• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha

Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha

Editorial 12 Feb 2016 Mu Mahanga

​Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bagera ku 1500 bakorera mu mirenge ya Kanama,Nyakiriba,Kanzenze,Mudende,Bugeshi,na Busasamana, yo mu karere ka Rubavu, ku itariki 10 Gashyantare, bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha (Anti-Crime Clubs).

Aba bakorera uyu mwuga muri iriya mirenge uko ari itandatu, bibumbiye mu ma koperative 17, bakaba kandi ari abanyamuryango b’impuzamakoperative yabo ku rwego rw’akarere yitwa Union de Taxi Vélos de Rubavu.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri aka karere, Senior Superintendent of Police (SSP) Callixte Kalisa yitabiriye icyo gikorwa cyabo cyabereye mu kagari ka Kirerema, mu murenge wa Kanzenze, akaba yarabahuguye ku bijyanye n’uruhare rwabo mu kwicungira umutekano.

SSP Kalisa yababwiye ati:”Umutekano ni inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye. Buri wese akwiriye kugira uruhare mu kurwanya ikintu cyose gishobora kuwuhungabanya.”

Yabashimiye uruhare bagira mu kwicungira umutekano aho baba bari hose, maze abasaba gukomeza gukorana neza na Polisi y’u Rwanda bayiha amakuru yatuma harwanywa ndetse hakanakumirwa ibyaha.

Yababwiye ati:” N’ubundi mwari musanzwe muri abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya no gukumira ibyaha, ariko buri umwe muri mwe yabikoraga ku giti cye, ariko ubu mugiye kurushaho kubikora neza kuko muhurije hamwe imbaraga kandi mukaba mwumva ibintu kimwe.”

SSP Kalisa yababwiye kandi kubahiriza amategeko n’amabwiriza bigenga umwuga wabo, aha akaba yarabasobanuriye ko bizatuma badakora cyangwa ngo bateze impanuka mu muhanda.

Na none yababwiye kujya bashishoza mu gihe bari gukora umwuga wabo kugira ngo hato badatwara abantu bafite ibintu bitemewe nk’urumogi cyangwa bagiye gukora ibindi bikorwa binyuranyije n’amategeko, kandi abasaba kujya bahita bamenyesha Polisi y’u Rwanda igihe batahuye ko umugenzi batwaye kuri moto ndetse n’undi muntu wese agiye kubikora cyangwa ari gutegura kubikora.

SSP Kalisa yabwiye kandi abo bakora uyu mwuga kudatwara igare nijoro, kutarihekaho ibiro birenze ijana ku muhanda wa kaburimbo, kugira ikarita iranga ko bakora uyu mwuga kandi bakayigendana igihe cyose bari kuwukora.

Yabakanguriye kandi kugira umwambaro uranga ko batwara abagenzi kandi bakawambara igihe babatwaye, kandi abasaba kugira uruhare mu kurwanya ubwoko bw’ihohoterwa ubwo ari bwo bwose kimwe n’amakimbirane aho ava akagera.

Umuyobozi w’iyo mpuzamakoperative yabo,Uwimana Valence yashimye Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rubavu ku nama yagiriye abo bakora uyu mwuga , maze abasaba gushyira hamwe kugira ngo icyo bashyiriyeho ayo mahuriro kigerweho nk’uko babyifuza

Uwimana yagize ati:”Dukora umwuga wacu neza kuko hari umutekano usesuye mu gihugu.Tugomba rero kwirinda ikintu cyose gishobora kuwuhungabanya kandi tukagira uruhare mu kukirwanya no kugikumira.”

Yasoje asaba bagenzi be gukurikiza inama bagiriwe no gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

RNP

2016-02-12
Editorial

IZINDI NKURU

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Editorial 14 Oct 2021
Rtd Col Camille Karege yavuze ko Rtd Brig Gen Rusagara yatinze gufungwa

Rtd Col Camille Karege yavuze ko Rtd Brig Gen Rusagara yatinze gufungwa

Editorial 20 Feb 2016
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Editorial 03 Aug 2019
Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano

Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano

Editorial 17 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Uburyo Wakwemeza Umukobwa Muhuye bwa Mbere Mukubakana Urukundo Rudasanzwe hagati Yanyu
HIRYA NO HINO

Dore Uburyo Wakwemeza Umukobwa Muhuye bwa Mbere Mukubakana Urukundo Rudasanzwe hagati Yanyu

Editorial 05 May 2017
Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi  yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )
Mu Mahanga

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Editorial 14 Feb 2017
Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga
Amakuru

Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Editorial 18 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru