• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

Editorial 26 Aug 2018 UBUKERARUGENDO

Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege (RwandAir) igiye kugura indege enye zizayifasha kwagura imikorere no guhangana n’imbogamizi ziri mu isoko ry’ubwikorezi bwo mu kirere.

RwandAir ifite indege 12 ikoresha mu byerekezo 26. Intego yayo ni ugukuba kabiri umubare wazo mu myaka itanu, hagamijwe kwagura ibikorwa muri Afurika no gukora ingendo ku yindi migabane y’Isi.

Biteganyijwe ko 2019, RwandAir izakira indege enye nshya zizayifasha no kwinjira ku isoko rya Amerika, Aziya n’u Burayi.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yavuze ko muri Nyakanga 2019, bazakira indege ebyiri zo mu bwoko bushya bwa Airbus A330 n’iza Boeing 737 MAX.

Abahanga mu by’ubwikorezi bavuga ko nubwo hari izifite ubushobozi bwo gutwara imizigo ariko zitaragera ku rwego rufatika.

Imizigo itwarwa muri RwandAir yavuye kuri toni 8,000 mu 2016 igera ku 13,000 mu Ukuboza 2017. Ingano y’imizigo inyura ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali yitezweho kuzamukaho 30% ikagera kuri toni 16,900 mu Ukuboza 2018.

The East African yanditse ko ubuyobozi bwa RwandAir bwatangaje ko “Indege yerekeza mu Burayi, Aziya, Uburengerazuba bwo hagati, ku bibuga byo muri Afurika n’ibyerekezo bishya nka Amerika, u Bushinwa yitezweho uruhare muri iri terambere.”

RwandAir yihaye intego yo kwinjiza 9% by’inyungu mu gutwara imizigo. Ku bufatanye na Leta, igiciro cy’umuzigo itwaye cyagabanutseho 62% kigera ku $0.95 ku kilo mu gihe ibigo byo mu karere ikilo gitwarirwa $1.5.

Abayobozi bagaragaza ko kuvugurura imikorere ari ishoramari rirambye rishobora kugira imbogamizi ku bukungu.

Umuyobozi w’Ikigo Aviation Travel and Logistics Holdings Limited (ATL), Jean Ndenga, yatangaje ko “Tubibona nk’amahirwe kuko ku ruhande rwacu dushyize imbaraga mu ishoramari rya RwandAir. Kugira abo muhangana ni byiza kuko bituma ibyo mukora bizamuka.”

Leta yashyize miliyoni $47 muri RwandAir mu 2017, zivuye kuri miliyoni $53.8 mu 2016 na miliyoni $56.2 mu 2015.

U Rwanda ruheruka gusinya amasezerano n’u Butaliyani yemerera RwandAir gukoresha ibibuga by’indege byose byo muri icyo gihugu, aho ishobora gusiga cyangwa igakura abagenzi n’imizigo.

Ni amasezerano ya 32 yashyizweho umukono hagati y’u Rwanda n’igihugu cyo hanze ya Afurika nk’amahirwe yo kwagura imiryango.

RwandAir izatangiza ingendo i Guangzhou mu Bushinwa na New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Kamena 2019. Ni iya kane muri Afurika izerekeza i New York nyuma ya Kenya Airways, South African Airways na Ethiopian Airlines.

2018-08-26
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Editorial 07 Dec 2016
RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

Editorial 22 Dec 2018
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Editorial 21 Sep 2023
RwandAir yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra mu ngendo zirimo urwo muri Amerika

RwandAir yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra mu ngendo zirimo urwo muri Amerika

Editorial 22 May 2018

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    August 27, 20181:46 am -

    NTUBONA INKURU NZIZA!!AHA HO SAWA NDABEMEYE!!
    AHO KWANDIKA AMATIKU KU BYIBIHUGU BITURANYE NATWE!!
    RWANDAIR ,MUZANGURIRE AGATIKE NYITEMBEREMO!!
    GUSA SINZI AHO NAJYA KUKO NTAGIHUGU KIRUTA U RWANDA!!
    HARAKABAHO PRESIDENT KAGAME!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.
Amakuru

Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.

Editorial 31 May 2021
polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba
INKURU NYAMUKURU

polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba

Editorial 22 Feb 2018
Fatima-Portugal: Habaye umuhango wo gusezera kuri Kigeli V, ikimenyetso cy’Ubugambanyi bwa Benzinge na Bushayija
ITOHOZA

Fatima-Portugal: Habaye umuhango wo gusezera kuri Kigeli V, ikimenyetso cy’Ubugambanyi bwa Benzinge na Bushayija

Editorial 16 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru