• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Editorial 25 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida w’Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu (IBUKA), Prof. Dusingizemungu Jean Pierre, yasabye ko hitabazwa amategeko ku magambo Umushumba wa Diyosize ya Kabgayi, Musenyeri Smaragde Mbonyintege, aherutse kuvuga ku ruhare rwa Kiliziya Gatolika mu mateka mabi y’u Rwanda.

Ku wa 02 Kamena 2018 ubwo hibukwaga Abatutsi biciwe i Kabgayi n’abahavanywe bakajya kwicirwa kuri Nyabarongo n’ahandi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Jean Damascène Bizimana, yavuze ko abayobozi ba Kiliziya Gatolika by’umwihariko i Kabgayi bagize uruhare mu gushishikariza abahutu kwanga abatutsi kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

By’umwihariko Bizimana yagarutse ku ruhare rwa Musenyeri André Perraudin wayoboye Diyosezi ya Kabgayi kuva mu 1959 kugeza mu 1989, avuga ko yafashije cyane Grégoire Kayibanda mu bikorwa birimo gushishikariza abahutu kwanga abatutsi biciye mu nyandiko zirimo Manifesto y’Abahutu.

Yagize ati “Gutandukanya ingengabitekerezo ya Jenoside yakwiriye u Rwanda na Kabgayi ntibishoboka kuko niho yatangiriye itangijwe n’aba nababwiye. Kayibanda […] yagize uruhare mu kuyikwiza akoresheje imyanya yagiye abona.”

Nyuma Musenyeri Mbonyintege yatangarije Radio BBC ko hari bimwe mu byavuzwe na Bizimana bitari ukuri. Yavuze ko nta na kimwe kigaragaza ko Musenyeri Perraudin yafashije Kayibanda kwandika inyandiko zishishikariza abahutu kwanga abatutsi, icyakora avuga ko agaya kuba ntacyo yakoze ku byaberaga mu gihugu.

Ati “Nta kigaragaza na kimwe ko Perraudin ari we wanditse manifeste ya Parmehutu kuko Kayibanda yamurushaga kwandika kandi Perraudin yahoraga afite ubwigengesere ko atumva umuco wa Kinyarwanda. Gusa icyo wenda ntashima ni uko atigeze agaragaza ko atabishyigikiye.”

Musenyeri Mbonyintege yavuze ko hari abandi bihayimana batajya bibukwa kandi baragaragaje ubutwari bwo kurokora abo bari bashinzwe bakanabizira.

Kuri iki Cyumweru tariki 24 Kamena 2018 ubwo hashyingurwaga imibiri 359 y’abatutsi bajugunywe mu myobo ine i Ndera, Perezida wa Ibuka, Prof Dusingizemungu Jean Pierre, yavuze ko ibyavuzwe na Musenyeri Smaragde ari ukugoreka amateka.

Yagize ati “Reka ngaruke kuri Dr Bizimana. Ejo bundi wigeze gukoma rutenderi, induru ziba ziravuze. Ibyo wavugaga ku mateka i Kabgayi, udusobanurira neza, ubereka ubushakashatsi wakoze, ibimenyetso bigaragara wakoreye ubushakashatsi kuri Musenyeri Perraudin.”

“Umaze kubivuga n’uburyo yafashije Parmehutu kubaka iriya ngengabitekerezo yagejeje no kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barakwanjamye rero, mu binyamakuru, ku maradiyo mpuzamahanga […] Hari abantu bakomeye bwakwandagaje kugira ngo uko kuri ufite uguceceke.”

Prof Dusingizemungu yavuze ko abarwanya uruhare rwa Kiliziya Gatolika mu mateka mabi y’u Rwanda ari abashaka kuyagoreka.

Kuri iki kibazo, yavuze ko hakwiye kwitabazwa amategeko ku bahakanye ibyavuzwe na Dr Bizimana i Kabgayi.

Ati “Muri uko gutekereza uburyo inzira y’ubumwe n’ubwiyunge yakomeza kwiyubaka n’abakubuza kuvuga ukuri nabo baba bakwiye kwegerwa noneho abazi amategeko bakanabereka uko amategeko yanditse.”

“Ejo bundi nasomye amategeko nasanze abantu batanze ikirego cyakwakirwa ariko kuri kwa kugendera ku magi hari igihe abantu bavuga bati ariko, urabizi n’ibindi, dore uko ibintu biba bimeze […] izo za dore rero nazo ni uburyo bwo kugendera ku magi ugasanga rimwe na rimwe bidafasha muri uru rugendo ari naho nsaba ko habaho uburyo bwo kongera gutekereza ku buryo dukoresha hato ngo tudakoma rutenderi kandi wenda bitwicira muri uru rugendo.”

Mu gitabo Padiri Rudakemwa Fortunatus yise ‘L’Evangilisation du Rwanda (1900-1959)’ kivuga ku ruhare rwa Kiliziya mu mateka y’u Rwanda, yavuzemo ko ubwo Umwami Mutara III Rudahigwa yatangaga, Musenyeri Perraudin yabyishimiye, akanatangaza amagambo aryanisha amoko.

Igitabo kivuga ko yagize ati “Kayibanda ni Dawidi w’i Kabgayi naho umwami Rudahigwa ni Goliyati w’i Nyanza”.

Muri Werurwe 2017, Perezida Paul Kagame yahuye na Papa Francis i Vatikani, Papa asaba imbabazi ku bw’abayoboke n’abakozi ba Kiliziya Gatolika bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

2018-06-25
Editorial

IZINDI NKURU

Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Editorial 24 May 2018
Perezda Lungu yamaze kugera mu Rwanda

Perezda Lungu yamaze kugera mu Rwanda

Editorial 21 Feb 2018
Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Editorial 08 Feb 2023
Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Editorial 11 Oct 2018

4 Ibitekerezo

  1. Gruec
    June 25, 20185:43 pm -

    Ni Ibuka se cyangwa ni hagati ya Prof. DUSINGIZEMUNGU Jean Pierre ubwe na Musenyeri? Nibasigeho kudusubiza inyuma mu mateka. I buka bayishyire kuruhande , ubundi tubahe ingabo za ba se.

    Subiza
  2. Oswald Ruakshaza
    June 26, 20189:49 am -

    Ibi ntibyari bikwiye kuturangaza yuko ari urucabana! Mgr Mbonyintege yakurikiranye ibyabaye mu Rwanda naho abandi nka Bizimana baravuga ngo ibyo bashakishije! Umuti mbona aruko inyungu z’abacitsekwicumu zakurikiranywa n’abacikacumu bazi amateka yabo, ntibabareke abaje kubasopanya biyita abashakashatsi!

    Subiza
  3. Intareyakanwa
    June 26, 201812:08 pm -

    Njye uko mbona iki kibazo , si ikibazo cya Ibuka ahubwo ni ikibazo( bifu) iri hagati y’umuyobozi wa Ibuka( DUSINGIZEMUNGU Jean Damascene ubwe ku giti cye) na Mgr Mbonyintege .

    Ikindi mbona ni muri iyi netruro” “Kayibanda ni Dawidi w’i Kabgayi naho umwami Rudahigwa ni Goliyati w’i Nyanza”.Aha twakwibaza niba iyo havugwaga KAYIBANDA Gregoire harumvikanaga Ubwoko bw’abahutu cg havugwa Umwami Rudahigwa hakumvikana abatutsi?

    Ikindi rwose tuzi twese neza ko ibyitwaga bya SHIKU ndetse n’ibindi byakorerwaga abanyarwanda bose ntawuvanguye bitarakorwaga n’abami akaba ari naho wasanga Mgr Peraudin yakuriye avuga atyo.

    Njyewe njya ndeba nkanibaza aho iyi nkundura ndetse no kuryanisha abanyarwanda ikomeza kugenda yiyongera bikorwa na bamwe biyita abanyabwenge,mu byukuri ari abo kubiba no kubika inzigo n’inzangano mu banyarwanda , bityo nkaba nsanga aba bose ntacyo bamariye sosiyeti nyarwanda ndetse n’abo byitwa ko barebera inyungu zabo kuko akenshi usanga 95% zibyo bavuga ko baharanira ari inyungu zabo bwite.

    Subiza
  4. niyogihozo
    June 27, 20189:53 am -

    Ariko dusingizemungu yumva ikibazo ari Peraudin wanapfuye? Ikibazo numva kuri we cyakabaye abacitse ku icumu babayeho bate? Ubutabera ku bazize jenocide byo… mbona ari () kuko ababacocaguje imipanga n’impiri ubu barabyinira ku mva zabo…. ni ukubuharira Imana. Abantu badufashe bagabanye amagambo no gushakira ibibazo aho bitari. Ubundi se Perraudin azazuka ahanwe cyangwa yikosore?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.
Amakuru

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.

Editorial 02 Mar 2021
Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika
Amakuru

Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika

Editorial 27 Jan 2022
Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo
Mu Mahanga

Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Editorial 26 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru