• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

Ubwanditsi 31 Oct 2018 UBUKERARUGENDO

RwandAir igiye gutangira ingendo zerekeza muri Israel umwaka utaha nyuma y’uruzinduko Ambasaderi w’iki gihugu mu Rwanda yagiriye i Kigali.

Abinyujije kuri Twitter, yagize ati “Ni iby’agaciro kuganira n’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, tukavugana ku ifungurwa ry’ingendo z’indege zihoraho zerekeza i Tel Aviv muri Israel.”

Muri Kanama ubwo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) yasinyanaga imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2018/19 n’ibigo biyishamikiyeho; RwandAir yatangaje kuzafungura ibyerekezo bishya birimo n’ikigana muri Israel.

Mu byatangajwe icyo gihe, harimo kujya i Addis Ababa muri Ethiopia, Guinea, Guangzhou mu Bushinwa, Tel Aviv muri Israel na New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Itangira ry’izo ngendo rizatuma RwandAir igira ibyerekezo 31. Biteganyijwe ko n’umubare w’abagenzi uzahita wiyongera ukava ku 926 571 babarwaga kugeza muri Kamena 2018 bakagera ku 1,151,300 mu 2019.

Ambasaderi Morav yanagaragaje ko yishimiye kuba ari we Ambasaderi wa mbere wakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda mushya, Dr. Richard Sezibera.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yatangaje ko ibiganiro bagiranye birimo ibijyanye n’umubano uri hagati y’ibihugu byombi, inzira y’ifungurwa rya mbasade ya Israel mu Rwanda n’ibindi.

Biteganyijwe ko iyi Ambasade izafungurwa mu mwaka utaha ariko ntiharatangazwa itariki.

Ambasaderi Morav yahuye kandi n’abayobozi batanduaknye barimo Minsitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iteramabere (RDB), Clare Akamanzi.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Raphael Morav, yaganiriye na Minsitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana, ahakongerwa ingufu mu bufatanye ibihugu bisanganywe mu buhinzi

Ambasaderi Raphael Morav yaganiriye n’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, ku ngendo z’indege zerekeza muri Israel

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Raphael Morav, yabaye Ambasaderi wa mbere wakiriwe na Minitiri w’Ububanyi n’Amahanga mushya, Dr Sezibera Richard

2018-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Ubwanditsi 22 Feb 2025
U Burusiya Na Isiraheli Ntibivuga Rumwe Ku Ndege Yabwo Yahanuwe

U Burusiya Na Isiraheli Ntibivuga Rumwe Ku Ndege Yabwo Yahanuwe

Ubwanditsi 19 Sep 2018
RwandAir yahawe uburenganzira bwo gutangira ingendo muri Amerika

RwandAir yahawe uburenganzira bwo gutangira ingendo muri Amerika

Ubwanditsi 07 Jun 2018
U Rwanda rurimo kurushaho kumenyekana nyuma y’imikoranire ya RDB na Arsenal

U Rwanda rurimo kurushaho kumenyekana nyuma y’imikoranire ya RDB na Arsenal

Ubwanditsi 18 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Clement yagize icyo avuga ku kuba abadivantiste baranze kuzabasezeranya kuko Knowless atwite.
Mu Mahanga

Clement yagize icyo avuga ku kuba abadivantiste baranze kuzabasezeranya kuko Knowless atwite.

Ubwanditsi 28 Jul 2016
Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale
UBUKUNGU

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi
Mu Rwanda

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ubwanditsi 04 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru