• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

Editorial 13 Nov 2018 POLITIKI

Umuyobozi w’Ishyaka UDPS ritavuga rumwe na Leta ya Congo, Etienne Tshisekedi, hamwe na Vital Kamerhe uyobora UNC bikuye mu masezerano ashyiraho umukandida umwe uzahagararia abatavuga rumwe na Leta mu matora ya Perezida.

Mu Cyumweru gishize nibwo abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe na Leta bahuriye i Genève, bemeza Martin Fayulu nk’uzabahagarira mu matora ya Perezida mu Ukuboza uyu mwaka.

Nubwo bari bamaze guhitamo Fayulu, abarwanashyaka ba UDPS n’aba Kamerhe bavuze ko badashobora kuzajya inyuma y’uwo mukandida, mu gihe atari we bahisemo ngo abahagararire.

Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ugushyingo, Tshisekedi yatangarije Radio Top Congo ko yikuye mu masezerano kubera ko abarwanashyaka be batabishaka.

Yagize ati “Sinshobora gukora ibihabanye n’ibyabantoye. Ibyo byaba ari nko gusinyira urupfu rw’umwuga wanjye wa politiki.”

Ibyabaye kuri Tshisekedi ni kimwe n’ibya Vital Kamerhe, Umuyobozi w’Ishyaka UNC riharanira ubumwe bwa Congo.

Itangazo ryemeza Fayulu nk’uzahagararira abatavuga rumwe na Leta rikimara gusohoka ku Cyumweru tariki 11 Ugushyingo, abayoboke ba UNC bagiye mu mihanda basaba umuyobozi wabo kwivana muri ayo masezerano.

Kamerhe yabwiye Radio Top Congo ati “Icyerecyezo cya Politiki yanjye kintegeka kugendera ku busabe bw’abaturage […] Niyo mpamvu ntangaje ko nivanye mu masezerano ngo nubahe ubushake bw’abaturage. Badahari, nakabaye ndi njye nyine ntari no mu ishyaka.”

Icyakora bamwe mu bashyize umukono kuri ayo masezerano barimo Freddy Matungulu na Adolphe Muzito wahoze ari Minisitiri w’Intebe batangaje ko bagishyigikiye Fayulu nkuko Jeune Afrique yabitangaje.

Felix Tshisekedi yavuze ko kutumvira abamutoye byaba ari ugusinyira urupfu rwe muri politiki

2018-11-13
Editorial

IZINDI NKURU

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Editorial 07 Apr 2018
Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Editorial 26 Jul 2025
Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Editorial 12 Jul 2024
i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ –   [ VIDEO ]

i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ – [ VIDEO ]

Editorial 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.
Amakuru

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.

Editorial 26 Nov 2023
Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022
Amakuru

Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022

Editorial 07 Oct 2021
Kitoko yakoranye  indirimbo n’umugandekazi  Sheebah
IMIKINO

Kitoko yakoranye indirimbo n’umugandekazi Sheebah

Editorial 02 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru