugirango amenye neza ko izi nyeshyamba za ADF zitsinzwe burundu.

Gen Muhoozi, kuri ubu ukora nk’umujyanama wa se ku bikorwa bidasanzwe bya gisirikare, azaba yungirijwe n’umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka,  Maj. Gen. Micheal Elweru ndetse n’umuyobozi wa batayo ishinzwe gukoresha intwaro za rutura, Maj. Gen. Omoding.

Aya makuru arakomeza avuga ko iki gikorwa cyo kurandura ADF biteganyijwe ko kizamara amasaha 180.

Ubwo umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire yabazwaga kuri aya makuru, ntiyigeze ayameza.

Gusa, muri iki cyumweru dusoza, abayobozi b’ingabo za Uganda n’ab’ingabo za Congo (FARDC) bakoranye inama y’umutekano, aho ku murongo w’ibyigwa hari harimo  guca integer umutwe wa ADF no gukaza umutekano ku mupaka w’ibihugu byombi.

Iyi nama yabereye mu mujyi wa Kasindi-Lubiriha uherereye mu birometero 90 mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Beni ku mupaka wa Uganda, yigiwemo uko ingabo za Congo n’iza Uganda zafatanya mu bikorwa byo guhiga no guca intege inyeshyamba za ADF zikorera muri Beni.

Muri iki cyumweru kandi, amakamyo menshi atwaye umubare utazwi neza w’ingabo za Uganda n’ibikoresho byazo yagaragaye ahitwa Fort Portal yerekeza mu Karere ka  Bundibugyo.

Major Peter Mugisa, umuvugizi wa division ya 2 y’ingabo za Uganda, akaba yaratangaje ko uko kohereza ingabo muri aka karere byakurikiye amakuru yavugaga ko inyeshyamba za ADF zapangaga kwinjira ku butaka bwa Uganda zinyuze muri aka karere ka Bundibugyo.

Major Mugisa akaba yarasobanuye ko igitero cya ADF ku ngabo za Monusco cyari ukujijisha ariko hagamijwe gucengera no kugaba ibitero ku butaka bwa Uganda.

Kuwa Gatanu w’icyumweru cyashize nibwo izi nyeshyamba za ADF ubusanzwe ngo zirwanya ubutegetsi bwa Uganda, zagabye igitero ku ngabo za Monusco muri Beni zica abantu 20 barimo abasirikare 15 ba Tanzania abandi 53 barakomereka.

2017-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Canada : Kizito Musabyimana yabashije kwikiza ‘TRAUMA’ agenze urugendo rwa  KM 550 n’amaguru

Canada : Kizito Musabyimana yabashije kwikiza ‘TRAUMA’ agenze urugendo rwa KM 550 n’amaguru

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Diamond yasesekaye  i Kigali

Diamond yasesekaye i Kigali

Ubwanditsi 19 Jan 2018
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

Ubwanditsi 06 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda
UBUKERARUGENDO

Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi
Mu Rwanda

Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi

Ubwanditsi 19 Apr 2018
APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije
Amakuru

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

Ubwanditsi 31 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru