• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»RDC: Ubwumvikane buke muri Lamuka nyuma y’amagambo ya Moïse Katumbi

RDC: Ubwumvikane buke muri Lamuka nyuma y’amagambo ya Moïse Katumbi

Ubwanditsi 27 May 2019 HIRYA NO HINO

Hatangiye umwuka mubi hagati y’abagize Ihuriro Lamuka ry’amashyaka atavuga rumwe na Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’amagambo Moïse Katumbi yatangaje.

Ubwo yagarukaaga mu gihugu muri iki Cyumweru nyuma y’imyaka itatu mu buhungiro, Katumbi yatangaje ko ihuriro ryabo rigamije gukosora Leta aho yatannye no guteza imbere indangagaciro zigamije ukwishyira ukizana kwa buri wese.

Katumbi yagaragaje ko intego ari ugukorana n’ubuyobozi buriho bukuriwe na Felix Tshisekedi watsinze mu matora Martin Fayulu umwaka ushize, ibitagenda neza bakabigaragaza.

Martin Fayulu wiyamamaje ku itike ya Lamuka ntabwo yemera ko yatsinzwe na Tshisekedi ndetse avuga ko muri RDC ubutegetsi buriho butemewe n’amategeko.

Kuba Katumbi yatangaje ko bazakorana na Tshisekedi byarakaje bamwe mu banyamuryango b’iryo huriro.

Umwe mu bavugizi ba Martin Fayulu, Steve Kivwata, yabwiye RFI ko ibyatangajwe na Katumbi binyuranyije n’amahame bashyizeho.

Ati “Mu irangashingiro (ry’amahame ya Lamuka) handitse ko hari ikibazo gikomeye cya politiki mu gihugu cyacu kubera ibibazo byabaye mu matora. Niyo mpamvu inzego zihari zitemewe. Ikindi kandi nk’umuhuzabikorwa, ntabwo abandi bayobozi batandatu bigeze bamuha ububasha bwo kubafatira umwanzuro. Ntabwo rero bikwiriye ko Katumbi ari we uzamura icyo gitekerezo gihabanye n’amahame yacu.”

Kivwata yavuze ko bidashoboka kuba Lamuka yahitamo gukorana na Leta iriho yirengagije ibyabaye mu matora yashyizeho Tshisekedi.

Yasabye Katumbi kwisubiraho agasubira mu murongo muzima ukwiriye kuranga abanyamuryango ba Lamuka.

Katumbi ni we muhuzabikorwa w’ihuriro Lamuka rigizwe n’amwe mu mashyaka atavuga rumwe na Leta aherutse kwishyira hamwe ngo agarure impinduka muri Congo.

2019-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Robot yiswe Sophia yizihiwe no kwambara umukenkero i Kigali

Robot yiswe Sophia yizihiwe no kwambara umukenkero i Kigali

Ubwanditsi 15 May 2019
“Niyo napfa nazuka nk’uko Yesu yazutse “- Perezida Museveni

“Niyo napfa nazuka nk’uko Yesu yazutse “- Perezida Museveni

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Ubwanditsi 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame
Mu Rwanda

Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame

Ubwanditsi 29 Jul 2017
Dushime Intwari zarubogoye, tugaya intati zarubogetse. Abatanze ubuzima mutabara ubwacu muri Intwari, abarugambaniye mubyita umuvuno, bizababera umuvumo!!
Amakuru

Dushime Intwari zarubogoye, tugaya intati zarubogetse. Abatanze ubuzima mutabara ubwacu muri Intwari, abarugambaniye mubyita umuvuno, bizababera umuvumo!!

Ubwanditsi 01 Feb 2021
Kigali :Abanyeshuri  basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB
Mu Rwanda

Kigali :Abanyeshuri basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Ubwanditsi 10 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru