• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Ubwanditsi 23 Dec 2017 SHOWBIZ

Mu birori bibaye ku nshuro ya mbere mu Rwanda, Byiringiro Jean Aimé n‘umukunzi we Mutesi Dinah baraye bahembewe kuba intangarugero mu rukundo rwa kobwa-hungu (Copinage) kuko Couple yabo ari yo yishimiwe kurusha andi yabihataniye mu mwaka wa 2017. Bahise babigaragariza mu ruhame ko urukundo hagati yabo ruganje, barasomana umunwa ku wundi.

Bahise berekana ko urukundo hagati yabo ruganje bataruhishira

Bahise berekana ko urukundo hagati yabo ruganje bataruhishira

Urugendo rw’ibi bihembo bitanzwe ku nshuro ya mbere mu Rwanda, rwatangiye ari couples 10 ziyandikishije binyuze ku rubuga twa Instagram rw’abateguye iki gikorwa.

Amafoto y’aya ma-couples yashyizwe kuri instagram kugira ngo abakoresha uru rubuga bagaragaze ikwiye guhembwa.

Ifoto ya Couple ya Byiringiro Jean Aimé na Mutesi Dinah ni yo yakunzwe inshuro nyinshi (likes), inahembwa nka couples y’umwaka.

Ibi birori byo guhemba iyi couple, byitabiriwe n’abiganjemo abasanzwe bari mu rukundo n’abandi byagaragaraga ko bakeneye ababatetesha.

Mutoni Assia usanzwe akina film n’umuhanzi Mani Martin bari bagize akanama nkemurampaka kemeje iyi couple nk’ihiga izabihiganiwe muri 2017, bavuze ko mu kuyihitamo bagendeye ku bantu bayikunze ku mbuga nkoranyambaga, uburyo Bambara n’amafoto yabo bagiye basakaza.

Umugwaneza Jolie na Dianah Ariella bateguye iki gitaramo bavuga ko iki gikorwa bagiteguye kuko babonaga gishobora kubaka urukundo hagati y’abakundana rwugarijwe n’ibigusha byinshi muri iyi minsi.

Ngo bahisemo guhemba urubyiruko kuko ari rwo ruba rutewe ishema no kwamamaza urukundo rwabo.

Mu bihembo byahawe abatsinze, harimo ikamba ryambitswe umukobwa, igikombe gifite agaciro k’ibihumbi 25 Frw n’ibahasha irimo amafaranga yagizwe ibanga. Gusa ngo ari hejuru y’ibihumbi 100 Frw.

Byiringiro Jean Aimé wahembanywe n’umukunzi we Dinah, yavuze ko bamaze imyaka itatu bakundana ku buryo bumva batewe ishema no kuba bari kumwe.

Ngo nta rindi banga bakoresheje kugira ngo begukane iki gihembo, uretse gusakaza ubuzima bwabo bwa buri munsi babinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Baracyari abanyeshuri ariko ngo biteguye kuzabana nk’umugore n’umugabo.

Ibirori byitabiriwe n'abasanzwe bari mu rukundo

Ibirori byitabiriwe n’abasanzwe bari mu rukundo

Ibirori by'abakundana

Ibirori by’abakundana

Hari abangaga kwicarana n'abakunzi babo

Hari abangaga kwicarana n’abakunzi babo

Dinah yatambagijwe ikamba rya Couple y'umwaka wa 2017

Dinah yatambagijwe ikamba rya Couple y’umwaka wa 2017

Iyi couple yahawe n'igikombe

Iyi couple yahawe n’igikombe

Couple nazo zari zitabiriye iki gitaramo

Couple nazo zari zitabiriye iki gitaramo

Abateguye irushanwa bifotozanya na couple yatsinze

Abateguye irushanwa bifotozanya na couple yatsinze

Ababyeyi babo nabo bari baje kureba uko bahembwa

Ababyeyi babo nabo bari baje kureba uko bahembwa

Abakemurampaka bavuze ko iyi couple yashimwe na benshi

Abakemurampaka bavuze ko iyi couple yashimwe na benshi

Ubwo bahembaga, bamwe bagagaragaje ko urukundo rushobora kubamo amakorosi

Ubwo bahembaga, bamwe bagagaragaje ko urukundo rushobora kubamo amakorosi

Hari n'abagaragazaga ko bari mu munyenga warwo

Hari n’abagaragazaga ko bari mu munyenga warwo

Jay Rwanda hamwe na Jolie na Dianah bateguye igitaramo

Jay Rwanda hamwe na Jolie na Dianah bateguye igitaramo

Jay Rwanda uheruka kuba Mister Africa

Jay Rwanda uheruka kuba Mister Africa

Nta bakunzi bafite ariko bisunganye baza muri iki gitaramo

Nta bakunzi bafite ariko bisunganye baza muri iki gitaramo

Yemba Voice nibo basusurukije abantu

Yemba Voice nibo basusurukije abantu

Source: Umuseke

2017-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Ubwanditsi 27 Dec 2018
Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’

Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Umusore wabeshye umukunzi we ko yakoze impanuka ikomeye akamwambika impeta aje kumureba

Umusore wabeshye umukunzi we ko yakoze impanuka ikomeye akamwambika impeta aje kumureba

Ubwanditsi 04 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame
ITOHOZA

Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw
UBUKUNGU

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?
Amakuru

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Ubwanditsi 21 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru