• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira

RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira

Editorial 18 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa, RNC, ukomeje kuba ubwato bucubira nyuma y’abatari bake mu bayobozi bo hejuru bakomeje kwegura ubutitsa barimo n’abawushinze.

Uheruka ni Leah Karegeya, umupfakazi w’umwe mu bashinze uyu mutwe w’iterabwoba, Patrick Karegeya.

Leah Karegeya yari mu bakomeye muri komite y’uyu mutwe, yaje kuyivanamo biciye mu rwandiko yandikiye umuhuzabikorwa wa RNC, Jerome Nayigiziki tariki 30 Ukuboza 2019.

Muri uru rwandiko ruvuga ukwegura, Leah yavuze ko yeguye kubera ko komite yari ayoboye itizewe, ku buryo imyanzuro bafata idahabwa agaciro.

Yagize ati “Nasanze nta mpamvu yo kuguma kuba umuyobozi mu gihe nka komite yahawe inshingano zo gufata ibyemezo ku bayobozi, batabiha agaciro.”

Imwe muri iyo myanzuro, harimo irebana n’uwari umuvugizi wayo, Jean Paul Turayishimiye uheruka kwirukanwa nyuma yo kuzamura ikibazo kirimo ibura ry’umwe muri ba komiseri muri RNC, Benjamin Rutabana.

Leah yavuze ko itsinda rye ryemeje ko Turayishimiye yirukanywe kubera ko yagaragaje impungenge ku ibura rya Rutabana. Gusa Nyamwasa we yahisemo ahubwo kumwirukana atabagishije inama.

Uyu mutwe w’iterabwoba wagiye ugaba ibitero birimo gutera ibisasu mu Rwanda, ubu ukomeje kwisanga mu bibazo bikomeye.

Hagati aho abatanze amakuru bagaragaza ko ari iminsi gusa isigaye, umubitsi wawo, Jean Marie Micombero na we akawuvamo. Bavuga ko Micombero ari muri aba batishimye.

Ati “Imbarutso ibiri inyuma ni ibura rya Benjamin Rutabana, uheruka kuvugana n’umuryango we ubwo yari muri Uganda muri Nzeri 2019.”

Rutabana wari komiseri ushinzwe kongera ubushobozi, yari muri Uganda mu rugendo rw’akazi. Umugore we yandikiye ibaruwa ubuyobozi bwa RNC abaza aho umugabo we aherereye, gusa Kayumba Nyamwasa nta gisubizo yamuhaye.

Amakuru avuga ko kugeza ubu abo mu muryango wa Rutabana nabo biyemeje guhangana na Nyamwasa, n’abarimo muramu we Frank Ntwari.

Kugeza uyu munsi irengero rya Rutabana ntiriramenyekana nubwo Kayumba we yigeze kwizeza uyu muryango we ko umuvandimwe wabo ameze neza.

Iyegura rya Jean Paul Turayishimye, Leah Karegeya n’abandi, bifitanye isano n’uruhare rwa Kayumba mu ibura rya Rutabana n’imicungire mibi y’umutungo wa RNC.

Nyamwasa n’umugore we ni inzobere mu kunyereza umutungo, bashoye umutungo wa RNC mu bucuruzi bw’umuryango wabo harimo amahahiro akomeye muri Afurika y’Epfo, muri Mozambique n’ahandi nk’uko amakuru abivuga.

Nyamwasa ashinjwa kwiharira RNC, aho bagenzi be bafatanyije gushinga uyu mutwe bamushinja kunyereza umutungo, kutagira imiyoborere inoze, kwironda, gukoresha icyenewabo no kwigwizaho iby’uyu mutwe.

Kayumba yagiye akorana bya hafi n’abo mu muryango we barimo muramu we, Frank Ntwari, uyu akaba yaranamuhaye imbaraga zo kuba komiseri ushinzwe urubyiruko.

Ntwari yagiye ashinjwa n’umugore wa Rutabana, Diane Rutabana ko ari umuntu wagiye atera ubwoba umugabo we.

Diane yavuze ko inshuro nyinshi yagiye agaragaza ikibazo afite. Yabwiye Ijwi rya Amerika ko Ntwari yagiye atera ubwoba Rutabana, ko mu gihe yaba asubiye muri Uganda azamufunga.

2020-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Editorial 15 Apr 2021
Ishamaduko rya Museveni, Papa mushya muri batisimu w’abarwanya u Rwanda

Ishamaduko rya Museveni, Papa mushya muri batisimu w’abarwanya u Rwanda

Editorial 24 Sep 2019
Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Editorial 29 Aug 2024
“ Sinzakorana na CMI gusa, ahubwo nzaba umwe muri bo.” – Rugema Kayumba

“ Sinzakorana na CMI gusa, ahubwo nzaba umwe muri bo.” – Rugema Kayumba

Editorial 15 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yerekanye imyambaro izakoresha umwaka utaha
IMIKINO

Rayon Sports yerekanye imyambaro izakoresha umwaka utaha

Editorial 23 Aug 2018
Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026
Amakuru

Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Editorial 28 May 2025
Taliki ya 10 Mata 1994: Abasirikare ba Habyarimana bishe abarwayi kuri Faisal
INKURU NYAMUKURU

Taliki ya 10 Mata 1994: Abasirikare ba Habyarimana bishe abarwayi kuri Faisal

Editorial 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru