• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira

RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira

Editorial 18 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa, RNC, ukomeje kuba ubwato bucubira nyuma y’abatari bake mu bayobozi bo hejuru bakomeje kwegura ubutitsa barimo n’abawushinze.

Uheruka ni Leah Karegeya, umupfakazi w’umwe mu bashinze uyu mutwe w’iterabwoba, Patrick Karegeya.

Leah Karegeya yari mu bakomeye muri komite y’uyu mutwe, yaje kuyivanamo biciye mu rwandiko yandikiye umuhuzabikorwa wa RNC, Jerome Nayigiziki tariki 30 Ukuboza 2019.

Muri uru rwandiko ruvuga ukwegura, Leah yavuze ko yeguye kubera ko komite yari ayoboye itizewe, ku buryo imyanzuro bafata idahabwa agaciro.

Yagize ati “Nasanze nta mpamvu yo kuguma kuba umuyobozi mu gihe nka komite yahawe inshingano zo gufata ibyemezo ku bayobozi, batabiha agaciro.”

Imwe muri iyo myanzuro, harimo irebana n’uwari umuvugizi wayo, Jean Paul Turayishimiye uheruka kwirukanwa nyuma yo kuzamura ikibazo kirimo ibura ry’umwe muri ba komiseri muri RNC, Benjamin Rutabana.

Leah yavuze ko itsinda rye ryemeje ko Turayishimiye yirukanywe kubera ko yagaragaje impungenge ku ibura rya Rutabana. Gusa Nyamwasa we yahisemo ahubwo kumwirukana atabagishije inama.

Uyu mutwe w’iterabwoba wagiye ugaba ibitero birimo gutera ibisasu mu Rwanda, ubu ukomeje kwisanga mu bibazo bikomeye.

Hagati aho abatanze amakuru bagaragaza ko ari iminsi gusa isigaye, umubitsi wawo, Jean Marie Micombero na we akawuvamo. Bavuga ko Micombero ari muri aba batishimye.

Ati “Imbarutso ibiri inyuma ni ibura rya Benjamin Rutabana, uheruka kuvugana n’umuryango we ubwo yari muri Uganda muri Nzeri 2019.”

Rutabana wari komiseri ushinzwe kongera ubushobozi, yari muri Uganda mu rugendo rw’akazi. Umugore we yandikiye ibaruwa ubuyobozi bwa RNC abaza aho umugabo we aherereye, gusa Kayumba Nyamwasa nta gisubizo yamuhaye.

Amakuru avuga ko kugeza ubu abo mu muryango wa Rutabana nabo biyemeje guhangana na Nyamwasa, n’abarimo muramu we Frank Ntwari.

Kugeza uyu munsi irengero rya Rutabana ntiriramenyekana nubwo Kayumba we yigeze kwizeza uyu muryango we ko umuvandimwe wabo ameze neza.

Iyegura rya Jean Paul Turayishimye, Leah Karegeya n’abandi, bifitanye isano n’uruhare rwa Kayumba mu ibura rya Rutabana n’imicungire mibi y’umutungo wa RNC.

Nyamwasa n’umugore we ni inzobere mu kunyereza umutungo, bashoye umutungo wa RNC mu bucuruzi bw’umuryango wabo harimo amahahiro akomeye muri Afurika y’Epfo, muri Mozambique n’ahandi nk’uko amakuru abivuga.

Nyamwasa ashinjwa kwiharira RNC, aho bagenzi be bafatanyije gushinga uyu mutwe bamushinja kunyereza umutungo, kutagira imiyoborere inoze, kwironda, gukoresha icyenewabo no kwigwizaho iby’uyu mutwe.

Kayumba yagiye akorana bya hafi n’abo mu muryango we barimo muramu we, Frank Ntwari, uyu akaba yaranamuhaye imbaraga zo kuba komiseri ushinzwe urubyiruko.

Ntwari yagiye ashinjwa n’umugore wa Rutabana, Diane Rutabana ko ari umuntu wagiye atera ubwoba umugabo we.

Diane yavuze ko inshuro nyinshi yagiye agaragaza ikibazo afite. Yabwiye Ijwi rya Amerika ko Ntwari yagiye atera ubwoba Rutabana, ko mu gihe yaba asubiye muri Uganda azamufunga.

2020-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Editorial 04 Nov 2024
Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka

Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka

Editorial 18 Nov 2020
Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Editorial 09 Jan 2018
Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Editorial 27 Jan 2021
“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Editorial 04 Nov 2024
Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka

Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka

Editorial 18 Nov 2020
Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Editorial 09 Jan 2018
Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Editorial 27 Jan 2021
“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Editorial 04 Nov 2024
Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka

Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka

Editorial 18 Nov 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru