• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

Ubwanditsi 31 Oct 2018 UBUKERARUGENDO

RwandAir igiye gutangira ingendo zerekeza muri Israel umwaka utaha nyuma y’uruzinduko Ambasaderi w’iki gihugu mu Rwanda yagiriye i Kigali.

Abinyujije kuri Twitter, yagize ati “Ni iby’agaciro kuganira n’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, tukavugana ku ifungurwa ry’ingendo z’indege zihoraho zerekeza i Tel Aviv muri Israel.”

Muri Kanama ubwo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) yasinyanaga imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2018/19 n’ibigo biyishamikiyeho; RwandAir yatangaje kuzafungura ibyerekezo bishya birimo n’ikigana muri Israel.

Mu byatangajwe icyo gihe, harimo kujya i Addis Ababa muri Ethiopia, Guinea, Guangzhou mu Bushinwa, Tel Aviv muri Israel na New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Itangira ry’izo ngendo rizatuma RwandAir igira ibyerekezo 31. Biteganyijwe ko n’umubare w’abagenzi uzahita wiyongera ukava ku 926 571 babarwaga kugeza muri Kamena 2018 bakagera ku 1,151,300 mu 2019.

Ambasaderi Morav yanagaragaje ko yishimiye kuba ari we Ambasaderi wa mbere wakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda mushya, Dr. Richard Sezibera.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yatangaje ko ibiganiro bagiranye birimo ibijyanye n’umubano uri hagati y’ibihugu byombi, inzira y’ifungurwa rya mbasade ya Israel mu Rwanda n’ibindi.

Biteganyijwe ko iyi Ambasade izafungurwa mu mwaka utaha ariko ntiharatangazwa itariki.

Ambasaderi Morav yahuye kandi n’abayobozi batanduaknye barimo Minsitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iteramabere (RDB), Clare Akamanzi.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Raphael Morav, yaganiriye na Minsitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana, ahakongerwa ingufu mu bufatanye ibihugu bisanganywe mu buhinzi

Ambasaderi Raphael Morav yaganiriye n’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, ku ngendo z’indege zerekeza muri Israel

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Raphael Morav, yabaye Ambasaderi wa mbere wakiriwe na Minitiri w’Ububanyi n’Amahanga mushya, Dr Sezibera Richard

2018-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Ubwanditsi 25 Nov 2023
Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Ibyihariye ku ndege ya Embraer E190-E2 ifite ishusho nk’iy’ifi ya ‘Shark’

Ibyihariye ku ndege ya Embraer E190-E2 ifite ishusho nk’iy’ifi ya ‘Shark’

Ubwanditsi 03 Dec 2018
U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 21 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO- Amavubi anganyije na Libya 1-1, mu mukino uwa mbere wo gushaka itike ya AFCON 2025
Amakuru

AMAFOTO- Amavubi anganyije na Libya 1-1, mu mukino uwa mbere wo gushaka itike ya AFCON 2025

Ubwanditsi 04 Sep 2024
Perezida Kagame yakiriwe na Putin w’u Burusiya (Amafoto)
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriwe na Putin w’u Burusiya (Amafoto)

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana
POLITIKI

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Ubwanditsi 19 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru